Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

radiotv10by radiotv10
18/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nyakanga 2025, nyuma yuko ruburanishije urubanza ku ifungwa ry’agateganyo ruregwamo uyu munyapolitiki.

Ingabire Victoire washinze ishyaha DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, akurikuranyweho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyo guteza imvururu, icyo kugiririra nabi ubutegetsi buriho, icy’icengezamatwara cyangwa se kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga, icyo gutangaza amakuru y’ibihuha, n’icyaha cyo gucura umugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho n’icyaha cyo kwigaragambya.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 15 Nyakanga 2025, Ubushunjacyaha bwasabiye uregwa gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo kubera uburemere bw’ibyaha ashinjwa.

Mu iburanisha ku ifungwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko ko uyu munyapolitiki wahoze mu rindi shyaka yashinze ryari rizwi nka FDU-Inkingi, ryari ryinjiye mu mikoranire n’imitwe ihungabanya umutekano irimo P5, RNC ndetse na RUD-Urunana.

Bwavuze ko ubwo iyo migambi yatahurwaga, ari bwo yashinze ririya shyaka DALFA-Umurinzi na ryo ryakomeje imigambi mibi, buvuga ko uyu munyapolitiki we ubwe yakoranaga n’abandi bantu barimo abaregwa mu rubanza rw’abantu icyenda bakekwaho ibyaha birimo gushaka guhirika ubutegetsi badakoresheje intwaro, ndetse ko yateraga inkunga ibikorwa byabo birimo amahugurwa bahabwaga.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yategetse uwitwa Mimi gukora ikiganiro kuri YouTube Channel yitwa Umubavu TV y’umunyamakuru Nsengimana Theoneste uregwa muri ruriya rubanza, aho yatangiyemo amakuru y’ibihuha ko hari abantu bicwa ngo abandi bagafungwa kandi ntacyo bakoze.

Mu bindi bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha busabira Ingabire gufungwa by’agateganyo, bwavuze ko hari ubuhamya bwatanzwe n’uwitwa Munyabugingo Gaston wavuze ko uyu munyapolitiki yashishikarizaga abantu gukora imyigaragambyo.

Ingabire Victoire wahakanye ibyaha ashinjwa, yavuze ko amahugurwa yahawe bariya bantu bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi, nta ruhare yayagizemo, ndetse ko atari anayazi.

Ku byari byatangajwe n’Ubushinjacyaha ko uregwa aramutse adafunzwe by’agateganyo ashobora gutoroka ubutabera, yavuze ko adashobora kubikora, aho yari yagize ati “Aho kuba hanze nahitamo kwibera muri gereza.”

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwahise rupfundikira urubanza ku ifungwa ry’agateganyo, kuri uyu wa Gatanu rwasomye icyemezo cyarwo, rwanzura ko uregwa akurikiranwa afunzwe, kuko ibyagaragajwe ko byagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora ibyo aregwa.

Urukiko rwavuze ko uregwa aramutse arekuwe yabangamira iperereza rikiri gukorwa, cyangwa agatoroka ubutabera, bityo ko agomba gukurikiranwa afungiye mu Igororero rya Nyarugenge.

Ingabire Victoire yatawe muri yombi tariki 19 Kamena 2025,  nyuma y’imyaka irindwi afunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, aho yarekuwe muri Nzeri 2018.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 17 =

Previous Post

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Next Post

The Myth of “Hard work pays”

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.