Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

radiotv10by radiotv10
18/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nyakanga 2025, nyuma yuko ruburanishije urubanza ku ifungwa ry’agateganyo ruregwamo uyu munyapolitiki.

Ingabire Victoire washinze ishyaha DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, akurikuranyweho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyo guteza imvururu, icyo kugiririra nabi ubutegetsi buriho, icy’icengezamatwara cyangwa se kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga, icyo gutangaza amakuru y’ibihuha, n’icyaha cyo gucura umugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho n’icyaha cyo kwigaragambya.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 15 Nyakanga 2025, Ubushunjacyaha bwasabiye uregwa gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo kubera uburemere bw’ibyaha ashinjwa.

Mu iburanisha ku ifungwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko ko uyu munyapolitiki wahoze mu rindi shyaka yashinze ryari rizwi nka FDU-Inkingi, ryari ryinjiye mu mikoranire n’imitwe ihungabanya umutekano irimo P5, RNC ndetse na RUD-Urunana.

Bwavuze ko ubwo iyo migambi yatahurwaga, ari bwo yashinze ririya shyaka DALFA-Umurinzi na ryo ryakomeje imigambi mibi, buvuga ko uyu munyapolitiki we ubwe yakoranaga n’abandi bantu barimo abaregwa mu rubanza rw’abantu icyenda bakekwaho ibyaha birimo gushaka guhirika ubutegetsi badakoresheje intwaro, ndetse ko yateraga inkunga ibikorwa byabo birimo amahugurwa bahabwaga.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yategetse uwitwa Mimi gukora ikiganiro kuri YouTube Channel yitwa Umubavu TV y’umunyamakuru Nsengimana Theoneste uregwa muri ruriya rubanza, aho yatangiyemo amakuru y’ibihuha ko hari abantu bicwa ngo abandi bagafungwa kandi ntacyo bakoze.

Mu bindi bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha busabira Ingabire gufungwa by’agateganyo, bwavuze ko hari ubuhamya bwatanzwe n’uwitwa Munyabugingo Gaston wavuze ko uyu munyapolitiki yashishikarizaga abantu gukora imyigaragambyo.

Ingabire Victoire wahakanye ibyaha ashinjwa, yavuze ko amahugurwa yahawe bariya bantu bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi, nta ruhare yayagizemo, ndetse ko atari anayazi.

Ku byari byatangajwe n’Ubushinjacyaha ko uregwa aramutse adafunzwe by’agateganyo ashobora gutoroka ubutabera, yavuze ko adashobora kubikora, aho yari yagize ati “Aho kuba hanze nahitamo kwibera muri gereza.”

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwahise rupfundikira urubanza ku ifungwa ry’agateganyo, kuri uyu wa Gatanu rwasomye icyemezo cyarwo, rwanzura ko uregwa akurikiranwa afunzwe, kuko ibyagaragajwe ko byagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora ibyo aregwa.

Urukiko rwavuze ko uregwa aramutse arekuwe yabangamira iperereza rikiri gukorwa, cyangwa agatoroka ubutabera, bityo ko agomba gukurikiranwa afungiye mu Igororero rya Nyarugenge.

Ingabire Victoire yatawe muri yombi tariki 19 Kamena 2025,  nyuma y’imyaka irindwi afunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, aho yarekuwe muri Nzeri 2018.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 1 =

Previous Post

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Next Post

The Myth of “Hard work pays”

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.