• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

radiotv10by radiotv10
25/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, azafatwa kandi agahita ahabwa igihano gikomeye.

Uyu musirikare ufite ijambo mu karere k’Ibiyaga Bigari, yatangaje ibi mu gihe abarwanyi b’Umutwe wa FDLR ufite ibirindiro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavugwaho gukomeza kugaba ibitero kuri bamwe mu Banyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

General Muhoozi Kainerugaba yatangaje ubu butumwa buburira abakorana na FDLR abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X akunze kunyuzaho ibitekerezo.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, yagize ati “Buri wese ufitanye isano na FDLR azafatwa kandi ahite arasirwa aho.”

General Muhoozi ni kenshi yakunze gusaba abahohotera Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi kubihagarika, kuko adashobora kwihanganira iyi ngengabitekerezo yibasira, abo avuga ko bafitanye isano.

Uyu musirikare kandi mu butumwa yanyujije kuri X, yongeye gusubiramo ubu butumwa ko adashobora kwihanganira abakomeje kugirira nabi abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yagize ati “Kwica ubwoko bw’amaraso yaba Umuhima cyangwa Umututsi ni icyaha, kandi bazabiryozwa.”

Amasezerano Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasinyanye n’iy’u Rwanda mu mpera z’ukwezi gushize i Washington DC, asaba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kwitandukanya n’uyu mutwe wa FDLR ukomeje kurangwa n’ibikorwa bibangamira bamwe mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Aya masezerano kandi agena ko DRC n’u Rwanda bazakorana muri gahunda yo kurandura uyu mutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda igahitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Next Post

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy'Abarabu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.