Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko uwo mwanzuro ugamije guhemba umutwe wa Hamas, kandi ko bizatuma iyi ntambara irushaho kumara imyaka myinshi iri imbere.

Ni icyemezo cyatorewe i New York ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye, ahari hatumiwemo Ibihugu 125, ariko 50 aba ari byo byohereza intumwa.

Arabia Saudite iyoboye Ibihugu by’Abarabu byose bishyigikiye ko Palesitine ihinduka Igihugu cyigenga, ndetse uruhande rw’Abanyaburayi na rwo ruri muri uyu murongo rukaba rwari n’u Bufaransa n’u Bwongereza. Abo ku Mugabane wa America barangajwe imbere na Canada.

Umunyabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres; yatanze umurongo ngenderwaho, agira ati “gukomeza kwigarurira ubutaka bwa Paletine burimo n’uburasirazuba bwa Yerusalemu; ntibyemewe, bigomba guhagarara. Tureke amahitamo atari yo ari hagati ya Leta ya Palestine n’umutekano wa Israel. Ntabwo kwigarurira Igihugu cy’abandi bitanga umutekano. Ikibazo cy’umutekano wa Israel kigomba kwitabwaho kimwe n’uburenganzira bw’abaturage ba Palestine.

Tugomba guhamagarira Israel kwiyemeza kubahiriza amahoro anyuze mu gushyiraho Leta ebyiri kandi ikirinda ibintu byose bishobora kuyibangamira.”

Minisitiri w’Intebe wa Palestine, Mohammad Abdullah Mohammad Mustafa na we yagaragaje ikigomba gukorwa kugira ngo Igihugu cyabo gitekane.

Yagize ati “Hamas igomba kuva ku butegetsi bwa Gaza, kandi intwaro zayo ikazishyikiriza Leta ya Palestine, kandi twe twiteguye gusaba ingabo z’akarere n’iz’amahanga kuza kuharinda bafatanyije na Leta ya Palestine. Urugendo rw’amahoro rugomba gutangirira ku ntambwe yo kwemera Leta ya Palestine. Ntihashobora kubaho igisubizo kivuye muri Leta ebyiri; mu gihe uburasirazuba bwa Yerusalemu butaraba umurwa mukuru wa Palestine.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot yavuze ko ibyo bavugiye aho bidateze guhinduka.

Ati “Ubu dutangiye urugendo rudasubira inyuma mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwo hagati, kandi mubrabona ko byatangiye gutanga umusaruro. Ubu twinjiye mu gukemura ikibazo binyuze mu biganiro mu buryo bwa nyabwo. Hagomba kujyaho Leta ya Palestine, kureka intambara no kumvikana na Israel, kuvugurura imitegekere ya Palestine no gutegeka Hamas gushyira intwaro hasi.”

Faisal bin Farhan bin Abdullah bin Faisal bin Farhan Al Saud, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Arabia Saudite, yavuze ko iyi ngingo yahise yinjira mubyo Israel igomba gukora kugira ngo ibi Bihugu byombi biganire uburyo byo kubyutsa imibanire.

Ati “Kwemera leta ya Palestine byatuma twongera kuganira uburyo bwo kubyutsa imibanire, ibyo bigomba kubanzirizwa no guhagarika intambara muri Gaza. Ntabwo twagira icyizere cyo kuganira mu gihe tubona abantu bari kwicwa, inyubako zihirikwa abantu birirwa mu miborogo muri Gaza. Tugomba kubanza kwemeza Leta ya Palestine. Nibigerwaho; ni bwo tuzaganira uburyo bwo kunoza imibanire.”

Mu butumwa banyujije ku biro by’ubunymabanga bwa Leta bushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za America, iki Gihugu cyagaragaje ko Marco Rubio atishimiye ibyahavugiwe muri biriya biganiro.

Bagize bati “Ibi ntibizana amahoro ahubwo bizatuma intambara irushaho kumara igihe, bikomeza Hamas. Ni nko kuyibembera ko ibangamiye uburyo bwiza bwo kugera ku mahoro nyayo.

Ibi ni nko gukubita urushyi mu maso y’abantu barokotse iterabwoba ryabaye ku italiki 7/10, ni ugushyigikira iterabwoba, bituma abatwawe bunyago bahezwa mu byobo.

Twe dushyize imbere dipolomasi ya nyayo itari inama zigamije kwiyerekana nk’abafite icyo bamaze.”

Ibi byakiriwe neza i Yeruzalemu, aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Isarel, Gideon Sa’ar yavuze ko icyo gitutu kitazigera kibakura ku izima, anashimira icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za America.

Yagize ati “Ese iyo bavuze ngo muhagarike iyi ntambara; baba bashaka kuvuga iki? Guhagarika intambara mu gihe Hamas ikiyoboye Gaza; byaba ari akaga ku baturage ba Israel na Palestine. Nubwo washyira kuri Israel igitutu kingana iki; ibyo ntibizigera bibaho.”

Ikindi bari gushaka gusaba Leta ya Israel ni ukwemera leta ya Palestine. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa yavugiye i Washington ko u Burayi bugomba gushyira igitutu kuri Israel.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − nine =

Previous Post

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Next Post

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Related Posts

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, anatangaza ko cyinjiye...

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

by radiotv10
15/10/2025
0

Umujyi wa Dubai urateganya gutangira gukoresha imodoka zo mu kirere zitwara abagenzi mu mwaka utaha, umushinga umwe n’uherutse kumurikwa mu...

Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha guhangana na AFC/M23

by radiotv10
15/10/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, bakozanyijeho mu mirwano yabereye muri Teritwari ya...

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

by radiotv10
15/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko nyuma y’amasaha macye basinyanye amasezerano i Doha agamije...

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

by radiotv10
15/10/2025
0

Raila Odinga uzwi mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, wanabaye Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, yitabye Imana ku myaka 80....

IZIHERUKA

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure
MU RWANDA

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

by radiotv10
16/10/2025
0

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

16/10/2025
Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

15/10/2025
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n'umuti riri kuvugutirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.