Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko uwo mwanzuro ugamije guhemba umutwe wa Hamas, kandi ko bizatuma iyi ntambara irushaho kumara imyaka myinshi iri imbere.

Ni icyemezo cyatorewe i New York ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye, ahari hatumiwemo Ibihugu 125, ariko 50 aba ari byo byohereza intumwa.

Arabia Saudite iyoboye Ibihugu by’Abarabu byose bishyigikiye ko Palesitine ihinduka Igihugu cyigenga, ndetse uruhande rw’Abanyaburayi na rwo ruri muri uyu murongo rukaba rwari n’u Bufaransa n’u Bwongereza. Abo ku Mugabane wa America barangajwe imbere na Canada.

Umunyabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres; yatanze umurongo ngenderwaho, agira ati “gukomeza kwigarurira ubutaka bwa Paletine burimo n’uburasirazuba bwa Yerusalemu; ntibyemewe, bigomba guhagarara. Tureke amahitamo atari yo ari hagati ya Leta ya Palestine n’umutekano wa Israel. Ntabwo kwigarurira Igihugu cy’abandi bitanga umutekano. Ikibazo cy’umutekano wa Israel kigomba kwitabwaho kimwe n’uburenganzira bw’abaturage ba Palestine.

Tugomba guhamagarira Israel kwiyemeza kubahiriza amahoro anyuze mu gushyiraho Leta ebyiri kandi ikirinda ibintu byose bishobora kuyibangamira.”

Minisitiri w’Intebe wa Palestine, Mohammad Abdullah Mohammad Mustafa na we yagaragaje ikigomba gukorwa kugira ngo Igihugu cyabo gitekane.

Yagize ati “Hamas igomba kuva ku butegetsi bwa Gaza, kandi intwaro zayo ikazishyikiriza Leta ya Palestine, kandi twe twiteguye gusaba ingabo z’akarere n’iz’amahanga kuza kuharinda bafatanyije na Leta ya Palestine. Urugendo rw’amahoro rugomba gutangirira ku ntambwe yo kwemera Leta ya Palestine. Ntihashobora kubaho igisubizo kivuye muri Leta ebyiri; mu gihe uburasirazuba bwa Yerusalemu butaraba umurwa mukuru wa Palestine.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot yavuze ko ibyo bavugiye aho bidateze guhinduka.

Ati “Ubu dutangiye urugendo rudasubira inyuma mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwo hagati, kandi mubrabona ko byatangiye gutanga umusaruro. Ubu twinjiye mu gukemura ikibazo binyuze mu biganiro mu buryo bwa nyabwo. Hagomba kujyaho Leta ya Palestine, kureka intambara no kumvikana na Israel, kuvugurura imitegekere ya Palestine no gutegeka Hamas gushyira intwaro hasi.”

Faisal bin Farhan bin Abdullah bin Faisal bin Farhan Al Saud, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Arabia Saudite, yavuze ko iyi ngingo yahise yinjira mubyo Israel igomba gukora kugira ngo ibi Bihugu byombi biganire uburyo byo kubyutsa imibanire.

Ati “Kwemera leta ya Palestine byatuma twongera kuganira uburyo bwo kubyutsa imibanire, ibyo bigomba kubanzirizwa no guhagarika intambara muri Gaza. Ntabwo twagira icyizere cyo kuganira mu gihe tubona abantu bari kwicwa, inyubako zihirikwa abantu birirwa mu miborogo muri Gaza. Tugomba kubanza kwemeza Leta ya Palestine. Nibigerwaho; ni bwo tuzaganira uburyo bwo kunoza imibanire.”

Mu butumwa banyujije ku biro by’ubunymabanga bwa Leta bushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za America, iki Gihugu cyagaragaje ko Marco Rubio atishimiye ibyahavugiwe muri biriya biganiro.

Bagize bati “Ibi ntibizana amahoro ahubwo bizatuma intambara irushaho kumara igihe, bikomeza Hamas. Ni nko kuyibembera ko ibangamiye uburyo bwiza bwo kugera ku mahoro nyayo.

Ibi ni nko gukubita urushyi mu maso y’abantu barokotse iterabwoba ryabaye ku italiki 7/10, ni ugushyigikira iterabwoba, bituma abatwawe bunyago bahezwa mu byobo.

Twe dushyize imbere dipolomasi ya nyayo itari inama zigamije kwiyerekana nk’abafite icyo bamaze.”

Ibi byakiriwe neza i Yeruzalemu, aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Isarel, Gideon Sa’ar yavuze ko icyo gitutu kitazigera kibakura ku izima, anashimira icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za America.

Yagize ati “Ese iyo bavuze ngo muhagarike iyi ntambara; baba bashaka kuvuga iki? Guhagarika intambara mu gihe Hamas ikiyoboye Gaza; byaba ari akaga ku baturage ba Israel na Palestine. Nubwo washyira kuri Israel igitutu kingana iki; ibyo ntibizigera bibaho.”

Ikindi bari gushaka gusaba Leta ya Israel ni ukwemera leta ya Palestine. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa yavugiye i Washington ko u Burayi bugomba gushyira igitutu kuri Israel.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 18 =

Previous Post

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Next Post

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n'umuti riri kuvugutirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.