Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo ugaburira inganda zitunganya amazi akoreshwa n’abatuye Umujyi wa Kigali, inavuga ikiri gukorwa ngo iki kibazo kigabanuke.

Mu bice binyuranye byo mu Mujyi wa Kigali, hamaze iminsi humvikana ibura ry’amazi, aho bamwe bavuga ko hari n’abashobora kumara ibyumweru bibiri batazi uko amazi ya WASAC asa.

Dr Jimmy Gasore wasuye Uruganda rutunganya amazi rwa Nzove ku mugezi wa Nyabarongo, yatangaje ko uru ruzinduko rugamije gusuzuma imiterere y’iki kibazo cyakajije uburemere.

Avuga ko n’ubusanzwe mu bihe by’impeshyi amazi agabanuka bitewe no kuba ingano y’akoreshwa muri ibyo bihe yiyongera kubera ababa bayakeneye mu bikorwa binyuranye.

Ati “Abantu badasanzwe buhira ubusitani, baruhira; abasanzwe bafite amazi y’imvura bifashisha mu masuku ntibakiyafite, ariko iyi mpeshyi byakabije cyane.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko uretse kuba ingano y’amazi akenerwa yariyongereye, ariko haniyongeraho n’ikibazo cyo kuba aho aturuka kugira ngo ajye gutunganywa, na ho yagabanutse.

Ati “Twabonye ko mu by’ukuri ikibazo gikomeye ari igabanuka ry’amazi y’uyu mugezi wa Nyabarongo kandi inganda zombi yaba urwa Kanzenze, ndetse n’urwo mu Nzove, ni ho zikomora amazi.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo wagaragaje aho Umugezi wa Nyabarongo uba ugera no mu bihe by’izuba, yavuze ko igabanuka ry’amazi yawo muri iyi Mpeshyi ryakabije.

Ati “Amazi yaragabanutse cyane. Ni ikibazo kiduhangayikishije ariko kandi Leta irimo irashaka ibisubizo birambye byo kugira ngo iki kibazo gikemuke mu Mujyi wa Kigali n’ahandi mu Gihugu.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko kimwe mu bikorwa bitegerejwemo ibisubizo, ari Uruganda rwa Karenge ruzagaburira amazi mu mujyi wa Rwamagana n’uwa Kigali.

Avuga ko uru ruganda rwa Karenge ruzaboneka mu myaka ibiri iri imbere, ariko ko hagati aho hanategerejwe kongerera ubushobozi urwa Nzove.

Ati “Ubu rushobora kuduha metero kibe ibihumbi mirongo inani (80 000 m³) tuzarwongerera ubushobozi rugero ku bihumbi 120.”

Ahumuriza Abanyakigali bashobora kumva ko iyo myaka ibiri ari myinshi, akavuga ko ikigiye gushyirwamo ingufu cyanatangiye gushyirwa mu bikorwa, ari ugusaranganya amazi ahari.

Ati “Uburyo bikorwa mu Mujyi wa Kigali, ntabwo ubona bisaranganyije neza, hari ababona amazi buri munsi agashobora kuhira ubusitani bwe, hari n’umuntu umara ibyumweru bibiri atabonye amazi. Twashyizeho itsinda rijya mu baturage rikiga neza uko imiyoboro yacu iteye, ku buryo tuvuga ngo amazi ahari asaranganywe byibuze buri wese agire igihe abonera amazi kandi akimenyeshwe.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko ubu bugenzuzi buriho bukorwa, buzatuma nibura abaturage bamenya gahunda y’igihe babonera amazi, ndetse babasha no gushyiraho uburyo bubabereye bwatuma bayakoresha neza bitewe n’ayo bavomye igihe yaje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 18 =

Previous Post

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Next Post

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.