Tuesday, August 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

radiotv10by radiotv10
05/08/2025
in MU RWANDA
0
AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika, ndetse hakaba haramaze gutangwa urutonde rw’aba mbere 10 bagomba kubanza kwigwaho niba bakwemererwa kwakirwa.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters dukesha aya makuru.

Makolo yemeje ko aya masezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya US yashyiriweho umukono i Kigali muri Kamena (06), ariko ntatangazwe ndetse ko Leta Zunze Ubumwe za America zohereje urutonde rw’abantu 10 bagomba kubanza kwigwaho mbere yo koherezwa.

Yagize ati “U Rwanda rwumvikanye na Leta Zunze Ubumwe za America kwakira abimukira 250, kuko buri muryango wo mu Rwanda uzi ububabare bwo gukurwa mu byawo, kandi indangagaciro zacu zishingiye ku kongera kwiyubaka no kongera kuba mu buzima busanzwe.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko muri aya masezerano u Rwanda rufite uburenganzira bwo kwemera cyangwa kwanga umwimukira umwe ku wundi waba ugiye koherezwa na US.

Ati “Abazaba bemerewe bazahabwa uburyo bwo kuba bahabwa amahugurwa, ubuvuzi ndetse n’aho kuba bizabafasha kuba mu Rwanda, ndetse no kugira amahirwe yo gutanga umusanzu muri iki kimwe mu Bihugu bikomeje kwihuta mu iterambere kuva mu myaka icumi ishize.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ‘White Hose’ ndetse na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bya Leta Zunze Ubumwe za America, ntacyo baratangaza ku by’aya masezerano.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; kimwe mu byo ashyize imbere ni uguhangana n’ikibazo cy’abimukira binjira muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse ubwo yiyamamazaga akaba yarasezeranyije Abanyamerika kuzaca intege iki kibazo.

Mu mpera z’umwaka ushize ubwo Trump yari amaze gutsinda amatora, itsinda rye ryahise ritangira kwiga uburyo iki Gihugu cyakohereza abimukira mu Bihugu byo muri Afurika birimo u Rwanda.

None kandi America ifite umugambi wo kohereza abantu bakatiwe n’inkiko bakajya mu Bihugu nka Sudani y’Epfo, na Eswatini [Swaziland].

Amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda si mashya, kuko rwanigeze kuyagirana n’u Bwongereza ariko agenda ahura na biranteka, ndetse ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe Keir Starmer uriho ubu, bukaba bwarayaburijemo burundu.

Muri Gicurasi uyu mwaka, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze ko hari ibiganiro byatangiye hagati yarwo na America ku kohererezwa abimukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 6 =

Previous Post

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Next Post

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Related Posts

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

by radiotv10
04/08/2025
0

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore...

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

by radiotv10
04/08/2025
0

Protais Zigiranyirazo wabaye mu butegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, yapfiriye muri...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo
AMAHANGA

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

05/08/2025
Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

05/08/2025
Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.