Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

radiotv10by radiotv10
07/08/2025
in AMAHANGA
0
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma yo kugongwa ku bushake n’umugore we Umunyarwandakazi Teta Sandra, hagiye hanze amashusho bivugwa ko yafashwe ubwo byabaga, ndetse Polisi ya Kampaka ikaba yemeje ko uyu Munyarwandakazi yatawe muri yombi.

Aya mashusho yagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 07 Kanama 2025, nyuma yuko iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatatu ku kabari kitwa Shan’s Bar & Restaurant ko muri Munyonyo.

Amashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga zirimo iz’abanyamakuru nk’uwitwa Emmy Nsengiyumva ukorera kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, agaragaza imodoka y’ivatiri y’umweru iza izatira umuntu w’umugabo bivugwa ko ari Weasel, ikabanza kumugonga byoroheje ariko igasubira inyuma ikongera kuzana umuvuduko mwinshi ikongera ikamusekura.

View this post on Instagram

A post shared by Emmy Rwanda Ikinege BadMan (@emmy_rwanda_ikinege)

Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Pulse.Ug gikorera muri Uganda, avuga ko abari ahabereye iyi mpanuka, bavuze ko yakurikiwe n’ubushyamirane bwabaye hagati ya Teta Sandra na Weasel, ari bwo umugore yafataga icyemezo cyo gusohoka ngo yitahire, ariko umugabo agashaka kumwitambika ngo atamusiga, undi agahita amugonga.

Amakuru kandi avuga ko Teta Sandra yamaze gutabwa muri yombi, kugira ngo hakorwe iperereza kuri ibi akekwaho gukorera umuhanzi Weasel basanzwe bafitanye abana.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Ibiro Bikuru bya Polisi ya Kampala, Luke Owoyesigyire wavuze ko Teta Sandra afungiwe kugonga bigambiriwe umuhanzi Weasel akoresheje imodoka ifite pulake ya UBH 148 Y.

Iyi modoka yakoreshejwe na Teta Sandra ubu iparitse kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabalagala.

Luke Owoyesigyire yagize ati “Douglas Mayanja yahise ajyanwa ku Bitaro bya Mukwaya nyuma aza koherezwa ku Bitaro bya Nsambya, aho ubu ari kuvurirwa.”

Amakimbirane hagati ya Teta Sandra n’umugabo we Weasel si aya vuba, kuko yatangiye kuvugwa muri 2022 ubwo hagaragaraga amafoto y’uyu munyarwandakazi afite ibikomere n’inkovu bivugwa ko yatewe n’inkoni akubitwa n’umugabo we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 3 =

Previous Post

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Next Post

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.