• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, July 7, 2026
RADIOTV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n’umugore we yirirwa ayibonamo abahisi n’abagenzi baza kuyisengeramo, agasaba ko ubuyobozi bubihagarika kuko Leta yaciye amasengesho akorerwa ahatemewe.

Umunyamakuru wa Flash TV dukesha aya makuru, avuga ko ubwo yageraga muri uru rugo ruherereye mu Kagari ka Gacuriro, Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, yahasanze imodoka nyinshi ziparitse z’abantu baje kuhasengera.

Ni urugo rugizwe n’inzu igeretse, bigaragara ko ari iy’abifashije, rusigayemo umugore wa Rwanyagatare Patrice uvuga ko yayimusohoyemo ndetse akaza no gufungwa.

Uyu mugabo avuga ko yasohowe muri iyi nzu nyuma yuko umugore we wabaga muri Canada agarutse mu Rwanda akavuga ko yamuririye umutungo.

Rwanyagatare yagize ati “Baranamfunze ariko ubuyobozi buravuga ngo nimbe ngiye kuba ahantu hamwe barebe ko twakumvikana.”

Avuga ko icyamubabaje kurushaho, ari ukuba yarasohowe mu nzu ye, ariko ikaba isigaye yirirwamo abahisi n’abagenzi ngo baje kuhasengera.

Ati “Kuva icyo gihe yahise ashingamo urusengero. Buri munsi haba hari abantu basenga, abarara, abirirwa…”

Avuga ko kandi inzego zizi iki kibazo, ati “Umuyobozi wa RIB yarahageze, Umuyobozi w’Akagari yarahageze. Ibyo bintu barabizi narabahamagaye ndabibabwira ariko banze kuza.”

Uyu muturage uvuga ko bisanzwe bibujijwe gusengera mu rugo, ariko ko aha iwe hirirwa hakanarara ababa bari mu masengesho, bo mu Itorero Restauration Church, bahateranira kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, ubundi ku wa Gatandatu no ku Cyumweru bakajya guteranira ku rusengero rw’iri Torero.

Ni mu gihe umugore w’uyu mugabo wari muri iyi nzu n’abandi bantu bagera mu icyenda, yavugaga ko bari bamusuye batari baje kuhasengera nk’uko bivugwa n’umugabo we.

Iki gitangazamakuru dukesha aya makuru, gitangaza ko umunyamakuru wacyo ubwo yageraga aha, yiyumviye abantu bari kubwiriza, ari na ko banasenga mu majwi ahanitse biyambaza Imana.

Rwanyagatare we avuga ko nk’uko hagiye hafungwa insengero nyinshi zitujuje ibisabwa n’ahandi hakorerwa amasengesho hatemewe, aha iwe na ho hakwiye guhagarikwa gukorerwa amasengesho.

Ati “Nifuza ko bahagarika ibi bikorwa byabo kuko na Leta yarabihagaritse, nibajye mu makiliziya, nibave mu ngo z’abantu.”

Avuga ko nubwo umugore we yavuze ko atamushaka mu rugo rwe, ariko agomba kujya ahaza kuko hari umukecuru we, kandi ko atahaza hirirwa aya masengesho.

Rwanyagatare avuga ko ababazwa no kuba inzu ye yarahinduwe iy’amasengesho
Ubwo yajyaga aha umugore we yamukumiriye ahita akinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + sixteen =

Previous Post

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Next Post

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

by radiotv10
07/07/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagizwe umwe mu Bayobozi Bakuru ba Komisiyo Nshya y’Ubwenge Bukorano AI (Artificial Intelligence)...

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

by radiotv10
07/07/2026
0

Umunyemari ufite imitungo myinshi irimo ibibanza birenga 100, n’imodoka zirenga 20 waregwaga kwigwizaho imitungo ayikuye mu ishyirahamwe yakoreraga mu Karere...

Menya ibyo umuntu ukurikiranyweho icyaha mu Rwanda aba yemerewe

Menya ibyo umuntu ukurikiranyweho icyaha mu Rwanda aba yemerewe

by radiotv10
07/07/2026
0

Umuntu wese ukurikiranweho icyaha afatwa nk’umwere kugeza igihe icyaha kimuhamye mu buryo bwemewe n’amategeko. Ni ihame riteganywa n'Itegeko Nshinga ry'u...

President Kagame Appointed Co-Chair of New UN Global Commission on Artificial Intelligence

President Kagame Appointed Co-Chair of New UN Global Commission on Artificial Intelligence

by radiotv10
07/07/2026
0

President of the Republic of Rwanda, Paul Kagame, has been appointed as one of the Co-Chairs of the new United...

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

by radiotv10
07/07/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Israel, ziyemeje gushimangira ubufatanye n'umubano usanzwe hagati y’Ibihugu byombi, zinasinya amasezerano y’imikoranire mu by’uburezi. Ni bimwe...

Next Post
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abakinnyi babiri bakiniye amakipe akomeye mu Rwanda bahaye abagore babo impano z’imodoka

Ntihavugwa rumwe kuri bariyeri nyinshi zashyizwe mu majyepfo y’u Burundi

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • App Support
  • Cart
  • DOWNLOAD TV10 APP
  • FULL PROGRAMS LINEUP
    • RADIO 10 PROGRAMS
      • MONDAY
    • TV10 PROGRAMS
      • FRIDAY
      • MONDAY
      • SATURDAY
      • SUNDAY
      • THURSDAY
      • TUESDAY
      • WEDNESDAY
  • Hero Section Sample
  • Home 1
  • Home 1 Copy before edit by kader
  • Home 2
  • Home 3
  • Home 4
  • Home 5
  • MANAGMENT
  • MEGA MENU
  • My Home
  • My Home – English
  • Radio
  • RADIO 10 LIVE
  • RADIO10 SHOWS
  • songs_archieve
  • TV 10 LIVE
  • TV10 CAP
  • TV10 LIVE
  • TV10 SHOWS
    • AHABONA
  • Videos

Copyright © 2024 RadioTv10.