• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

radiotv10by radiotv10
19/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu umunani bo mu Karere ka Kamonyi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umusore wishwe atewe icyuma hafi y’umutima n’abo bikekwa ko yari amaze gukiza, inasobanura ibyagaragaye mu iperereza ry’ibanze.

Nyakwigendera w’imyaka 24, yishwe mu ijoro ryo ku ya 16 Kanama 2025 mu Mudugudu wa Nombe mu Kagari ka Nyagishubi mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi.

Nyuma y’urupfu rw’uyu musore wishwe n’abari bamutegeye mu nzira ubwo yari avuye kureba umupira, hahise hatabwa muri yombi abantu batanu bafashwe bucyeye bwaho tariki 17 Kanama, mu gihe abandi batatu bafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 18 Kanama 2025.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yavuze ko muri aba bantu umunani bamaze gutabwa muri yombi, harimo na nyiri akabari kabereyemo imvururu z’abasore bakijijwe na nyakwigendera binakekwa ko ari bo bagiye kumutegera mu nzira nyuma yo kubakiza.

Yavuze ko mu bafashwe harimo kandi “abanze gutangira amakuru ku gihe, n’abakekwaho uruhare mu gutera icyuma nyakwigendera.”

Uko ari abantu umunani bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda mu Karere ka Kamonyi, mu gihe umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kacyiru.

CIP Hassan Kamanzi yavuze ko nyakwigendera yishwe nyuma yuko yari amaze gukiza abasore bagenzi be bariho barwanira mu kabari yanyuzeho na we avuye kurebera umupira mu kandi kabari akumva harimo intonganya akajya kureba ibibaye agasanga bari kurwana akiyemeza kubakiza afaranyije na mugenzi we bari kumwe w’imyaka 18.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo avuga nyakwigendera nyuma yo gukiza abo basore barwanaga, bahise bamuca ruhinganyuma bakajya kumutegera mu nzira, we na mugenzi we bari kumwe, bakabakorera urugomo.

Nyakwigendera yatewe icyuma hafi y’umutima bimuviramo kwitaba Imana, mu gihe mugenzi we bari kumwe na we yakomerekejwe ku kaboko ariko Imana igakinga akaboko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin

Next Post

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.