Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

radiotv10by radiotv10
20/08/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye
Share on FacebookShare on Twitter

Imirimo yo gutabara irakomeje muri Pakistan nyuma y’umwuzure ukomeye watewe n’imvura nyinshi yaguye kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, aho kugeza hamaze kumenyekana abantu hafi 400, bahitanywe n’ibi biza.

Iyi mvura nyinshi yaguye n’ubu igikomeje, yateje umwuzure ukomeye  n’inkangu byibasiye cyane agace k’amajyaruguru y’uburengerazuba bw’Igihugu, aho inzu nyinshi zasenyutse ndetse bigatuma abaturage bisanga bari mu bisigazwa by’inzu zasenyutse.

Kugeza kuri uyu wa Kabiri tariki19 kanama, abayobozi bo mu Karere ka Buner muri Khyber Pakhtunkhwa bavuze ko nibura abantu basaga 150 baburiwe irengero, mu gihe ibikorwa byo kubashakisha no gutabara abari mu kaga na byo bigikomeje.

Abashinzwe ubutabazi bavuga ko imibare y’abapfuye ishobora gukomeza kwiyongera, mu gihe imvura na yo idahagarara ndetse ibikorwa by’ubutabazi bikaba bikigoranye cyane cyane ku baturage bo mu bice byashegeshwe n’ibi biza.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, abinyujije kuri X yavuze ko yababajwe cyane n’ababuriye ubuzima bwabo muri ibi biza ndetse avuga ko uyu Muryango ayoboye witeguye gutanga ubufasha.

Yagize ati “Nababajwe cyane n’icyorezo cy’umwuzure giherutse guhitana ubuzima bw’abantu mu Buhinde na Pakistani, Ndatanga ubutumwa bw’ihumure n’ubwo kwifatanya n’imiryango yabuze ababo, kandi mpagararanye n’abahuye n’ingaruka z’iki kiza. Umuryango w’Abibumbye witeguye gutanga ubufasha bwose bukenewe.”

Abaturage bo mu Karere ka Buner kibasiwe cyane bashinje inzego z’ibanze kudatanga amakuru ku gihe ndetse n’impuruza kugira ngo bimurwe hakiri kare kubw’umutekano wabo, ni mugihe kandi  abakuru b’Imidugudu na bo bavuze ko nta butumwa bwo kuburira abaturage bwigeze butangazwa hakoreshejwe indangururamajwi cyangwa kubunyuza mu insengero, nk’uburyo busanzwe bukoreshwa  mu gutanga impuruza mu bice by’icyaro.

Gusa ku ruhande rw’abayobozi na bo bavuze ko batabimenye kuko igicu cy’imvura cyaturitse bitunguranye ku buryo bitashobokaga gutanga ubwo butumwa bw’impuruza.

Kuva muri kamena uyu mwaka Imvura y’umusenyi irenze ku kigero gisanzwe ku yagwaga yateje imyuzure kuri ubu imaze guhitana abantu barenga 700 hirya no hino muri Pakistan.

Ihindagurika ry’ibihe (climate change) ni kimwe mu byatumye iyi mvura nyinshi irushaho gukaza ubukana, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bwa World Weather Attribution bwasohotse ku ya 06 Kanama.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 12 =

Previous Post

America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine

Next Post

MTN Rwanda, in Partnership with Yellow, Launches Affordable Smartphone Financing Program Tunga Taci na MTN Starting from as Low as Rwf 16,000

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda, in Partnership with Yellow, Launches Affordable Smartphone Financing Program Tunga Taci na MTN Starting from as Low as Rwf 16,000

MTN Rwanda, in Partnership with Yellow, Launches Affordable Smartphone Financing Program Tunga Taci na MTN Starting from as Low as Rwf 16,000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.