Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in MU RWANDA
0
Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatanywe ibilo 30 by’urumogi mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, bavuze ko bari barukuye mu Karere ka Rubavu barujyanye i Nyamirambo.

Aba bagabo bafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, ubwo bari bageze mu Mudugudu wa Mubuga mu Kagari ka Nyamweru mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge, bafite urwo rumogi rwari ruri mu dufuka tubiri.

Aba bagabo babiri bafashwe batwaye iki kiyobyabwenge kuri moto ifite pulake ya nimero RJ506X, ni Imfurayase Themisphore na Byukusenge Alan.

Nyuma yo gufatwa n’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Kurwanya Ibiyobyabwenge, aba bagabo babiri bavuze ko ibi biyobyabwenge bari babikuye mu Karere ka Rubavu, nyuma yo kubihabwa n’umuturage.

Babwiye Polisi ko uwabahaye uru rumogi yari abatumye kurugeze i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bakaruha umucuruzi ugomba kurugurisha.

Nyuma yo gufatwa, aba bantu babiri, bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kugira ngo hakorwe iperereza banakorerwe dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha.

Mu Karere ka Rubavu bikekwa ko hari haturutse uru rumogi, ni hamwe hakunze kuvugwaho iki kiyobyabwenge cy’urumogi, aho benshi mu babyinjiza mu Gihugu, baba babikuye mu Gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Polisi y’u Rwanda yakunze kuburira kenshi abishoye mu bucuruzi no gukwirakwiza ibiyobyabwenge, kubireka, kuko uru rwego rwabihagurukiye, bityo ko ababikora bazafatwa bakabihanirwa hakurikijwe amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye

Next Post

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

Related Posts

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, yahamijwe ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, akatirwa igifungo gisubitse cy’umwaka umwe. Ni...

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

by radiotv10
10/10/2025
0

Inzu y’umuryango wo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Cicumbi, yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo bari baryamye, bamwe bagashya ariko...

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by radiotv10
10/10/2025
0

Umusesenguzi bya politiki, Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi zihora ari uruvangitirane rutagira umurongo...

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

by radiotv10
10/10/2025
0

On October 9, President Paul Kagame held talks with the President of the European Union Commission, Ursula von der Leyern,...

IZIHERUKA

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso
MU RWANDA

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

10/10/2025
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

10/10/2025
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

10/10/2025
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

10/10/2025
BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

10/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.