Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangije intambara yeruye igamije kurimbura Abanyamulenge, bukaba bwanazanye abasirikare ibihumbi 30 bo gukoresha muri uyu mugambi mubisha, no gukoresha mu rugamba rwo kwisubiza ibice byabohojwe.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Oscar Balinda nyuma yuko mu misozi ya Minembwe hakomeje kuraswa ibisasu bya rutura bikorwa n’uruhande rwa Leta ya Congo.

Dr Balinda avuga ko ibi byose biri kuba mu gihe i Doha hari hakomeje kubera ibiganiro by’imishyikirano, ariko ko bigaragara ko uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa n’ubutetegsi bwayo burangajwe imbere na Felix Tshisekedi, rutabikozwa.

Ati “Batoranyije inzira y’intambara. Ubu ngubu yatangije intambara yeruye, cyane cyane igamije gukuraho bene wacu b’Abanyamulenge hariya mu misozi ya Minembwe, aho yashyize abasirikare barenga ibihumbi mirono itatu (30 000) kugira ngo babamare babarimbure.”

Dr Balinda avuga kandi ko uruhande bahanganye rwanagabye ibindi bitero mu gace ka Luhwinja muri Teritwari ya Walungu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bigamije kwisubiza Umujyi wa Bukavu umaze igihe uri mu maboko ya AFC/M23.

Ati “Agamije gusatira Umujyi wa Bukavu ngo awufate, yigarurire n’ikibuga cy’indege cya Kavumu ndetse aze asatira na Goma hano.”

Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Balinda akomeza agaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ko bushyize imbere imirwano, akavuga ko ababurwanirira banagabye ibitero i Walikale mu mugambi wo kwisubiza ibice byamaze kubohorwa n’iri Huriro.

Ati “Agamije kugera Masisi no kuza za Mushaki, za Lubaya zose akazisubiza. Mbese agamije kwisubiza uduce twose Alliance Fleuve Congo/M23 yamaze kugeramo, ashaka no gutsembatsemba no kurimbura Abakongomani badutuyemo.”

Dr Balinda avuga ko Ihuriro AFC/M23 ridashobora kwemera ko uruhande bahanganye rugera kuri iyi migambi yabwo, yo kurimbura abaturage, aho yanagarutse ku bufatanye bwa FARDC n’igisirikare cy’u Burundi.

Ati “Bashakaga gutera mu Bwiza kugira ngo bamare impunzi zari zaduhungiyeho, aho ni ho twavuze tuti ‘noneho uyu ni umurongo utukura’ ntabwo twakwemera ko bamara abantu b’inzirakarengane baduhungiyeho, aho ni ho twafashe iya mbere, turengera abo bantu, nta n’umwe wagize icyo aba turanabakurikirana, Kitchanga mwabonye icyabereyeyo.”

Dr Balinda avuga ko nubwo ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gushyira imbere inzira y’intambara, ariko iri Huriro AFC/M23 ryo rikibona ko umuti w’ibibazo ntahandi wava atari mu biganiro, kandi ko rikibifitiye ubushake.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 15 =

Previous Post

Inama zigirwa abanyeshuri batsinzwe ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye mu Rwanda

Next Post

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Related Posts

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye y’imodoka zagonganye zirimo bisi ebyiri zitwara abagenzi, yabereye muri Uganda, yahitanye abantu 63, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka...

IZIHERUKA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.