Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangije intambara yeruye igamije kurimbura Abanyamulenge, bukaba bwanazanye abasirikare ibihumbi 30 bo gukoresha muri uyu mugambi mubisha, no gukoresha mu rugamba rwo kwisubiza ibice byabohojwe.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Oscar Balinda nyuma yuko mu misozi ya Minembwe hakomeje kuraswa ibisasu bya rutura bikorwa n’uruhande rwa Leta ya Congo.

Dr Balinda avuga ko ibi byose biri kuba mu gihe i Doha hari hakomeje kubera ibiganiro by’imishyikirano, ariko ko bigaragara ko uruhande bahanganye rwa Leta ya Kinshasa n’ubutetegsi bwayo burangajwe imbere na Felix Tshisekedi, rutabikozwa.

Ati “Batoranyije inzira y’intambara. Ubu ngubu yatangije intambara yeruye, cyane cyane igamije gukuraho bene wacu b’Abanyamulenge hariya mu misozi ya Minembwe, aho yashyize abasirikare barenga ibihumbi mirono itatu (30 000) kugira ngo babamare babarimbure.”

Dr Balinda avuga kandi ko uruhande bahanganye rwanagabye ibindi bitero mu gace ka Luhwinja muri Teritwari ya Walungu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bigamije kwisubiza Umujyi wa Bukavu umaze igihe uri mu maboko ya AFC/M23.

Ati “Agamije gusatira Umujyi wa Bukavu ngo awufate, yigarurire n’ikibuga cy’indege cya Kavumu ndetse aze asatira na Goma hano.”

Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Balinda akomeza agaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ko bushyize imbere imirwano, akavuga ko ababurwanirira banagabye ibitero i Walikale mu mugambi wo kwisubiza ibice byamaze kubohorwa n’iri Huriro.

Ati “Agamije kugera Masisi no kuza za Mushaki, za Lubaya zose akazisubiza. Mbese agamije kwisubiza uduce twose Alliance Fleuve Congo/M23 yamaze kugeramo, ashaka no gutsembatsemba no kurimbura Abakongomani badutuyemo.”

Dr Balinda avuga ko Ihuriro AFC/M23 ridashobora kwemera ko uruhande bahanganye rugera kuri iyi migambi yabwo, yo kurimbura abaturage, aho yanagarutse ku bufatanye bwa FARDC n’igisirikare cy’u Burundi.

Ati “Bashakaga gutera mu Bwiza kugira ngo bamare impunzi zari zaduhungiyeho, aho ni ho twavuze tuti ‘noneho uyu ni umurongo utukura’ ntabwo twakwemera ko bamara abantu b’inzirakarengane baduhungiyeho, aho ni ho twafashe iya mbere, turengera abo bantu, nta n’umwe wagize icyo aba turanabakurikirana, Kitchanga mwabonye icyabereyeyo.”

Dr Balinda avuga ko nubwo ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gushyira imbere inzira y’intambara, ariko iri Huriro AFC/M23 ryo rikibona ko umuti w’ibibazo ntahandi wava atari mu biganiro, kandi ko rikibifitiye ubushake.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Inama zigirwa abanyeshuri batsinzwe ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye mu Rwanda

Next Post

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.