• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in MU RWANDA
0
Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu muryango w’umusore w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, wicishijwe ishoka n’uwari gushyamirana n’umuvandimwe wa nyakwigendera wari ugiye kubakiza, barasaba ko uyu wabahekuye, yaburanishirizwa mu ruhame kandi agahanishwa igihano kingana n’uburemere bw’ibyo yakoze bikabera abandi urugero.

Ni nyuma yuko uyu musore yishwe mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 06 Nzeri 2025, ahagana saa tatu z’ijoro, mu Mudugudu wa Gitobe Akagari ka Muhurire mu Murenge wa Rurenge.

Nyakwigendera Uwizeyimana Desire, uri mu Kigero cy’Imyaka 18, yishwe ajyaga gutabara mukuru we witwa Hakizimana Vincent wari uri gushyamirana na Niyibizi Elia waje kwihorera akamwica nkuko bamwe mu babonye ibi babihamya.

Uwitwa Munyaneza Felecien ati “Yazize akarengane pe. We yumvise ngo mukuru wawe baramwishe, agenda atabaye ahageze arebye ibyabaye ni ko kuzenguruka kuri urwo rugo rw’uwo muhungu wamwishe arimo gusoka asoka amukubita ishoka.”

Habimana Amiel na we yagize ati “Nabonye yinjiramo ngiye kubona mbona kuko umuhungu yari yihishe munsi y’urugi undi ntabwo yari yamubonye, hari undi muntu wari ugiye kwinjiramo ahita amukurura abasha guhita yinjira ako kanya akigeramo kuko narabirebaga ako kanya nagiye kubona mbona yikubise hasi.”

Abo mu muryango wa Nyakwigendera barimo Mukamusoni Seraphine, umubyeyi we avuga ko bakenewe ubutabera kugira ngo uwakoze iki cyaha akiryozwe.

Ati “Yamukubise ishoka ya mbere iya Kabiri yayimukubitiye hasi ahita amurenga arasimbuka ariruka baramwirukankana bamugaruriye hepfo yikubise no mu bibuye yamenaguritse mu mutwe baramuzana bamushyikiriza abayobozi. Muzamushyire mu ruhame mu baturage bamwice na we [ni igihano kitemewe mu mategeko y’u Rwanda].”

Abaturage bumvikana bavuga ko uwavukuje ubuzima nyakwigendera yaburanishirizwa mu ruhame kugira ngo bibere isomo abandi baba batekereza kwijandika mu rugomo.

Hamima Amiel ati “Uwo muntu mumuzane ahanirwe mu baturage bamubone, ibintu yakoze ni ibintu bidasanzwe n’undi muturage wese arebereho bibe intangarugero.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yabwiye RADIOTV10 ko ikibazo bagikurikiranye bagasanga intandaro ari amakimbirane yaturutse ku businzi, aboneraho kugira inama urubyiruko kwitwararika no kureka urugomo.

Ati “Bari bashyamiranye mu nzira, bamaze kugerayo ahubwo, uwari washyimiranye ajya agusaba imbabazi umuvandimwe, hanyuma umuvandimwe we baza gukora urugomo kuri uwo bararwana biza kubamo gukomeretsa cyane umwe muri bo ndetse byaje kuviramo n’urupfu. Urubyiruko ikintu cya mbere twabasaba ni ukwirinda kunywa inzoga nyinshi bakarenza urugero kuko iyo baza kuba batasinze ntabwo buriya bwicanyi buba bwarabayeho […] Ubundi urubyiruko rukwiye gushyira umutima ku mirimo ariko bitarimo guteza urugomo n’ibindi.”

Hakizimana Vincent mukuru wa nyakwigendera, we wakomerekejwe ijisho, ari kuvurirwa mu Bitaro bya Bishenyi mu Karere ka Kamonyi mu gihe ukurikiranyweho iki cyaha na we akitabwaho ku bikomere yagize ku Kigo Nderabuzima cya Remera.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − one =

Previous Post

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Next Post

Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.