Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in MU RWANDA
0
Abo mu muryango b’uwicishijwe ishoka agiye gukiza abarwanaga bavuze icyo basaba
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu muryango w’umusore w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, wicishijwe ishoka n’uwari gushyamirana n’umuvandimwe wa nyakwigendera wari ugiye kubakiza, barasaba ko uyu wabahekuye, yaburanishirizwa mu ruhame kandi agahanishwa igihano kingana n’uburemere bw’ibyo yakoze bikabera abandi urugero.

Ni nyuma yuko uyu musore yishwe mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 06 Nzeri 2025, ahagana saa tatu z’ijoro, mu Mudugudu wa Gitobe Akagari ka Muhurire mu Murenge wa Rurenge.

Nyakwigendera Uwizeyimana Desire, uri mu Kigero cy’Imyaka 18, yishwe ajyaga gutabara mukuru we witwa Hakizimana Vincent wari uri gushyamirana na Niyibizi Elia waje kwihorera akamwica nkuko bamwe mu babonye ibi babihamya.

Uwitwa Munyaneza Felecien ati “Yazize akarengane pe. We yumvise ngo mukuru wawe baramwishe, agenda atabaye ahageze arebye ibyabaye ni ko kuzenguruka kuri urwo rugo rw’uwo muhungu wamwishe arimo gusoka asoka amukubita ishoka.”

Habimana Amiel na we yagize ati “Nabonye yinjiramo ngiye kubona mbona kuko umuhungu yari yihishe munsi y’urugi undi ntabwo yari yamubonye, hari undi muntu wari ugiye kwinjiramo ahita amukurura abasha guhita yinjira ako kanya akigeramo kuko narabirebaga ako kanya nagiye kubona mbona yikubise hasi.”

Abo mu muryango wa Nyakwigendera barimo Mukamusoni Seraphine, umubyeyi we avuga ko bakenewe ubutabera kugira ngo uwakoze iki cyaha akiryozwe.

Ati “Yamukubise ishoka ya mbere iya Kabiri yayimukubitiye hasi ahita amurenga arasimbuka ariruka baramwirukankana bamugaruriye hepfo yikubise no mu bibuye yamenaguritse mu mutwe baramuzana bamushyikiriza abayobozi. Muzamushyire mu ruhame mu baturage bamwice na we [ni igihano kitemewe mu mategeko y’u Rwanda].”

Abaturage bumvikana bavuga ko uwavukuje ubuzima nyakwigendera yaburanishirizwa mu ruhame kugira ngo bibere isomo abandi baba batekereza kwijandika mu rugomo.

Hamima Amiel ati “Uwo muntu mumuzane ahanirwe mu baturage bamubone, ibintu yakoze ni ibintu bidasanzwe n’undi muturage wese arebereho bibe intangarugero.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yabwiye RADIOTV10 ko ikibazo bagikurikiranye bagasanga intandaro ari amakimbirane yaturutse ku businzi, aboneraho kugira inama urubyiruko kwitwararika no kureka urugomo.

Ati “Bari bashyamiranye mu nzira, bamaze kugerayo ahubwo, uwari washyimiranye ajya agusaba imbabazi umuvandimwe, hanyuma umuvandimwe we baza gukora urugomo kuri uwo bararwana biza kubamo gukomeretsa cyane umwe muri bo ndetse byaje kuviramo n’urupfu. Urubyiruko ikintu cya mbere twabasaba ni ukwirinda kunywa inzoga nyinshi bakarenza urugero kuko iyo baza kuba batasinze ntabwo buriya bwicanyi buba bwarabayeho […] Ubundi urubyiruko rukwiye gushyira umutima ku mirimo ariko bitarimo guteza urugomo n’ibindi.”

Hakizimana Vincent mukuru wa nyakwigendera, we wakomerekejwe ijisho, ari kuvurirwa mu Bitaro bya Bishenyi mu Karere ka Kamonyi mu gihe ukurikiranyweho iki cyaha na we akitabwaho ku bikomere yagize ku Kigo Nderabuzima cya Remera.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 4 =

Previous Post

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Next Post

Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Impamvu rutahizamu ngenderwaho w’Amavubi atagaragara mu mukino n’andi makuru avugwa mbere yawo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.