Wednesday, September 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze urutonde rw’ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryashyize hanze itangazo ryamaganamo ibikubiye muri raporo ya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Uburenganzira bwa muntu ku bibera muri Kivu zombi, rikanagaragazamo ibyaha rishinja ubutegetsi bwa DRC burangajwe imbere na Perezida Félix Tshisekedi.

Ni mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025, ryashyizweho Umukono n’Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa.

Muri iri tangazo ryamagana ibyatangajwe na Komisiyo ya LONI muri Raporo ngo igaragaza ibibera mu Ntara ya Kivu y’Epfo, n’iya Ruguru, iri Huriro AFC/M23, ryatangaje ko ibyo birego “bidafite ishingiro” izo mpuguke z’uyu Muryango w’Abibumbye zitigeze zikora iperereza ryimbitse ngo zigere aho zivuga ko habereye ibyo zishinja iri Huroro.

AFC/M23 ivuga ko ahubwo ibi byose ari propaganda, kuko impuguke za Loni ziyemeje “gushyigikira ubutegetsi bwa Kinshasa bushinjwa ruswa n’ihohoterwa.”

AFC/M23 yavuze ko ibikorwa byayo byo kugarura umutekano, amahoro n’imishinga y’iterambere mu bice yafashe, bishimwa n’abaturage, mu gihe Leta ya Kinshasa ishinjwa gukomeza “gukoresha imvugo z’urwango no gushyiraho uburyo bwo guha intwaro abaturage kugira ngo barwane hagati yabo.”

Itangazo ry’iri Huriro rivuga kandi ko niba ibirego bidafite ishingiro bidahagaritswe, AFC/M23 izashaka icyo ibikoraho nk’umuryango wemewe n’amategeko hashingiwe ku ngingo ya 64 y’Itegeko Nshinga, kuko abaturage bamaze kubona inyungu z’imirimo yawo.

AFC/M23 kandi yagaragaje ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Kinshasa burangajwe imbere na Perezida Tshisekedi; ari byo:

  • Gukoresha FDLR n’ingabo z’u Burundi mu bikorwa byo kurwanya abaturage;
  • Ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu magereza nka Makala, Ndolo na Kasapa;
  • Kwica no gufata bugwate abatavuga rumwe n’ubutegetsi;
  • Gushyigikira imitwe yitwaje intwaro nka CODECO na ADF mu kwica abaturage b’inzirakarengane muri Ituri no muri Kivu y’Amajyaruguru;
  • Kurwanya Abanyamulenge no kubabuza serivisi z’ibanze.

AFC/M23 ivuga ko itazigera yemera gukomeza gutegwa imitego y’ibinyoma bya poropaganda, ahubwo izakomeza gusobanura ukuri kw’ibibera muri DRC, inashinja ubutegetsi bwa Tshisekedi kuba nyirabayazana w’umutekano muke n’ihohoterwa byugarije abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + seventeen =

Previous Post

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Next Post

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Related Posts

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

by radiotv10
09/09/2025
0

Abagize Umuryango w’abiyemeje guharanira gukemura ibibazo by’Igihugu muri DRC, basabye igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) n’abagifasha, kwitandukanya byihuse n’abarwanyi ba Wazalendo...

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

by radiotv10
09/09/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, n’ingabo z’u Burundi,...

Amakuru agezweho i Masisi mu mirwano ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho i Masisi mu mirwano ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
08/09/2025
0

Nyuma y’imirwano yirije umunsi wose hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’aba Wazalendo, iri huriro rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Indege ya Sosiyete y’u Bwongereza yategetswe kugwa by’igitaraganya

Indege ya Sosiyete y’u Bwongereza yategetswe kugwa by’igitaraganya

by radiotv10
08/09/2025
0

Indege yo mu bwoko bwa Boeing ya sosiyete y’u Bwongereza ya ‘British Airways’, yategetswe kugwa vuba na bwangu ku kibuga...

Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w’abo kimaze guhitana

Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w’abo kimaze guhitana

by radiotv10
05/09/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko abantu 15 bamaze guhitanwa n’icyorezo cya Ebola, nyuma yuko cyongeye...

IZIHERUKA

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF
MU RWANDA

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

10/09/2025
Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

09/09/2025
Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

09/09/2025
Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

09/09/2025
FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

09/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.