• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze urutonde rw’ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryashyize hanze itangazo ryamaganamo ibikubiye muri raporo ya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Uburenganzira bwa muntu ku bibera muri Kivu zombi, rikanagaragazamo ibyaha rishinja ubutegetsi bwa DRC burangajwe imbere na Perezida Félix Tshisekedi.

Ni mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025, ryashyizweho Umukono n’Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa.

Muri iri tangazo ryamagana ibyatangajwe na Komisiyo ya LONI muri Raporo ngo igaragaza ibibera mu Ntara ya Kivu y’Epfo, n’iya Ruguru, iri Huriro AFC/M23, ryatangaje ko ibyo birego “bidafite ishingiro” izo mpuguke z’uyu Muryango w’Abibumbye zitigeze zikora iperereza ryimbitse ngo zigere aho zivuga ko habereye ibyo zishinja iri Huroro.

AFC/M23 ivuga ko ahubwo ibi byose ari propaganda, kuko impuguke za Loni ziyemeje “gushyigikira ubutegetsi bwa Kinshasa bushinjwa ruswa n’ihohoterwa.”

AFC/M23 yavuze ko ibikorwa byayo byo kugarura umutekano, amahoro n’imishinga y’iterambere mu bice yafashe, bishimwa n’abaturage, mu gihe Leta ya Kinshasa ishinjwa gukomeza “gukoresha imvugo z’urwango no gushyiraho uburyo bwo guha intwaro abaturage kugira ngo barwane hagati yabo.”

Itangazo ry’iri Huriro rivuga kandi ko niba ibirego bidafite ishingiro bidahagaritswe, AFC/M23 izashaka icyo ibikoraho nk’umuryango wemewe n’amategeko hashingiwe ku ngingo ya 64 y’Itegeko Nshinga, kuko abaturage bamaze kubona inyungu z’imirimo yawo.

AFC/M23 kandi yagaragaje ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Kinshasa burangajwe imbere na Perezida Tshisekedi; ari byo:

  • Gukoresha FDLR n’ingabo z’u Burundi mu bikorwa byo kurwanya abaturage;
  • Ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu magereza nka Makala, Ndolo na Kasapa;
  • Kwica no gufata bugwate abatavuga rumwe n’ubutegetsi;
  • Gushyigikira imitwe yitwaje intwaro nka CODECO na ADF mu kwica abaturage b’inzirakarengane muri Ituri no muri Kivu y’Amajyaruguru;
  • Kurwanya Abanyamulenge no kubabuza serivisi z’ibanze.

AFC/M23 ivuga ko itazigera yemera gukomeza gutegwa imitego y’ibinyoma bya poropaganda, ahubwo izakomeza gusobanura ukuri kw’ibibera muri DRC, inashinja ubutegetsi bwa Tshisekedi kuba nyirabayazana w’umutekano muke n’ihohoterwa byugarije abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 17 =

Previous Post

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Next Post

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.