Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze urutonde rw’ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
09/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryashyize hanze itangazo ryamaganamo ibikubiye muri raporo ya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Uburenganzira bwa muntu ku bibera muri Kivu zombi, rikanagaragazamo ibyaha rishinja ubutegetsi bwa DRC burangajwe imbere na Perezida Félix Tshisekedi.

Ni mu itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025, ryashyizweho Umukono n’Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa.

Muri iri tangazo ryamagana ibyatangajwe na Komisiyo ya LONI muri Raporo ngo igaragaza ibibera mu Ntara ya Kivu y’Epfo, n’iya Ruguru, iri Huriro AFC/M23, ryatangaje ko ibyo birego “bidafite ishingiro” izo mpuguke z’uyu Muryango w’Abibumbye zitigeze zikora iperereza ryimbitse ngo zigere aho zivuga ko habereye ibyo zishinja iri Huroro.

AFC/M23 ivuga ko ahubwo ibi byose ari propaganda, kuko impuguke za Loni ziyemeje “gushyigikira ubutegetsi bwa Kinshasa bushinjwa ruswa n’ihohoterwa.”

AFC/M23 yavuze ko ibikorwa byayo byo kugarura umutekano, amahoro n’imishinga y’iterambere mu bice yafashe, bishimwa n’abaturage, mu gihe Leta ya Kinshasa ishinjwa gukomeza “gukoresha imvugo z’urwango no gushyiraho uburyo bwo guha intwaro abaturage kugira ngo barwane hagati yabo.”

Itangazo ry’iri Huriro rivuga kandi ko niba ibirego bidafite ishingiro bidahagaritswe, AFC/M23 izashaka icyo ibikoraho nk’umuryango wemewe n’amategeko hashingiwe ku ngingo ya 64 y’Itegeko Nshinga, kuko abaturage bamaze kubona inyungu z’imirimo yawo.

AFC/M23 kandi yagaragaje ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Kinshasa burangajwe imbere na Perezida Tshisekedi; ari byo:

  • Gukoresha FDLR n’ingabo z’u Burundi mu bikorwa byo kurwanya abaturage;
  • Ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu magereza nka Makala, Ndolo na Kasapa;
  • Kwica no gufata bugwate abatavuga rumwe n’ubutegetsi;
  • Gushyigikira imitwe yitwaje intwaro nka CODECO na ADF mu kwica abaturage b’inzirakarengane muri Ituri no muri Kivu y’Amajyaruguru;
  • Kurwanya Abanyamulenge no kubabuza serivisi z’ibanze.

AFC/M23 ivuga ko itazigera yemera gukomeza gutegwa imitego y’ibinyoma bya poropaganda, ahubwo izakomeza gusobanura ukuri kw’ibibera muri DRC, inashinja ubutegetsi bwa Tshisekedi kuba nyirabayazana w’umutekano muke n’ihohoterwa byugarije abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 3 =

Previous Post

Urugamba muri Congo rwahinduye isura, u Burundi bwongera kugarakwaho

Next Post

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.