Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye.

Ibi byatumye hongera kuzamuka impungenge ko iki Gihugu cyo mu burasirazuba bwa Afurika gishobora kongera gusubira mu ntambara y’abenegihugu.

Kuva mu kwezi kwa Werurwe 2025, Machar afungiye iwe mu rugo, aho akomeje gucungirwa, nyuma yuko Guverinoma arimo y’inzibacyuho, yamushinje ibikorwa byo gushaka guhungabanya ubutegetsi bwa Perezida Salva Kiir.

Usibye icyaha cyo kugambanira Igihugu, Riek Machar n’abandi barindwi, bakurikiranweho ibyaha byo kwica abantu, gucura imigambi mibisha, iterabwoba, gusenya ibikorwa remezo bya Leta n’iby’ingabo, ndetse n’ibyaha byibasira inyokomuntu.

Ibyo byaha aregwa byakomotse ku gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabaye mu kwezi kwa Werurwe, ubwo umutwe w’inyeshyamba uzwi nka White Army wigaruriraga ikigo cya gisirikare cya leta, ukica umuyobozi wacyo n’abandi bagikoragamo.

Itangazo ryasohowe kuri uyu wa 11 nzeri 2025 na Minisiteri y’Ubutabera, rivuga ko igitero cyabereye i Nasir, mu Ntara ya Upper Nile, cyatewe inkunga na Riek Machar n’abandi banyapolitiki

Nubwo igihe Machar azagerezwa Imbere y’urukiko kitatangajwe, itangazo rya Minisiteri y’Ubutabera rivuga ko we n’abandi baregwa hamwe bamaze kumenyeshwa ibyaha baregwa kandi ko uburenganzira bwo kuburana buzubahirizwa nkuko biteganywa n’Itegeko Nshinga.

Icyakora umuvugizi wa Machar, Puok Both Baluang, yavuze ko ibirego ashinjwa bishingiye ku mpamvu za politiki, kandi bigamije kugira ngo ashyirwe ku ruhunde. Yavuze ko kandi batizeye ubutabera bwa Sudani y’Epfo kuko butigenga, bushobora kuyoborwa mu nyungu za politiki.

Kurega Riek Machar ibi byaha, bishobora kurushaho guhungabanya umutekano wa Sudani y’Epfo, mu gihe Guverinoma y’iki Gihugu isanzwe iri ku gitutu cy’abayisaba gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro, yashyizweho ubukono ku wa 22 Gashyantare 2020, hagati ya Salva kiir na Riek Machar, yo gukumira ko hakongera kwaduka intambara y’abanyagihugu.

Salva Kiir na Riek Machar bombi ni abayobozi bakoze amateka muri Sudani y’Epfo, kuko bafatanyije kuyobora umutwe w’inyeshyamba wa Sudan People’s Liberation Movement (SPLM) waharaniye ubwigenge bw’iki Gihugu kugeza kibubonye muri 2011.

Ariko aba bombi bakomoka mu moko ahanganye. Kiir akomoka mu ba-Dinka, ari bo benshi mu Gihugu, naho Machar akomoka mu ba-Nuer ba kabiri mu bwinshi.

Intambara y’abo yombi yatangiye mu myaka ya 1990s, ubwo Machar yayoboraga igice cyitandukanyije n’umutwe w’inyeshyamba wa SPLM cyashinjwaga kuwugambanira muri icyo gihe.

Ingabo zari zishyigikiye Machar zateguye ubwicanyi  bwibasiraga Aba-Dinka, bikaza kurakaza Kiir wari umuyobozi w’inyeshyamba za SPLM.

Ayo makimbirane y’abanyasudani yadindije urugamba rwo gushaka ubwigenge, ariko yanateye urwikekwe rutarangiye hagati ya Kiir na Machar.

Abasesenguzi bavuga ko n’iyo bafatanya kuyobora Igihugu, Kiir na Machar badahuza, kandi amakimbirane yabo yakomeje kwiyongera uko imyaka igenda ishira, aho Riek Machar ashaka umwanya wo kuyobora Igihugu, mu gihe Salva Kiir akomeje kwanga kuva ku butegetsi.

Muri 2013, Kiir akoresheje urwitwazo rw’uko hari hategurwa ihirikwa ry’ubutegetsi, yirukanye Machar wari Minisitiri w’Intebe we. Ibintu byatumye mu murwa mukuru I Juba haduka imirwano hagati y’ingabo za leta zishyigikiye Salva Kiir n’izari zishyigikiye Riek Machar, iyo ntambara y’abenegihugu yahitanye abantu bagera ku bihumbi 400 muri Sudani y’Epfo.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 1 =

Previous Post

Rwanda condemns Israel strike in Doha, affirms solidarity with Qatar

Next Post

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.