Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

radiotv10by radiotv10
15/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura kurandura ibibazo byugarije Igihugu cyabo cya DRC, bagakuraho ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi bwabyimakaje.

Maj Gen Makenga yabwiye ubu butumwa aba basirikare binjiye mu gisirikare cya AFC/M23 mu muhango wabaye kuri iki Cyumweru tariki 14 Nzeri 2025 mu Kigo cya Gisirikare cya Rumangabo muri Kivu ya Ruguru.

Ni umuhango kandi witabiriwe n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneilla Nangaa wari kumwe n’uyu Mugaba Mukuru w’abarwanyi baryo, Gen Makenga.

Maj Gen Makenga wari umaze kwinjiza mu gisirikare aba basirikare, yabibukije ko bagomba kuba abasirikare b’umwuga, bakora kandi bakitwara bitandukanye n’uko igisirikare bahanganye na cyo cya Leta ya Kinshasa cyitwara.

Yagarutse ku myitwarire idakwiye yakomeje kuranga ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi, wiyemeje gukoresha abacancuro n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR na Wazalendo mu mugambi wo gushaka kurimbura bamwe mu Banyekongo.

Gen Makenga wavuze ko ibibazo byose biri muri Congo byazanywe na Tshisekedi wahaye agaciro abo bacancuro n’iyo mitwe, yavuze ko akwiye kuva ku butegetsi kuko ntacyo ashoboye, kandi ko nta bandi bazabikora atari igisirikare cya AFC/M23, aboneraho gusaba aba bakinjiyemo kwambarira urwo rugamba.

Ati “Muriteguye ngo tubohore Igihugu cyacu, ngo turandure akarengane gakorerwa Abanyekongo? Kugira ngo tubigereho ni ngombwa ko murangwa n’imyitwarire myiza itandukanye n’iya bariya duhanganye na bo.”

Yakomeje avuga ko igisirikare cya AFC/M23 ari cyo gikwiye Igihugu cyabo, kuko ari igisirikare kirangwa no gukora kinyamwuga, ntigihutaze abaturage, kandi ko ibyo bikwiye guhora bikiranga, hato kitazisanga mu makosa nk’ahora akorwa n’igisirikare cya Leta.

Aba basirikare barenga 7 000 binjijwe na AFC/M23 mu gisirikare nyuma y’igihe kitageze ku kwezi, iri Huriro rininjije mu Gipolisi abapolisi ba mbere mu Gipolisi cyaryo cyiswe ‘Police d’Élite’.

Maj Gen Sultani Makenga na bwo wayoboye umuhango wo kwinjiza abo bapolisi mu muhango wabaye muri Kanama, yabasabye kurangwa n’imyitwarire myiza, bakagendera kure ibirimo ruswa, ubujura, gufata ku ngufu no guhohotera abaturage; byakomeje kuranga abapolisi b’ubutegetsi bwa Kinshasa.

General Makenga na Corneille Nangaa ubwo bageraga ahabereye uyu muhango

Abasirikare barenga ibihumbi birindwi binjiye mu gisirikare cya AFC/M23

Abayobozi mu gisirikare na bo bari bahari
Maj Gen Makenga yasabye abasirikare kurangwa n”imyitwarire iboneye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + three =

Previous Post

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Next Post

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Related Posts

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.