Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

radiotv10by radiotv10
15/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura kurandura ibibazo byugarije Igihugu cyabo cya DRC, bagakuraho ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi bwabyimakaje.

Maj Gen Makenga yabwiye ubu butumwa aba basirikare binjiye mu gisirikare cya AFC/M23 mu muhango wabaye kuri iki Cyumweru tariki 14 Nzeri 2025 mu Kigo cya Gisirikare cya Rumangabo muri Kivu ya Ruguru.

Ni umuhango kandi witabiriwe n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneilla Nangaa wari kumwe n’uyu Mugaba Mukuru w’abarwanyi baryo, Gen Makenga.

Maj Gen Makenga wari umaze kwinjiza mu gisirikare aba basirikare, yabibukije ko bagomba kuba abasirikare b’umwuga, bakora kandi bakitwara bitandukanye n’uko igisirikare bahanganye na cyo cya Leta ya Kinshasa cyitwara.

Yagarutse ku myitwarire idakwiye yakomeje kuranga ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi, wiyemeje gukoresha abacancuro n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR na Wazalendo mu mugambi wo gushaka kurimbura bamwe mu Banyekongo.

Gen Makenga wavuze ko ibibazo byose biri muri Congo byazanywe na Tshisekedi wahaye agaciro abo bacancuro n’iyo mitwe, yavuze ko akwiye kuva ku butegetsi kuko ntacyo ashoboye, kandi ko nta bandi bazabikora atari igisirikare cya AFC/M23, aboneraho gusaba aba bakinjiyemo kwambarira urwo rugamba.

Ati “Muriteguye ngo tubohore Igihugu cyacu, ngo turandure akarengane gakorerwa Abanyekongo? Kugira ngo tubigereho ni ngombwa ko murangwa n’imyitwarire myiza itandukanye n’iya bariya duhanganye na bo.”

Yakomeje avuga ko igisirikare cya AFC/M23 ari cyo gikwiye Igihugu cyabo, kuko ari igisirikare kirangwa no gukora kinyamwuga, ntigihutaze abaturage, kandi ko ibyo bikwiye guhora bikiranga, hato kitazisanga mu makosa nk’ahora akorwa n’igisirikare cya Leta.

Aba basirikare barenga 7 000 binjijwe na AFC/M23 mu gisirikare nyuma y’igihe kitageze ku kwezi, iri Huriro rininjije mu Gipolisi abapolisi ba mbere mu Gipolisi cyaryo cyiswe ‘Police d’Élite’.

Maj Gen Sultani Makenga na bwo wayoboye umuhango wo kwinjiza abo bapolisi mu muhango wabaye muri Kanama, yabasabye kurangwa n’imyitwarire myiza, bakagendera kure ibirimo ruswa, ubujura, gufata ku ngufu no guhohotera abaturage; byakomeje kuranga abapolisi b’ubutegetsi bwa Kinshasa.

General Makenga na Corneille Nangaa ubwo bageraga ahabereye uyu muhango

Abasirikare barenga ibihumbi birindwi binjiye mu gisirikare cya AFC/M23

Abayobozi mu gisirikare na bo bari bahari
Maj Gen Makenga yasabye abasirikare kurangwa n”imyitwarire iboneye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Next Post

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.