• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

radiotv10by radiotv10
15/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura kurandura ibibazo byugarije Igihugu cyabo cya DRC, bagakuraho ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi bwabyimakaje.

Maj Gen Makenga yabwiye ubu butumwa aba basirikare binjiye mu gisirikare cya AFC/M23 mu muhango wabaye kuri iki Cyumweru tariki 14 Nzeri 2025 mu Kigo cya Gisirikare cya Rumangabo muri Kivu ya Ruguru.

Ni umuhango kandi witabiriwe n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneilla Nangaa wari kumwe n’uyu Mugaba Mukuru w’abarwanyi baryo, Gen Makenga.

Maj Gen Makenga wari umaze kwinjiza mu gisirikare aba basirikare, yabibukije ko bagomba kuba abasirikare b’umwuga, bakora kandi bakitwara bitandukanye n’uko igisirikare bahanganye na cyo cya Leta ya Kinshasa cyitwara.

Yagarutse ku myitwarire idakwiye yakomeje kuranga ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi, wiyemeje gukoresha abacancuro n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR na Wazalendo mu mugambi wo gushaka kurimbura bamwe mu Banyekongo.

Gen Makenga wavuze ko ibibazo byose biri muri Congo byazanywe na Tshisekedi wahaye agaciro abo bacancuro n’iyo mitwe, yavuze ko akwiye kuva ku butegetsi kuko ntacyo ashoboye, kandi ko nta bandi bazabikora atari igisirikare cya AFC/M23, aboneraho gusaba aba bakinjiyemo kwambarira urwo rugamba.

Ati “Muriteguye ngo tubohore Igihugu cyacu, ngo turandure akarengane gakorerwa Abanyekongo? Kugira ngo tubigereho ni ngombwa ko murangwa n’imyitwarire myiza itandukanye n’iya bariya duhanganye na bo.”

Yakomeje avuga ko igisirikare cya AFC/M23 ari cyo gikwiye Igihugu cyabo, kuko ari igisirikare kirangwa no gukora kinyamwuga, ntigihutaze abaturage, kandi ko ibyo bikwiye guhora bikiranga, hato kitazisanga mu makosa nk’ahora akorwa n’igisirikare cya Leta.

Aba basirikare barenga 7 000 binjijwe na AFC/M23 mu gisirikare nyuma y’igihe kitageze ku kwezi, iri Huriro rininjije mu Gipolisi abapolisi ba mbere mu Gipolisi cyaryo cyiswe ‘Police d’Élite’.

Maj Gen Sultani Makenga na bwo wayoboye umuhango wo kwinjiza abo bapolisi mu muhango wabaye muri Kanama, yabasabye kurangwa n’imyitwarire myiza, bakagendera kure ibirimo ruswa, ubujura, gufata ku ngufu no guhohotera abaturage; byakomeje kuranga abapolisi b’ubutegetsi bwa Kinshasa.

General Makenga na Corneille Nangaa ubwo bageraga ahabereye uyu muhango

Abasirikare barenga ibihumbi birindwi binjiye mu gisirikare cya AFC/M23

Abayobozi mu gisirikare na bo bari bahari
Maj Gen Makenga yasabye abasirikare kurangwa n”imyitwarire iboneye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 12 =

Previous Post

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Next Post

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.