Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

radiotv10by radiotv10
17/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza.

Raporo nshya y’uyu Muryango ivuga ko hari impamvu zumvikana, zasanze hari ibikorwa bine muri bitanu bisobanurwa nk’icyaha cya Jenoside mu Mategeko Mpuzamahanga byakozwe kuva intambara ya Israel na Hamas yatangira muri 2023.

Ibyo bikorwa birimo, kwica abasivile b’Abanya-Paletsina, kubatera ibikomere bikomeye ku mubiri no mu mutwe, kubashyiraho uburyo bwo kubaho bugamije kubarimbura nk’itsinda, ndetse no kubabuza kubyara.

Iyi raporo kandi ivuga ko amagambo yagiye atangazwa n’abayobozi ba Israel, hamwe n’imikorere y’Ingabo z’iki Gihugu, ari ibimenyetso bigaragaza intego yo gukora Jenoside.

Navi Pillay, umuyobozi wa komisiyo ishinzwe iperereza ku butaka bwa Palesitina bwigaruriwe na Israel yagize ati “Komisiyo yanzuye ko Israel yakoze Jenoside ku baturage b’Abanya-Palesitina bo muri Gaza kandi ko iyo Jenoside igikomeje gukorwa, ubu hashize hafi imyaka ibiri Israel itangije ibikorwa byayo bya gisirikare mu gace ka Gaza, mu Ukwakira 2023. Iki ni cyo gitero cyakoranwe ubugome, cyamaze igihe kandi cyagutse kurusha ibindi byose ku byabaye ku Banya-Palestine kuva mu 1948, kandi uko bwije n’uko bukeye hakomeje kwicwa Abanya-Paletsine no kubicisha inzara birakomeza.”

Abanya-Palestina bo muri Gaza bamaze igihe mu marira

Nubwo uyu Muryango w’Abibumbye utangaza ibi, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel yatangaje ko yamaganye iyi raporo, iyita ibinyoma bidafite ishingiro.

Ingabo za Israel zatangije igikorwa cya gisirikare muri gaza, mu gusubiza igitero Hamas yababye mu majyepfo ya Israel ku itariki ya 07 ukwakira 2023, aho abantu hafi 1 200 bishwe ndetse 251 bafatwa bugwate.

Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza ivuga ko ibitero bya Israel, bimaze guhitana abantu 64 905, mu gihe hangiritse inzu zisaga 90%. Ibikorwaremezo by’ubuvuzi, amazi, isuku n’isukura byarahungabanye; ndetse hanaduka ikibazo cy’inzara gikomeye.

Ni mu gihe Ingabo za Israel zo zikomeje ibitero muri Gaza, zivuga ko uyu mujyi ari icyicaro gikuru cya Hamas muri iki gihe, ndetse zemeza ko ziri kugenda zinjira mu gace kanini k’umujyi muri Gaza.

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz abinyujije ku rubuga rwa X yagize ati “Gaza iri kugurumana, IDF iri gukubita inshuro ibikorwa by’iterabwoba, kandi abasirikare bacu barwana nta bwoba, kugira ngo  bashobore gutabara abagizwe ingwate, kandi batsinde umtwe wa Hamas.”

Mu kwezi gushize nibwo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yatangaje ko afite gahunda yo gufata umujyi wa Gaza, nubwo imiryango mpuzamahanga yamaganye icyo gitekerezo.

Icyakora perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump we yatangaje ko ashyigikiye Israel ishaka kwihanangiriza Hamas.

Yagize ati “Hamas izahura n’ibibazo bikomeye, nikoresha abo yafashe bugwate nk’ingabo zo kubakingira mu gihe ibitero gikomeje.”

Abashinzwe ubuzima muri Gaza batangaje ko abantu basaga 50 bapfuye kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nzeri 2025.  Benshi muri bo bakaba ari abo muri mu mujyi Gaza, mu gihe ibitero by’indege byagabwe mu mujyi hose, imodoka z’intambara na zo zikomeje kwinjira imbere muri uyu mujyi.

Byinshi byarangiritse muri Gaza

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Next Post

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Related Posts

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

by radiotv10
03/11/2025
0

The Alliance of Forces for Change (AFC/M23), a coalition fighting against the government of the Democratic Republic of Congo (DRC),...

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

IZIHERUKA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana
MU RWANDA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.