Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

radiotv10by radiotv10
17/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza.

Raporo nshya y’uyu Muryango ivuga ko hari impamvu zumvikana, zasanze hari ibikorwa bine muri bitanu bisobanurwa nk’icyaha cya Jenoside mu Mategeko Mpuzamahanga byakozwe kuva intambara ya Israel na Hamas yatangira muri 2023.

Ibyo bikorwa birimo, kwica abasivile b’Abanya-Paletsina, kubatera ibikomere bikomeye ku mubiri no mu mutwe, kubashyiraho uburyo bwo kubaho bugamije kubarimbura nk’itsinda, ndetse no kubabuza kubyara.

Iyi raporo kandi ivuga ko amagambo yagiye atangazwa n’abayobozi ba Israel, hamwe n’imikorere y’Ingabo z’iki Gihugu, ari ibimenyetso bigaragaza intego yo gukora Jenoside.

Navi Pillay, umuyobozi wa komisiyo ishinzwe iperereza ku butaka bwa Palesitina bwigaruriwe na Israel yagize ati “Komisiyo yanzuye ko Israel yakoze Jenoside ku baturage b’Abanya-Palesitina bo muri Gaza kandi ko iyo Jenoside igikomeje gukorwa, ubu hashize hafi imyaka ibiri Israel itangije ibikorwa byayo bya gisirikare mu gace ka Gaza, mu Ukwakira 2023. Iki ni cyo gitero cyakoranwe ubugome, cyamaze igihe kandi cyagutse kurusha ibindi byose ku byabaye ku Banya-Palestine kuva mu 1948, kandi uko bwije n’uko bukeye hakomeje kwicwa Abanya-Paletsine no kubicisha inzara birakomeza.”

Abanya-Palestina bo muri Gaza bamaze igihe mu marira

Nubwo uyu Muryango w’Abibumbye utangaza ibi, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel yatangaje ko yamaganye iyi raporo, iyita ibinyoma bidafite ishingiro.

Ingabo za Israel zatangije igikorwa cya gisirikare muri gaza, mu gusubiza igitero Hamas yababye mu majyepfo ya Israel ku itariki ya 07 ukwakira 2023, aho abantu hafi 1 200 bishwe ndetse 251 bafatwa bugwate.

Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza ivuga ko ibitero bya Israel, bimaze guhitana abantu 64 905, mu gihe hangiritse inzu zisaga 90%. Ibikorwaremezo by’ubuvuzi, amazi, isuku n’isukura byarahungabanye; ndetse hanaduka ikibazo cy’inzara gikomeye.

Ni mu gihe Ingabo za Israel zo zikomeje ibitero muri Gaza, zivuga ko uyu mujyi ari icyicaro gikuru cya Hamas muri iki gihe, ndetse zemeza ko ziri kugenda zinjira mu gace kanini k’umujyi muri Gaza.

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz abinyujije ku rubuga rwa X yagize ati “Gaza iri kugurumana, IDF iri gukubita inshuro ibikorwa by’iterabwoba, kandi abasirikare bacu barwana nta bwoba, kugira ngo  bashobore gutabara abagizwe ingwate, kandi batsinde umtwe wa Hamas.”

Mu kwezi gushize nibwo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yatangaje ko afite gahunda yo gufata umujyi wa Gaza, nubwo imiryango mpuzamahanga yamaganye icyo gitekerezo.

Icyakora perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump we yatangaje ko ashyigikiye Israel ishaka kwihanangiriza Hamas.

Yagize ati “Hamas izahura n’ibibazo bikomeye, nikoresha abo yafashe bugwate nk’ingabo zo kubakingira mu gihe ibitero gikomeje.”

Abashinzwe ubuzima muri Gaza batangaje ko abantu basaga 50 bapfuye kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nzeri 2025.  Benshi muri bo bakaba ari abo muri mu mujyi Gaza, mu gihe ibitero by’indege byagabwe mu mujyi hose, imodoka z’intambara na zo zikomeje kwinjira imbere muri uyu mujyi.

Byinshi byarangiritse muri Gaza

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 2 =

Previous Post

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Next Post

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.