Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

radiotv10by radiotv10
17/09/2025
in AMAHANGA
0
Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe n’uregwa, bugaragaza ko ari we wishe nyakwigendera.

Ni ubutumwa bwagaragajwe mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri, mu rubanza ruregwamo Tyler Robinson, aho bivugwa ko ubwo butumwa bugufi yabwoherereje uwo babana mu cyumba, Ubushinjacyaha buvuga ko bakundanaga.

Muri ubwo butumwa Tyler Robinson yandikiye uwo muntu, yagize ati “Nari mufitiye urwango ruhagije. Rimwe na rimwe hari urwango umuntu atajya abasha kugoragoza.”

Uyu Tyler Robinson w’imyaka 22 ashinjwa ibyaha birindwi byose hamwe, birimo icyo kwicana ubugombe ndetse n’ibindi birimo icyo kugora ubutabera.

Ashinjwa kuba yarishe Charlie Kirk amurasiye mu ntera ya metero zirenga 140, ubwo uyu muhanga mu gutanga ibiganiro mu ruhame, yariho aganira n’abantu ibihumbi n’ibiumbi mu kibaya cya Kaminuza ya Utah, tariki 10 Nzeri 2025.

Robinson wafashwe nyuma y’amasaha 33 habaye iki cyaha, asabirwa n’abashinjacyaha igihano cy’urupfu igihe yaba ahamijwe ibyaha akurikiranyweho.

Umushinjacyaha w’Intara ya Utah, Jeff Gray mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yagize ati “Ntabwo ubusanzwe mfata iki cyemezo nk’igikwiye, ariko ni icyemezo natekereje ubwanjye ku giti cyanjye nk’Umushinjacyaha ukorera ahari ibimenyetso n’imiterere y’ahabereye icyaha.”

Uyu Mushinjacyaha akomeza avuga ko kwica Charlie Kirk, ari amahano akomeye muri America. Ati “Charlie Kirk yishwe ari mu bikorwa duhagazeho by’uburenganzira bw’Abanyamerika, umusingi wa Demokarasi yacu, ushingiye ku bwisanzure mu gutanga ibitekerezo no mu gushakisha ukuri, kumva ndetse n’ubumwe buhamye.”

Nyuma yuko uyu Mushinjacyaha yari amaze gutangaza ibyaha bishinjwa Robinson, yasomye ubutumwa bwabonywe n’abagenzacyaha batahuye muri Telefone y’umukunzi we, bushimangira ko yariho yemera ko ari we wishe Charlie Kirk.

Muri ubwo butumwa yandikiranaga n’inshuti ya Robinson, hari aho yamwandikiye agira ati “Nabonye amahirwe yo kurangiza Charlie Kirk, kandi ngiye kubikora.” na we amusubiza agira ati “Iki?????????????? Nizere ko uri gukina, sibyo????”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fourteen =

Previous Post

Eng.-What caused the RDF drone accident?

Next Post

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.