Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in MU RWANDA
0
Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha umuhanda w’igitaka Kabaya-Muhanda- Mulinga mu Karere ka Ngororero, bavuga ko ubwambuzi n’urugomo bihakorerwa nimugoroba, bimaze gufata intera, bakemeza ko ababikora bitwikira umwijima uba uhari muri ayo masaha.

Umuhanda Kabaya Muhanda Mulinga ukora ku Turere twa Ngororero na Nyabihu, ukunze kunyurwa na benshi, ariko kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, nta mugenzi w’amaguru watinyuka kuhanyura, nyamara hari abahanyura bavuye mu isoko rya Kabaya.

Umwe mu baturage yagize ati “Kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuzamura nta muntu watinyuka kunyura hano wenyine. Abambura abantu bitwikira uyu mwijima, noneho baba bafite inkoni cyangwa imihoro ukumva baguhuriyeho. Hano nta mucuruzi uvuye mu isoko rya Kabaya wahinyuza nyuma y’ayo masaha kuko ayo yacuruje yose bayamwanbura.”

Undi na we yagize ati “Hano habera ubwambuzi buteye ubwoba pe, ujya ukumva bagukubise inkoni yo mu mugongo bakagushikuza ibyo ufite kubera hano haba umwijima uteye ubwoba kuko ari no mu mashyamba.”

Aba baturage basaba ko bafashwa hakaba hashyirwa irondo ry’umwuga rikajya rihakorera cyangwa se hagashyirwamo amatara mu rwego rwo kuharinda umwijima no kurwanya abo bawitwikira bagacucura abantu utwabo.

Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe yabwiye RADIOTV10 ko hari kompanyi yabanje gukora umuhanda bityo n’amatara azashyirwamo, icyakora ngo mu gihe bitarakorwa baba bashyizemo abanyerondo bo kuba bahacungira umutekano.

Yagize ati “Mu gihe twabona ko bibangamye cyane ntitwategereza gushaka amafaranga mu gihe ataraboneka twakongeramo abanyerondo bakaba bacunga umutekano muri uwo muhanda.”

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 1 =

Previous Post

Amapoto yaje bizeye ko akurikirwa n’amashanyarazi none birirwa bayabona yaratangiye gusazira hasi aho arambaraye

Next Post

BREAKING: Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu bakobwa U23

Related Posts

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

by radiotv10
11/11/2025
0

Iraguha Clement wari uzwi nka Mwarimu Clement mu kazi ko kwigisha gutwara imodoka, yitabye Imana bikekwa ko yiyahuye mu Kiyaga...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

by radiotv10
11/11/2025
0

Abapadiri n’Ababikira ba Kiliziya Gatulika yo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye mu biganiro...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

by radiotv10
11/11/2025
0

Catholic priests and nuns from Rwanda, Burundi, and the Democratic Republic of Congo have gathered in Kigali for discussions aimed...

IZIHERUKA

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu bakobwa U23

BREAKING: Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu bakobwa U23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.