• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Yasanze yanditsweho ubutaha bw’umurengera none amaze imyaka itandatu mu gihirahiro

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA
0
Yasanze yanditsweho ubutaha bw’umurengera none amaze imyaka itandatu mu gihirahiro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, avuga ko amaze imyaka itandatu asiragira mu buyobozi ngo bumukosorere icyangombwa cy’ubutaka kigaragaza ko afite ubuso bunini burenze ubw’ubwe, ariko byarananiranye.

Uyu muturage witwa Nyirakaruhije Perepetuwa wo mu Mudugudu wa Kiryi, Akagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza, avuga ko ku cyangombwa cy’ubutaka bwe, yasanze hariho ubutari ubwe.

Ati “Kuko bampaye ubuso ntafite, ku Karere barahageze bashyize mu mashini basanga ubutaka bwanjye burarengereranye. Baraje barapima nuko ntibampa igisubizo kugeza n’ubu ubutaka bwanjye buracyarengereye ubwo mfite ntabwo ari bwo ntunze.”

Yakomeje agira ati “Ku karere bansabye ko nzana ibipapuro by’imirima y’abo twadikanyije, noneho mbibasabye barabinyima. Ikibazo cyanjye nakigejeje no ku Badepite ubwo baheruka hano i Musanze basaba akarere kumfasha.”

Nyirakaruhije Perepetuwa akomeza avuga ko igiteye impungenge ari ugusorera ubutaka bunini adatunze, bityo agasaba inzego bireba ko yafashwa agakosorerwa.

Yagize ati “Ikibazo ni ugutunga ahantu hatari mu wawe, ukagira ubuso bugera iriya ntabwo ufite ubwo iyo misoro y’ikirenga nayikura hehe? None baturenganura bakagaruka bakadupimurira umuntu akamenya mu we ndetse akamenya uko asorera ubutaka bwe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien yabwiye RADIOTV10 ko uyu muturage yabagana bakamenya imiterere y’iki kibazo akaba yafashwa.

Nyirakaruhije Perepetuwa avuga ko kuba iki gihe cyose gishize asaba gukosorerwa ubutaka ntafashwe, abibonamo uburangare bw’abakamufashije, agasaba ko kuri iyi nshuro ijwi rye ryakumvwa akareka kugira impungenge zo gutunga ubutaka butari ubwe atibagiwe n’imisoro yabwo yaba iy’umurengera.

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − nine =

Previous Post

Uko byagenze ngo umwarimu afatirwe ku ishuri yigishaho i Rubavu n’ibyo akekwaho

Next Post

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.