Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in MU RWANDA
0
Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire
Share on FacebookShare on Twitter

Ni mu gihe habura amasaha gusa ngo iri siganwa ry’isi ry’amagare rigatangire mu murwa Mukuru w’u Rwanda i Kigali. Ipyapa, ibirango n’ibyuma bikikije imihanda biri mu mihanda myinshi yo muri Kigali aho aya magare azanyura.

Ijoro ni rimwe ryo kuri uyu wa Gatandatu ngo ipine rya mbere ry’igare ribe rihagurutse mu murwa mukuru Kigali, ubundi Shampiyona y’isi y’amagare ikaba iratangiye.

Abasiganwa bamaze kugera mu Rwanda, nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Tadej Pogačar yamaze kuhasesekara.

Hirya no hino mu misozi yo muri Kigali nko ku Kimihurura kwa Minyone hari abari kwitoza kugira ngo batsinde abandi.

Abaturage bagaragaza ko u Rwanda rwakoze imyiteguro ikomeye ku buryo biteze ko iri rushanwa rizagenda neza.

Protegene Byishimo waturutse ku Mugabe w’uburayi aje kureba iri risiganwa ry’Isi ry’amagare mu Rwanda, yagize ati “Ndi Umunyarwanda ariko mba mu Buhorandi, naje nje gufana ndabona imyiteguro imeze neza, ndabona irushanwa rizaryoha.”

Imihanda imwe n’imwe yamaze gufungwa ku buryo ibinyabiziga biri kugendera ku mu cyerekezo kimwe.

Nko ku Muhanda wa Kimihurura werekeza kuri KCC aho iri rushanwa rizajya risorezwa hamaze gufungwa ku buryo nta kinyabizi kiri kuhanyura.

Mu murwa mukuru hari umwuka udasanzwe nk’umukwe witeguye kwakira umugeni. Abaturage na bo imyiteguro ni yose aho biteguye kwakira ifaranga rizanywe n’abashyitsi.

Aba barimo kwitegura gushyira ibicuruzwa ku mihanda hafi yaho irushanwa risorezwa kugira ngo bazahagurishirize.

Annonce Ikirezi “Icyo duteganya ni uko Abanyarwanda, abashyitsi bose bazaba bari gukurikira iri rushanwa ry’isi ry’amagare bazaza bakatugurira ibyo kunywa, ibyo kurya n’ibindi byinshi bitandukanye.”

Hagati aho mu kirere cyo mu murwa mukuru Kigali umwuka uhari ni iri siganwa aho abantu bategereje kwihera ijisho iri siganwa.

Leta y’u Rwanda yamaze gushyira hanze amabwiriza y’uko ubucuruzi butandukanye bufite kuba bwakora mu masaha y’ijoro. Utubari, utubyiniro n’amaduka byahise byongererwa amasaha yo gukora ku buryo bizajya saa kumi zo mu rukerera.

Biteganijwe ko abazasiganwa muri iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare ari abakinnyi 918. Muri iki kicyumweru u Rwanda rwiteguye kwakira ibihumbi bisaga 15 by’abashyitsi bazaturuka mu Bihugu bitandukanye baje kwirebera iri risiganwa rihanzwe amaso n’isi yose.

Ahazajya hatangirwa ibihembo hatatse mu buryo budasanzwe

Photo/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 3 =

Previous Post

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Next Post

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.