• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in MU RWANDA
0
Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire
Share on FacebookShare on Twitter

Ni mu gihe habura amasaha gusa ngo iri siganwa ry’isi ry’amagare rigatangire mu murwa Mukuru w’u Rwanda i Kigali. Ipyapa, ibirango n’ibyuma bikikije imihanda biri mu mihanda myinshi yo muri Kigali aho aya magare azanyura.

Ijoro ni rimwe ryo kuri uyu wa Gatandatu ngo ipine rya mbere ry’igare ribe rihagurutse mu murwa mukuru Kigali, ubundi Shampiyona y’isi y’amagare ikaba iratangiye.

Abasiganwa bamaze kugera mu Rwanda, nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Tadej Pogačar yamaze kuhasesekara.

Hirya no hino mu misozi yo muri Kigali nko ku Kimihurura kwa Minyone hari abari kwitoza kugira ngo batsinde abandi.

Abaturage bagaragaza ko u Rwanda rwakoze imyiteguro ikomeye ku buryo biteze ko iri rushanwa rizagenda neza.

Protegene Byishimo waturutse ku Mugabe w’uburayi aje kureba iri risiganwa ry’Isi ry’amagare mu Rwanda, yagize ati “Ndi Umunyarwanda ariko mba mu Buhorandi, naje nje gufana ndabona imyiteguro imeze neza, ndabona irushanwa rizaryoha.”

Imihanda imwe n’imwe yamaze gufungwa ku buryo ibinyabiziga biri kugendera ku mu cyerekezo kimwe.

Nko ku Muhanda wa Kimihurura werekeza kuri KCC aho iri rushanwa rizajya risorezwa hamaze gufungwa ku buryo nta kinyabizi kiri kuhanyura.

Mu murwa mukuru hari umwuka udasanzwe nk’umukwe witeguye kwakira umugeni. Abaturage na bo imyiteguro ni yose aho biteguye kwakira ifaranga rizanywe n’abashyitsi.

Aba barimo kwitegura gushyira ibicuruzwa ku mihanda hafi yaho irushanwa risorezwa kugira ngo bazahagurishirize.

Annonce Ikirezi “Icyo duteganya ni uko Abanyarwanda, abashyitsi bose bazaba bari gukurikira iri rushanwa ry’isi ry’amagare bazaza bakatugurira ibyo kunywa, ibyo kurya n’ibindi byinshi bitandukanye.”

Hagati aho mu kirere cyo mu murwa mukuru Kigali umwuka uhari ni iri siganwa aho abantu bategereje kwihera ijisho iri siganwa.

Leta y’u Rwanda yamaze gushyira hanze amabwiriza y’uko ubucuruzi butandukanye bufite kuba bwakora mu masaha y’ijoro. Utubari, utubyiniro n’amaduka byahise byongererwa amasaha yo gukora ku buryo bizajya saa kumi zo mu rukerera.

Biteganijwe ko abazasiganwa muri iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare ari abakinnyi 918. Muri iki kicyumweru u Rwanda rwiteguye kwakira ibihumbi bisaga 15 by’abashyitsi bazaturuka mu Bihugu bitandukanye baje kwirebera iri risiganwa rihanzwe amaso n’isi yose.

Ahazajya hatangirwa ibihembo hatatse mu buryo budasanzwe

Photo/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 1 =

Previous Post

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Next Post

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.