Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in MU RWANDA
0
Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire
Share on FacebookShare on Twitter

Ni mu gihe habura amasaha gusa ngo iri siganwa ry’isi ry’amagare rigatangire mu murwa Mukuru w’u Rwanda i Kigali. Ipyapa, ibirango n’ibyuma bikikije imihanda biri mu mihanda myinshi yo muri Kigali aho aya magare azanyura.

Ijoro ni rimwe ryo kuri uyu wa Gatandatu ngo ipine rya mbere ry’igare ribe rihagurutse mu murwa mukuru Kigali, ubundi Shampiyona y’isi y’amagare ikaba iratangiye.

Abasiganwa bamaze kugera mu Rwanda, nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Tadej Pogačar yamaze kuhasesekara.

Hirya no hino mu misozi yo muri Kigali nko ku Kimihurura kwa Minyone hari abari kwitoza kugira ngo batsinde abandi.

Abaturage bagaragaza ko u Rwanda rwakoze imyiteguro ikomeye ku buryo biteze ko iri rushanwa rizagenda neza.

Protegene Byishimo waturutse ku Mugabe w’uburayi aje kureba iri risiganwa ry’Isi ry’amagare mu Rwanda, yagize ati “Ndi Umunyarwanda ariko mba mu Buhorandi, naje nje gufana ndabona imyiteguro imeze neza, ndabona irushanwa rizaryoha.”

Imihanda imwe n’imwe yamaze gufungwa ku buryo ibinyabiziga biri kugendera ku mu cyerekezo kimwe.

Nko ku Muhanda wa Kimihurura werekeza kuri KCC aho iri rushanwa rizajya risorezwa hamaze gufungwa ku buryo nta kinyabizi kiri kuhanyura.

Mu murwa mukuru hari umwuka udasanzwe nk’umukwe witeguye kwakira umugeni. Abaturage na bo imyiteguro ni yose aho biteguye kwakira ifaranga rizanywe n’abashyitsi.

Aba barimo kwitegura gushyira ibicuruzwa ku mihanda hafi yaho irushanwa risorezwa kugira ngo bazahagurishirize.

Annonce Ikirezi “Icyo duteganya ni uko Abanyarwanda, abashyitsi bose bazaba bari gukurikira iri rushanwa ry’isi ry’amagare bazaza bakatugurira ibyo kunywa, ibyo kurya n’ibindi byinshi bitandukanye.”

Hagati aho mu kirere cyo mu murwa mukuru Kigali umwuka uhari ni iri siganwa aho abantu bategereje kwihera ijisho iri siganwa.

Leta y’u Rwanda yamaze gushyira hanze amabwiriza y’uko ubucuruzi butandukanye bufite kuba bwakora mu masaha y’ijoro. Utubari, utubyiniro n’amaduka byahise byongererwa amasaha yo gukora ku buryo bizajya saa kumi zo mu rukerera.

Biteganijwe ko abazasiganwa muri iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare ari abakinnyi 918. Muri iki kicyumweru u Rwanda rwiteguye kwakira ibihumbi bisaga 15 by’abashyitsi bazaturuka mu Bihugu bitandukanye baje kwirebera iri risiganwa rihanzwe amaso n’isi yose.

Ahazajya hatangirwa ibihembo hatatse mu buryo budasanzwe

Photo/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 8 =

Previous Post

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Next Post

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.