Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

radiotv10by radiotv10
20/09/2025
in MU RWANDA
0
Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, aravuga ko nyuma yo kubyara afite imyaka 16, yahuye n’imbogamizi zirimo kurera umwana we bimugoye ndetse no kuba hari serivisi atabasha kubona bitewe n’amakosa yakozwe mu irangamimerere ryagaragaje ko afite imyaka 40.

Uyu mubyeyi wo mu Mudugudu wa Nyarubare, Akagari ka Cyamukuza mu Murenge wa Ndora, ubu afite umwana w’umwaka umwe, arera bigoye, ariko hakaba hariyongereyeho n’ikibazo cy’amakosa yagaragaye mu irangamimerere.

Ati “Njya gusahaka ibyangombwa nk’irangamuntu nsanga mu irangamimerere handitsemo ko navutse mu 1985, ndetse ushinzwe irangamimerere mu Murenge bantuma icyemezo cy’umubatizo ndakibashyira ndetse bantuma n’ibindi byangombwa byerekana igihe cya nyacyo navukiye ndabibashyira, ariko imyaka ibaye ibiri bambwira ngo nintegereze. N’ejobundi nagiyeyo bamkambwira ngo nkomeze ntegereze. Ubu kuvuza umwana wanjye nabyaye ndetse nanjye kwivuza biragoye kuko nta ndangamuntu mfite.”

Ikibazo cye ngo iyo akibajije ababishinzwe bamubwira ko kizakemuka ariko agategereza agaheba bikamugiraho ingaruka kuri we ndetse n’uwo yabyaye.

Ati “Iyo ndwaye njya kwigurira imiti ntazi n’indwara kuko nta kundi nabigeza. Icyifuzo ni uko nabona ibyangombwa nkabasha kwivuza ndetse no kubona serivise zikenera indangamuntu kuko hari serivisi nyinshi zikenera indangamuntu ntahabwa.”

Nyirimana Edouard , se w’uyu mwana asaba ko yafashwa bigakosoka kuko bahangayikishijwe n’ubuzima abayeho atagira ibyangombwa.

Ati “Ubuzima bwe n’uwo yabyaye buri mu kaga kuko ari twe nta bushobozi dufite bwo kubitaho mu gihe barwaye kuko bisaba ko bivuza ijana ku ijana bitewe no kutagira indangamuntu.”

Ibyomanishaka Victoire, Umukozi ushinzwe irangamimerere mu Murenge wa Ndora avuga ko iki kibazo atakibuka agasaba ko uyu mwana yamwegera akamufasha.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Next Post

Nyamasheke: Umukwe yahindutse umutekamitwe ku munsi w’ubukwe bitera ababyeyi b’umukobwa ikimwaro

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umukwe yahindutse umutekamitwe ku munsi w’ubukwe bitera ababyeyi b’umukobwa ikimwaro

Nyamasheke: Umukwe yahindutse umutekamitwe ku munsi w’ubukwe bitera ababyeyi b’umukobwa ikimwaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.