Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko na we yamenyeye iyegura rya Vital Kamerhe aho ari muri Leta Zunze Ubumwe za America, kandi ko nta ruhare na ruto abifitemo, ndetse ko kuri we akomeje kumufata nk’umuvandimwe.

Tshisekedi yabitangarije aho ari i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho yitabiriye Inteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere, Vital Kamerhe yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, aho yavuze ko yeguye ku bushake bwe kandi ku mpamvu ze bwite.

Ni mu gihe bivugwa ko iyegura rye, rifitwemo ukuboko n’ishyaka rya Perezida Tshisekedi, nyuma yuko rimenye ko uyu munyapolitiki afite umugambi wo kuziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu, kandi ko ashobora kubangamira gahunda ya Tshisekedi yo guhindura Itegeko Nshinga.

Tshisekedi yavuze ko mu minsi micye ishize yakiriye Ihuriro ry’abayobozi bo mu nzego Nkuru z’Igihugu, barimo Abaperezida b’Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko, Minisitiri w’Intebe ndetse na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo ukomeza kumvikana avuga ko Vital Kamerhe ari umuvandimwe we akaba n’umufatanyabikorwa muri Politiki, yavuze ko ibibera mu Nteko Ishinga Amategeko, ari ibyayo kuko ari Urwego rwigenzura kandi rukomeye.

Ati “Buri rwego rugira imikorere yarwo kandi ibintu bigenda bihinduka bitewe n’icyo inzego ziri gukora. Njyewe icyo nkora ni ugukomeza kugenzura ugushikama kw’inzego ariko ntabwo nshobora gutanga itegeko ry’uko zikora cyangwa igikwiye gukorwamo, niba banzuye kweguza Perezida ibyo ni gahunda zabo z’imbere, njye inshingano zanjye ni uko uburenganzira bwa buri wese bwubahirizwa ndetse na buri rwego rugakora rushikamye, ibyo ni byo nshyize imbere.”

Tshisekedi kandi yahakanye yivuye inyuma ko nta ruhare na ruto afite mu iyegura rya Vital Kamerhe.

Ati “Niba bwana Vital Kamerhe yabifasheho icyemezo, njye simbona aho ikibazo kiri. Kuko si njye nyirabayazana wo kwegura kwe, cyangwa y’ibibazo bye, simbona impamvu yaba ashaka kuntera umugongo. Ntacyo nabikoraho ariko ndakomeza kumufata nk’umufatanyabikorwa, nk’umuvandimwe.”

Vital Kamerhe yeguye nyuma y’igitutu yashyizweho na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bashinja imicungire mibi y’imari y’Inteko, ndetse n’imiyoborere mibi y’uru rwego.

Tshisekedi na Vital Kamerhe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − ten =

Previous Post

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Next Post

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Related Posts

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

by radiotv10
10/11/2025
0

Pariki yo mu Kibaya cya N’Sele izwi cyane i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isanzwe ari iya Joseph...

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

by radiotv10
10/11/2025
0

Leta ya Tanzania yagejeje mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cya gucura umugambi wo kugambanira Igihugu, nyuma y’imyigaragambyo yabaye mu...

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

by radiotv10
10/11/2025
0

Colonel Fureko usanzwe akomoka mu Banyamulenge ukorana n’Umutwe wa Wazalendo na FARDC guhangana na AFC/M23, yatawe muri yombi anakorerwa iyicarubozo...

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bivugwa ko yari yasinze, yishwe nyuma yo gushaka kwivugana umukuriye,...

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

by radiotv10
10/11/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kohereza abandi basirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko muri Kivu y’Epfo, aho bivugwa ko...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.