• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko na we yamenyeye iyegura rya Vital Kamerhe aho ari muri Leta Zunze Ubumwe za America, kandi ko nta ruhare na ruto abifitemo, ndetse ko kuri we akomeje kumufata nk’umuvandimwe.

Tshisekedi yabitangarije aho ari i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho yitabiriye Inteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere, Vital Kamerhe yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, aho yavuze ko yeguye ku bushake bwe kandi ku mpamvu ze bwite.

Ni mu gihe bivugwa ko iyegura rye, rifitwemo ukuboko n’ishyaka rya Perezida Tshisekedi, nyuma yuko rimenye ko uyu munyapolitiki afite umugambi wo kuziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu, kandi ko ashobora kubangamira gahunda ya Tshisekedi yo guhindura Itegeko Nshinga.

Tshisekedi yavuze ko mu minsi micye ishize yakiriye Ihuriro ry’abayobozi bo mu nzego Nkuru z’Igihugu, barimo Abaperezida b’Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko, Minisitiri w’Intebe ndetse na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo ukomeza kumvikana avuga ko Vital Kamerhe ari umuvandimwe we akaba n’umufatanyabikorwa muri Politiki, yavuze ko ibibera mu Nteko Ishinga Amategeko, ari ibyayo kuko ari Urwego rwigenzura kandi rukomeye.

Ati “Buri rwego rugira imikorere yarwo kandi ibintu bigenda bihinduka bitewe n’icyo inzego ziri gukora. Njyewe icyo nkora ni ugukomeza kugenzura ugushikama kw’inzego ariko ntabwo nshobora gutanga itegeko ry’uko zikora cyangwa igikwiye gukorwamo, niba banzuye kweguza Perezida ibyo ni gahunda zabo z’imbere, njye inshingano zanjye ni uko uburenganzira bwa buri wese bwubahirizwa ndetse na buri rwego rugakora rushikamye, ibyo ni byo nshyize imbere.”

Tshisekedi kandi yahakanye yivuye inyuma ko nta ruhare na ruto afite mu iyegura rya Vital Kamerhe.

Ati “Niba bwana Vital Kamerhe yabifasheho icyemezo, njye simbona aho ikibazo kiri. Kuko si njye nyirabayazana wo kwegura kwe, cyangwa y’ibibazo bye, simbona impamvu yaba ashaka kuntera umugongo. Ntacyo nabikoraho ariko ndakomeza kumufata nk’umufatanyabikorwa, nk’umuvandimwe.”

Vital Kamerhe yeguye nyuma y’igitutu yashyizweho na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bashinja imicungire mibi y’imari y’Inteko, ndetse n’imiyoborere mibi y’uru rwego.

Tshisekedi na Vital Kamerhe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Next Post

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Kathia n’umugabo we Adonis bagaragaje bari mu bihe byiza mu kwa buki ahantu hanogeye ijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.