Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Dembélé wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka ku Isi

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiteye amatsiko wamenya kuri Dembélé wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Ousmane Dembélé, Umufaransa ubu uri kuvugwa muri ruhago y’Isi nyuma yo kwegukana igihembo cy’umukinnyi w’umwaka (Ballon d’Or) ku Isi, yanyuze mu mateka ashaririye, yanibutse ubwo yatangaga imbwirwaruhame ye, agafatwa n’ikiniga akarira. Turebere hamwe amwe mu mateka ye.

Amazina ye yose yitwa Masour Ousmane Dembélé, yavutse tariki 15 Gicurasi 1997, bivuze ko afite imyaka 28 y’amavuko.

Yavukiye ahitwa Vernon, Eure muri Normandy kuri Nyina w’Umunya-Mauritania na se w’UmunyaMali witwa Ousmane Dembele Sr.

Ni nyina wamufashije kuko se Ousmane Sr yaje kubata, asigira Fatumata abana batatu abarera wenyine nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Guardian.

Fatimataa nyina wa Ousmane Dembélé ni we w’ibanze mu muryango wahoraga yizeye ko umuhungu we azaba icyamamare ndetse yajyaga ajyana umuhungu we mu myitozo buri munsi akabifatanya no gukora imirimo itandukanye kugira ngo abashe kubitaho, ibi byavuzwe na Camara ahura bwa mbere na Dembélé muri 2012.

Mama we yamenye impano y’umuhungu we akiri muto kuko ku myaka itandatu yamujyanye i Vernon no muri Rennes mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’u Bufaransa guhura na nyirarume Badou Sambague wari warahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru yari n’ikitegererezo gikombeye kuri Ousmane, aba ari na we umujyana mu ikipe yatangiriyemo yo hafi y’iwabo yitwa Evreux yo mu gace k’iwabo kitwa Normandy muri 2004.

Ousmane Dembélé yatangiye gukina nk’uwabize umwuga muri 2015 mu ikipe ya Rennes anatsindira igihembo cy’umukinnyi ukiri muto mwiza w’umwaka mu mwaka we wa mbere.

Taliki 12 Gicurasi 2016 Dembélé yerekeje mu Budage asinyira ikipe ya Borussia Dortmund imyaka itanu ariko ntiyayihamaze kuko nyuma yo gutwarana na yo DFB-Pokal ya 2016-2017 yahise yerekeza muri Espagne asinyira FC Barcelona hari ku tariki 25 /08/2017 yayisinyiye ku kayabo ka Miliyoni 105 z’ama-Euro.

Barca yari yagurishije Neymar muri PSG kuri miliyoni 222 Euro byari bivuze ko Dembélé yari abaye umukinnyi uhenze icyo gihe kimwe na Pogba icyo gihe Renne bayihaye Miliyoni 20 kuko ni ho yaraturutse.

FC Barcelone yatwaranye na yo ibikombe birindwi birimo ibikombe bya Shampiyona ya La Liga bitatu. Ibindi ni Copa Del Rey na Supercopa de Espana na Champions League yatwariye muri Barca mu myaka irenga itanu yayikiniye.

Taliki 12 Kanama 2023 ni bwo yasubiye iwabo mu Bufaransa asinyira ikipe ya Paris Saint Germain bamuguze miliyoni 50.4 Euro bahise bamuha nimero 23 baje guhindura bakamuha nimero 10 kuko Neymar yari yaravuye muri iyi kipe.

Ousmane Dembélé kugeza ubu umaze gutsindirira PSG ibitego 35 kongeraho Assists 14, mu mikino 53 kugeza ubu amaze gutwarana na yo ibikombe umunani birimo ibya shampiyona bibiri, Coupe de France ebyiri, Trophee des Champions ebyri, Champions League 2024 -25 na UEFA Super Cup 2025 kongeraho ko banacyuye umwanya wa kabiri mu gikombe cy’Isi cy’ama club.

Dembélé abaye umukinnyi wa 46 utwaye Ballon d’Or mu mateka yayo kuva yatangira mu 1956, abaye kandi uwa 6 uyitwaye aturuka mu Bufaransa ari na cyo Gihugu gifite abayitwaye benshi, akaba anabaye umwirabura wa kabiri uyitwaye nyuma ya Geoge Weah wayitwaye mu 1995.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

Next Post

Eng.-President Kagame highlights the benefits of strong relations between Rwanda and Egypt

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Kagame highlights the benefits of strong relations between Rwanda and Egypt

Eng.-President Kagame highlights the benefits of strong relations between Rwanda and Egypt

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.