Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

radiotv10by radiotv10
25/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Ikirego cya Muganga Chantal wari wareze Dr Nsabimana Ernest wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, amushinja kuba barigeze gukundana akamwizeje kuzamugira umugore akaza kumutenguha, cyateshejwe agaciro n’Urukiko rwagaragaje impamvu y’icyemezo cyarwo.

Iki kirego kiri mu ngingo ziherutse kugarukwaho cyane, cyaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, aho uwitwa Muganga Chantal yavugaga ko Dr Nsabimana Ernest yamutengushye akanga kumushaka kandi yari yarabimwizeje ubwo bakundanaga, ngo bikamugiraho ingaruka zirimo n’uburwayi budakira.

Uyu mugore wavugaga ko agikomeje kwivuza zimwe mu ndwara yatewe n’ibikomere yasigiwe no gutenguhwa n’uriya munyapolitiki, yasabaga ko yakwishyurwa indishyi zo mu byiciro binyuranye zingana na Miliyoni zirenga 400 Frw.

Muri uru rubanza, Dr Nsabimana utari witabye Urukiko, yari ahagarariwe na Iyamuremye Maurice, wavuze ko iki kirego kidafite ishingiro, kuko umukiliya we atigeze anakundana n’urega, bityo ko Urukiko rukwiye kugitesha agaciro, ahubwo rukamuca miliyoni 5 Frw kuko yamushoye mu manza zidafite ishingiro.

Ubwo hasomwaga icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nzeri 2025, Umucamanza yavuze ko mu isesengura ry’Urukiko, rutabonye ibimenyetso bishimangira ibyatangajwe n’urega.

Urukiko ruvuga ko uburwayi bwavuzwe na Muganga Chantal ko yatewe no gutenguhwa na Dr Nsabimana, nta kimenyetso kibishimangira, ndetse ko impapuro yerekanye ko yivuje, atagaragaje ko koko ubwo burwayi yivuzaga yabutewe n’uregwa.

Urukiko kandi rugendeye ku ifoto yagaragajwe n’uregwa ngo yarajunjamye, rwavuze ko na yo ubwayo itagaragaza ko icyo kibazo yagitewe na Nsabimana.

Umucamanza avuga ko ibibazo n’uburwayi bivugwa n’uregwa, atigeze agaragaza ko bifitanye isano no kuba atarashatswe na Dr Nsabimana, yanzura ko ikirego cy’urega giteshejwe agaciro.

Urukiko ruvuga ko umuntu usaba indishyi, agomba kugaragaza ibimenyetso simusiga by’isano riri hagati y’uzisabwa n’ingaruka azisabira, kandi ko urega (Muganga Chantal) atigeze abigaragaza.

Rwanzuye ko ikirego cya Muganga Chantal giteshwa agaciro, rwemeza ko agomba kwishyura ibihumbi 500 Frw ku bwo kumushora mu manza zidafite ishingiro, ndetse no gutanga kandi ibihumbi 500 Frw by’igihembo cya Avoka.

Chantal avuga ko yatengushywe bikamugiraho ingaruka
Dr Ernest Nsabimana waregwaga na Chantal

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 10 =

Previous Post

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Next Post

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.