Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Abatwara ibinyabiziga barifuza ko amajile y’Abapolisi yashyirwaho amazina yabo

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Abatwara ibinyabiziga barifuza ko amajile y’Abapolisi yashyirwaho amazina yabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batwara ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali barifuza ko umwambaro w’akazi [Gilet] w’Abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda washyirwaho amazina yabo kuko hari igihe bayakenera bakayayoberwa.

Iki cyifuzo cy’abatwara ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali, bagishingira ku kuba hari igihe babambura ibyangombwa bajya kubishaka bakababaza amazina y’abibambuye bakayayoberwa.

Umwe yagize ati “Rimwe na rimwe ashobora kuba yambaye ingofero n’agapfukamunwa ntumubone ngo urebe amazina ye niba yanakurenganyije umenye aho wasobanuza.”

Ubusanzwe amazina y’abakora mu nzego z’umutekano za Leta, aba yanditse ku mpuzankano yabo isanzwe.

Undi mushoferi agira ati “Umupolisi ashobora kugufata yambaye iriya gilet ntumenye ngo ninde wagufashe ariko hariho izina aba ari sawa, umenya ngo ugiye gushaka nk’iyo perimi wamenya ngo ni runaka wagufashe ariko barakubaza bati ‘ese ninde wagufashe?’ ariko utarisomye ntabwo warimenya. Akenshi noneho baba bambaye udupfukamunwa ku buryo niyo bamushyira hariya utamumenya.”

Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere Rene yabwiye RADIOTV10 yavuze ko ku majile y’Abapolisi hasanzwe habaho nimero kandi ko buri wese agira iye.

SSP Irere Rene wasabye aba bashoferi kujya bafata ziriya nimero, yakomeje agira ati “Niba ari ibyifuzo cyaba ari igitekerezo cyiza twabireba tukabisuzuma twasanga koko ari byo bifasha abaturage tukabikora.”

hari abavuga kandi ko kuba umupolisi ushinzwe umutekano mu muhanda yaba akora atagira ibimuranga  byakorohereza abantu kumumenya bishobora kuba bimwe mu byatiza umurindi ruswa ikunze kugaragara muri uru rwego rwa Polisi ishinzwe umutekano wo mu Muhanda.

Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, muri iki cyumweru washyize hanze ibyavuye mu bushakashatsi bugaragaza ishusho ya ruswa mu nzego zo mu Rwanda aho Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda yaje ku mwanya wa kabiri ku kigero cya 15,2%.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Next Post

Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

FARDC yasohoye itangazo ivuga ku magambo yatangajwe n’Umuvugizi wayo
AMAHANGA

FARDC yasohoye itangazo ivuga ku magambo yatangajwe n’Umuvugizi wayo

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FARDC yasohoye itangazo ivuga ku magambo yatangajwe n’Umuvugizi wayo

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.