Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impamvu amatora ya Perezida agiye gusubirwamo mu Gihugu kimwe cyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impamvu amatora ya Perezida agiye gusubirwamo mu Gihugu kimwe cyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Seychelles hagiye gusubirwamo amatora ya Perezida wa Repubulika y’iki Gihugu, ahanganishije abakandida babiri bakomeye, nyuma yuko habuze uwuzuza amajwi yagenwe kugira ngo atsinde mu buryo bweruye.

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi Patrick Herminie, yabonye 48,8% by’amajwi, mu gihe Perezida uri ku butegetsi, Wavel Ramkalawan, yabonye 46,4%, nk’uko Komisiyo y’Amatora yabitangaje.

Ni mugihe umukandida wegukana intsinzi agomba kubona amajwi arenga 50% kugira ngo atangazwe nk’uwatsinze, bityo igice cya kabiri amatora kikaba giteganyijwe mu cyumweru gitaha.

Seychelles ni cyo Gihugu gito muri Afurika, kigizwe n’ibirwa 115 biri mu Nyanja y’Abahinde, kikaba  Gituwe n’abaturage barenga ibihumbi 120 gusa.

Wavel Ramkalawan arashaka manda ye ya kabiri, aho ishyaka rye Linyon Demokratik Seselwa (LDS) ryiyemeje kuzamura ubukungu, iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage ndetse no kurengera ibidukikije.

Ishyaka United Seychelles riyobowe na Herminie bahanganye, ni ryo ryari ku butegetsi kuva mu 1977 kugeza mu 2020, ubwo ryatakazaga ubwiganze ku ishyaka rya Ramkalawan.

Ndetse mu ijambo yavugiye kuri televisiyo y’Igihugu Herminie yagize ati “Twiteguye ku gice cya kabiri cy’amatora, ndetse ejo Tuzatangira ibikorwa byo kwiyamamaza.”

Seychelles ni Igihugu kizwi cyane ku bukerarugendo bushingiye ku bidukikije, ndetse ni cyo gikize kurusha ibindi muri Afurika ku bijyanye n’amafaranga umuturage yinjiza ku mwaka, (average income per person) aho umuturage umwe yinjiza asaga $9,440 (arenga miliyoni 14 Frw).

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Urukiko rwatangaje icyemezo kuri Adolphe wari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA uregwa kunyereza

Next Post

Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Ibyamenyekanya ku by'abafana ba Rayon bafatiwe nzira n'inzego z'umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.