Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe abagore barimo umukecuru bagendaga basabiriza ariko bafite ikindi kibagenza

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in MU RWANDA
0
Uko hafashwe abagore barimo umukecuru bagendaga basabiriza ariko bafite ikindi kibagenza
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore babiri barimo umukecucu w’imyaka 70 bafatiwe mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bamaze kwanura imyenda y’umuturage wari wayanitse, aho aba bafashwe bari mu bamaze iminsi bagendagenda mu ngo basabiriza, ariko n’icyo babonye hafi aho bakagihitana.

Aba bafashwe, barimo umwe witwa Mukarishiri w’imyaka 70 na mugenzi we Nyirangirimana; bombi bo mu Murenge wa Gihundwe, mu gihe uwo bari bibiye imyenda ari uwo mu Mudugudu wa Kabeza mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe.

Muri aka gace hamaze iminsi havugwa ubujura bukorwa n’abantu biganjemo abagore birirwa bagendagenda mu ngo z’abaturage bitwaje gusabiriza ariko bafite intego yo kwiba.

Uwitwa Muhutukazi Jeannine wibwe n’aba bafashwe, yavuze ko yari yagiye ku isoko yagaruka agasanga imyenda yari yanitse mu rugo itagihari, agahita atangira gushakisha, akagera mu kabari kari hafi aho ari bwo yahasangaga abagore babiri bafite imyenda bazingazinze, babasaka bagasanga ari iye.

Yagize ati “Nkihagera nabuze imyenda nari nsize nanitse maze kuyimesa, nibuka ko hano hamaze iminsi haca abana, abakobwa bakuru n’abagore barimo abakecuru basabiriza, nkumva abo biba, nkurikije n’abagore bafatanwa imyenda, inkweto n’ibindi baba bavuga ko bacuruza ibyibwe, ntangira gushakisha.”

Aba bagore si bo ba mbere bafashwe kuko no mu minsi ishize hari umugore uherutse kuhafatirwa na we wagendaga yitwaje umwana we amusabira ubufasha, ariko agenzwa no kwiba.

Umwe mu baturage yagize ati “Bafatiwe mu Kagari ka Cyangugu bari hamwe basabiriza, bafatanwa imyenda, amashuka n’ibindi by’agaciro k’amafaranga y’u Rwanda ari hejuru y’ibihumbi mirongo itanu.”

Ingabire Joyeux uyobora Umurenge wa Kamembe, yavuze ko ingeso yo gusabiriza ivugwa mu bagore, aboneraho gusaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe ku bantu bakora nk’ibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Amakuru mashya: U Rwanda rubaye urwa mbere muri Afurika rusinyanye amasezerano n’amakipe abiri ya NBA na NFL

Next Post

Eng.-Visit Rwanda partners with LA Clippers and LA Rams in historic U.S. sports sponsorships

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Visit Rwanda partners with LA Clippers and LA Rams in historic U.S. sports sponsorships

Eng.-Visit Rwanda partners with LA Clippers and LA Rams in historic U.S. sports sponsorships

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.