Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 50 bahitanywe n’ibitero bya Israel muri Gaza, mu gihe umutwe wa Hamas uhanganye n’iki Gihugu uri gusuzuma umugambi wa Donald Trump ugamije kurangira iyi ntambara, yanavuze ko afite icyizere ko bari hafi yo kugera ku mwanzuro ufatika.

Itsinda rya Hamas rishinzwe ibiganiro riri kwiga ku mugambi w’ingingo 20 wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump wo kurangiza intambara ya Israel muri Gaza.

Ubwo yari muri White House, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, mu kiganiro n’abanyamakuru hamwe na Perezida Trump, yavuze ko yemeye uwo mugambi wo kurangiza intambara.

Ni mu gihe kandi ibitero bya Israel muri Gaza byakomeje kuri uyu wa Kabiri byahitanye abantu 11, nk’uko byatangajwe n’amavuriro y’imbere mu Gihugu, bije bikurikira ibindi byabaye kuri uyu wa Mbere byo byaguyemo abantu 39.

Mu gitero giheruka kandi, ingabo za Israel zarashe ku bashakaga ubufasha hafi y’ahazwi nka Koridoro ya Netzarim mu burengerazuba bwa Gaza, nk’uko babitangarije ibinyamakuru, gusa ntibagaragaje umubare w’abahitanywe cyangwa abakomerekejwe nabyo.

Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narenda Modi abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yashimye umugambi wa Perezida Trump uganisha ku kurangiza intambara muri Gaza anahamagarira impande bireba kubyubahiriza.

Yagize ati “Twakiranye yombi itangazo rya Perezida Donald J. Trump ryerekeye umugambi usesuye wo kurangiza intambara yo muri Gaza. Uwo mugambi utanga inzira nyayo iganisha ku mahoro arambye kandi akomeye, ku mutekano no ku iterambere by’abaturage ba Palesitina n’aba Israel, ndetse n’akarere kanini ka Aziya y’Uburengerazuba. Turizera ko impande zose bireba zizashyigikira igitekerezo cya Perezida Trump, kandi zigafatanya muri uru rugendo rwo kurangiza intambara no guharanira amahoro.”

Phyllis Bennis, umuyobozi mu kigo Institute for Policy Studies i Washington, DC, yavuze ko uyu mugambi wa Trump nta cyizere utanga cy’uko intambara yo muri Gaza izarangira burundu, cyangwa se ngo inyungu z’Abanya-Palesitina zubahirizwe, yanashimangiye ko ibimenyetso byose bigaragaza ko igihe cyose Israel yifuza gusubira mu ntambara, izabikora.

Bimwe mu bikubiye muri zo ngingo 20 za Perezida Trump zireba impande zombi mu kurangiza intambara, harimo ko Israel itagomba kwigarurira Gaza ngo iyiyomekeho nkuko byari byavuzwe, mu gihe Hamas na yo yasabwe kurekura imfungwa zose za Israel ifite.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Eng.-Trump reveals outcome of talks with Netanyahu

Next Post

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Related Posts

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

IZIHERUKA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka
AMAHANGA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.