Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 50 bahitanywe n’ibitero bya Israel muri Gaza, mu gihe umutwe wa Hamas uhanganye n’iki Gihugu uri gusuzuma umugambi wa Donald Trump ugamije kurangira iyi ntambara, yanavuze ko afite icyizere ko bari hafi yo kugera ku mwanzuro ufatika.

Itsinda rya Hamas rishinzwe ibiganiro riri kwiga ku mugambi w’ingingo 20 wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump wo kurangiza intambara ya Israel muri Gaza.

Ubwo yari muri White House, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, mu kiganiro n’abanyamakuru hamwe na Perezida Trump, yavuze ko yemeye uwo mugambi wo kurangiza intambara.

Ni mu gihe kandi ibitero bya Israel muri Gaza byakomeje kuri uyu wa Kabiri byahitanye abantu 11, nk’uko byatangajwe n’amavuriro y’imbere mu Gihugu, bije bikurikira ibindi byabaye kuri uyu wa Mbere byo byaguyemo abantu 39.

Mu gitero giheruka kandi, ingabo za Israel zarashe ku bashakaga ubufasha hafi y’ahazwi nka Koridoro ya Netzarim mu burengerazuba bwa Gaza, nk’uko babitangarije ibinyamakuru, gusa ntibagaragaje umubare w’abahitanywe cyangwa abakomerekejwe nabyo.

Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narenda Modi abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yashimye umugambi wa Perezida Trump uganisha ku kurangiza intambara muri Gaza anahamagarira impande bireba kubyubahiriza.

Yagize ati “Twakiranye yombi itangazo rya Perezida Donald J. Trump ryerekeye umugambi usesuye wo kurangiza intambara yo muri Gaza. Uwo mugambi utanga inzira nyayo iganisha ku mahoro arambye kandi akomeye, ku mutekano no ku iterambere by’abaturage ba Palesitina n’aba Israel, ndetse n’akarere kanini ka Aziya y’Uburengerazuba. Turizera ko impande zose bireba zizashyigikira igitekerezo cya Perezida Trump, kandi zigafatanya muri uru rugendo rwo kurangiza intambara no guharanira amahoro.”

Phyllis Bennis, umuyobozi mu kigo Institute for Policy Studies i Washington, DC, yavuze ko uyu mugambi wa Trump nta cyizere utanga cy’uko intambara yo muri Gaza izarangira burundu, cyangwa se ngo inyungu z’Abanya-Palesitina zubahirizwe, yanashimangiye ko ibimenyetso byose bigaragaza ko igihe cyose Israel yifuza gusubira mu ntambara, izabikora.

Bimwe mu bikubiye muri zo ngingo 20 za Perezida Trump zireba impande zombi mu kurangiza intambara, harimo ko Israel itagomba kwigarurira Gaza ngo iyiyomekeho nkuko byari byavuzwe, mu gihe Hamas na yo yasabwe kurekura imfungwa zose za Israel ifite.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 9 =

Previous Post

Eng.-Trump reveals outcome of talks with Netanyahu

Next Post

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.