• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwahamije ibyaha Joseph Kabila Kabange wayoboye iki Gihugu, rumukatira igihano cy’urupfu kidashobora kubonerwa impamvu nyoroshyacyaha, rugaragaza n’impamvu zatumye rufata iki cyemezo.

Ni icyemezo cyasomwe kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025 cyari gitegerejwe na benshi, dore ko isomwa ryacyo ryagombaga kuba tariki 19 Nzeri ariko rikaza kwimurwa.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwaburanishije uru rubanza, mu cyemezo cyarwo, rwahamije Kabila ibyaha ashinjwa birimo kugambanira Igihugu, kugira uruhare mu myigaragambyo, ndetse n’ibyaha by’iterabwoba.

Mu guhamya ibi byaha Joseph Kabila, Urukiko rwashingiye ku kuba i Bukavu n’i Goma yarakoreye “inama zitaziguye ku cyicaro gikuru zigamije gutegura intambara” ndetse ko “yakoze ubugenzuzi mu bigo bitangirwamo amabwiriza” ya AFC/M23 ndetse akaba yari “umuyobozi uvuga rikijyana mu mitwe yose y’inyeshyamba yabayeho mu Gihugu kuva ku nyeshyamba za Mutebusi. Urukiko kandi rwahaye ishingiro ko Kabila ari “Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23.”

Ku bijyanye n’impaka zazamuwe zirebana n’Ubwenegihugu bwa Kabila, aho havugwaga ko ari “Umunyarwanda”, Urukiko rwiyambuye ububasha ku kugira icyemezo rufata kuri iyi ngingo, rwohereza iki kibazo Guverinoma ngo izagitangeho umurongo ariko ko na yo igomba kuzagendera ku bimenyetso bifatika bishingiye “kuri nyiri ubwite ndetse no ku bikorwa bifatika.”

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kandi nanone rwatesheje agaciro ubusabe bwari bwatanzwe n’Umugenzuzi Mukuru wa FARDC, warusabye ko imitungo ya Joseph Kabila ifatirwa.

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva muri 2001 kugeza muri 2019, yasomewe iki cyemezo atari mu Rukiko, dore ko yanaburanishijwe adahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 14 =

Previous Post

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

Next Post

Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!- Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!- Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame

Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!- Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.