Monday, October 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwinjije mu gisirikare cyaryo abandi basirikare 9 350 bakurikiye abandi 7 400 ryari riherutse kwakira, aho Maj Gen Makenga yabibukije ko intego yabo ari ugukuraho ubutegetsi bwakomwe n’imigirire mibi.

Amakuru yatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri iki Cyumweru tariki 05 Ukwakira 2025, avuga ko “habaye umuhango wo gusoza imyitozo ya gisirikare ku Bakomando bashya barenga 9 350, wabaye tariki 01 Ukwakira 2025 i Tchanzu muri Kivu ya Ruguru.”

Kanyuka kandi yagaragaje amashusho y’uyu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, aho aba basirikare bashya banagaragaje imwe mu myitozo bahawe.

Aba basirikare bigaragara ko barimo n’ab’igitsinagore, batojwe kurwanisha intwari zirimo izoroheje ndetse n’iza rutura, kimwe n’imyitozo nkarishyamubiri yabafasha guhangana n’umwanzi bakoresheje imbaraga z’umubiri.

Mu butumwa Gen Makenga yagejeje kuri aba basirikare bashya ba AFC/M23, yabibukije ko iki gisirikare, ari icyo kubohora Igihugu hagamijwe kuzanira DRC impinduka.

Ati “Igihugu cyacu cyasenywe kuva cyera n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, bwica abaturage b’Igihugu uko babyishakiye, barica abasivile babaziza ubwoko bwabo, abandi benshi bakaba impunzi. Ni yo mpamvu ARC (M23) yahagurutse kugira ngo igarure ubuyobozi bwiza.”

Gen Makenga wabazaga aba basirikare bashya niba biteguye guharanira izi ntego za AFC/M23, yabibukije ko baje gufasha bagenzi babo basanzwe muri iki Gisirikare, kugera ku ntego yabo yo gukuraho ubutegetsi bwimakaje amacakubiri muri DRC.

Ati “Igihugu cyacu gikeneye kubohorwa, abantu bose bakirimo bakeneye kubohorwa, ibyo rero ni akazi kacu nka M23, nk’igisirikare cyacu. Igihugu cyacu kigomba kubahwa, tugomba kucyubaka, abaturage bacu bakeneye kubahwa, bakeneye igisirikare kizima.”

Gen Makenga kandi yongeye gusaba aba basirikare kuzarangwa n’imyitwarire iboneye, itandukanye n’igaragazwa n’aba Leta ya Kinshasa, bokamwe n’ingeso mbi z’ubujura, gufata ku ngufu abagore, no kwica abaturage b’inzirakarengane.

Ati “Abaturage bazabubahira kuba mwitwaye neza, ibyo rero ni akazi gakomeye, mugomba kurangwa n’imyitwarire iboneye yo hejuru, niba uri mu Gihugu cyawe mu Gihugu cy’abaturage kirimo abaturage bari mu bibazo, mugomba kubashyira imbere. Ntimugende ngo mutangire kwiba, kuko abaturage bacu bahuye n’ibyo bibazo igihe kinini, rero ntimukwiye kubasonga.”

Aba basirikare barenga ibihumbi 9 binjiye mu gisirikare hatarashira ukwezi, AFC/M23 nanone yungutse abandi 7 437 bo barangije muri Nzeri, tariki 14, aho na bwo umuhango wo kubinjiza mu gisirikare wayobowe na Maj Gen Sultani Makenga.

AFC/M23 iherutse kwinjiza abandi basirikare ibihumbi 9
Gen Makenga asaba abasirikare be kurangwa n’imyitwarire myiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eight =

Previous Post

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

Next Post

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Related Posts

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

by radiotv10
06/10/2025
0

Bwa mbere umwimukira yageze ku Mugabane w’u Burayi akoresheje umutaka ufasha abantu kuguruka mu kirere bunazwi ku basirikare, ibintu byagaragaye...

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

by radiotv10
06/10/2025
0

Ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bigiye gusubukurwa, byitezweho kuganirirwamo ingingo zikomeje kugorana...

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
06/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zirwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabyutse...

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

by radiotv10
06/10/2025
0

Abayobozi ba Israël na Hamas bageze i Cairo mu Misiri, kugira ngo baganire ku mugambi w’amahoro wa Perezida wa Leta...

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

by radiotv10
06/10/2025
0

Nyuma y’amasaha macye hatangajwe abagize Guverinoma azayobora, Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa, Sebastien Lecornu wari washyizweho mu kwezi gushize, yeguye...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje
MU RWANDA

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

by radiotv10
06/10/2025
0

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

06/10/2025
Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

06/10/2025
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.