• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwinjije mu gisirikare cyaryo abandi basirikare 9 350 bakurikiye abandi 7 400 ryari riherutse kwakira, aho Maj Gen Makenga yabibukije ko intego yabo ari ugukuraho ubutegetsi bwakomwe n’imigirire mibi.

Amakuru yatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri iki Cyumweru tariki 05 Ukwakira 2025, avuga ko “habaye umuhango wo gusoza imyitozo ya gisirikare ku Bakomando bashya barenga 9 350, wabaye tariki 01 Ukwakira 2025 i Tchanzu muri Kivu ya Ruguru.”

Kanyuka kandi yagaragaje amashusho y’uyu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, aho aba basirikare bashya banagaragaje imwe mu myitozo bahawe.

Aba basirikare bigaragara ko barimo n’ab’igitsinagore, batojwe kurwanisha intwari zirimo izoroheje ndetse n’iza rutura, kimwe n’imyitozo nkarishyamubiri yabafasha guhangana n’umwanzi bakoresheje imbaraga z’umubiri.

Mu butumwa Gen Makenga yagejeje kuri aba basirikare bashya ba AFC/M23, yabibukije ko iki gisirikare, ari icyo kubohora Igihugu hagamijwe kuzanira DRC impinduka.

Ati “Igihugu cyacu cyasenywe kuva cyera n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, bwica abaturage b’Igihugu uko babyishakiye, barica abasivile babaziza ubwoko bwabo, abandi benshi bakaba impunzi. Ni yo mpamvu ARC (M23) yahagurutse kugira ngo igarure ubuyobozi bwiza.”

Gen Makenga wabazaga aba basirikare bashya niba biteguye guharanira izi ntego za AFC/M23, yabibukije ko baje gufasha bagenzi babo basanzwe muri iki Gisirikare, kugera ku ntego yabo yo gukuraho ubutegetsi bwimakaje amacakubiri muri DRC.

Ati “Igihugu cyacu gikeneye kubohorwa, abantu bose bakirimo bakeneye kubohorwa, ibyo rero ni akazi kacu nka M23, nk’igisirikare cyacu. Igihugu cyacu kigomba kubahwa, tugomba kucyubaka, abaturage bacu bakeneye kubahwa, bakeneye igisirikare kizima.”

Gen Makenga kandi yongeye gusaba aba basirikare kuzarangwa n’imyitwarire iboneye, itandukanye n’igaragazwa n’aba Leta ya Kinshasa, bokamwe n’ingeso mbi z’ubujura, gufata ku ngufu abagore, no kwica abaturage b’inzirakarengane.

Ati “Abaturage bazabubahira kuba mwitwaye neza, ibyo rero ni akazi gakomeye, mugomba kurangwa n’imyitwarire iboneye yo hejuru, niba uri mu Gihugu cyawe mu Gihugu cy’abaturage kirimo abaturage bari mu bibazo, mugomba kubashyira imbere. Ntimugende ngo mutangire kwiba, kuko abaturage bacu bahuye n’ibyo bibazo igihe kinini, rero ntimukwiye kubasonga.”

Aba basirikare barenga ibihumbi 9 binjiye mu gisirikare hatarashira ukwezi, AFC/M23 nanone yungutse abandi 7 437 bo barangije muri Nzeri, tariki 14, aho na bwo umuhango wo kubinjiza mu gisirikare wayobowe na Maj Gen Sultani Makenga.

AFC/M23 iherutse kwinjiza abandi basirikare ibihumbi 9
Gen Makenga asaba abasirikare be kurangwa n’imyitwarire myiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fourteen =

Previous Post

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

Next Post

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.