• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

radiotv10by radiotv10
07/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye, yafashe abantu bane bakekwaho kuba bari mu gatsiko k’amabandi, bafatiwe mu mukwabu wakozwe nyuma yuko hari abaturage bo mu Murenge wa Tumba bakomerekejwe n’abantu batandatu bateye akabari bitwaje intwaro gakondo.

Aba bantu bafashwe mu mukwabu wakozwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukwakira 2025 mu Mudugudu wa Berwa mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba.

Umukwabu wo gufata aba bantu wakozwe nyuma y’ubugizi bwa nabi bukozwe na bo ubwo bateraga akabari k’uwitwa Simbarikure, ahahise humvikana urusaku, bigatuma bamwe mu batuye muri aka gace bajya gutabara, ari na bwo batemagurwaga n’aba bantu bari bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro, ibyuma n’inkoni.

Abantu batatu bakomerekejwe n’aba bantu, ni Nshimiyimana Simon w’imyaka 36, Mporwiki Damian w’imyaka 44 na Nizeyimana Jean Pierre w’imyaka 30, bose bakomerejwe mu mutwe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, avuga ko  abakomeretse bahise bajyanwa ku bitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB naho abakekwa kugira uruhare mu bikorwa nk’ibi bakaba bafashwe bamwe.

Ati “Amakuru twayamenye abakomeretse bajyanwe kwa muganga kuri CHUB kugira ngo bakurikiranwe bavurwe, amabandi kugeza ubu Police imaze gufata bane bakekwaho urugomo, ubujura gukubita no gukomeretsa bakaba bafungiye kuri Police Station ya Ngoma.”

CIP Hassan Kamanzi uvuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangiye gukora iperereza, yaboneyeho guhumuriza abaturage, abasaba gukomeza kugira uruhare mu gukumira ibyaha nk’ibi batangira amakuru ku gihe.

Akomeza avuga ko Polisi igaya bamwe bakomeje kugira imyunvire n’imigirire mibi igamije guhungabanya umutekano n’ituze ry’abaturage, ibibutsa ko itazigera ibihanganira, kuko uzajya abifatirwamo wese azajya abihanirwa hakurikijwe amategeko.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege avuga ko hagiye gukazwa ingamba zo kubungabunga umutekano muri aka gace.

Ati “Turahumuriza abaturage, dushimira abatabaye. Irondo ni ugukomeza gukurikirana imikorere yaryo rikagira uruhare mu gukumira.”

Ibi bibaye nyuma y’icyumweru kimwe aba baturage batangarije RADIOTV10 ko bafite ikibazo cy’iri tsinda baba bakeka ko hari na bamwe mu banyerondo bakabaye babacungira umutekano bakabakingira ikibababa, aho icyo gihe polisi y’u Rwanda yari yatangaje ko igiye gukora iperereza ngo ikurikirane abakora ibi bikorwa.

Bakomerekejwe n’aya mabandi

Abaturage basaba ko hakwiye gukazwa umuekano

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Next Post

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.