Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

radiotv10by radiotv10
07/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye, yafashe abantu bane bakekwaho kuba bari mu gatsiko k’amabandi, bafatiwe mu mukwabu wakozwe nyuma yuko hari abaturage bo mu Murenge wa Tumba bakomerekejwe n’abantu batandatu bateye akabari bitwaje intwaro gakondo.

Aba bantu bafashwe mu mukwabu wakozwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukwakira 2025 mu Mudugudu wa Berwa mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba.

Umukwabu wo gufata aba bantu wakozwe nyuma y’ubugizi bwa nabi bukozwe na bo ubwo bateraga akabari k’uwitwa Simbarikure, ahahise humvikana urusaku, bigatuma bamwe mu batuye muri aka gace bajya gutabara, ari na bwo batemagurwaga n’aba bantu bari bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro, ibyuma n’inkoni.

Abantu batatu bakomerekejwe n’aba bantu, ni Nshimiyimana Simon w’imyaka 36, Mporwiki Damian w’imyaka 44 na Nizeyimana Jean Pierre w’imyaka 30, bose bakomerejwe mu mutwe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, avuga ko  abakomeretse bahise bajyanwa ku bitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB naho abakekwa kugira uruhare mu bikorwa nk’ibi bakaba bafashwe bamwe.

Ati “Amakuru twayamenye abakomeretse bajyanwe kwa muganga kuri CHUB kugira ngo bakurikiranwe bavurwe, amabandi kugeza ubu Police imaze gufata bane bakekwaho urugomo, ubujura gukubita no gukomeretsa bakaba bafungiye kuri Police Station ya Ngoma.”

CIP Hassan Kamanzi uvuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangiye gukora iperereza, yaboneyeho guhumuriza abaturage, abasaba gukomeza kugira uruhare mu gukumira ibyaha nk’ibi batangira amakuru ku gihe.

Akomeza avuga ko Polisi igaya bamwe bakomeje kugira imyunvire n’imigirire mibi igamije guhungabanya umutekano n’ituze ry’abaturage, ibibutsa ko itazigera ibihanganira, kuko uzajya abifatirwamo wese azajya abihanirwa hakurikijwe amategeko.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege avuga ko hagiye gukazwa ingamba zo kubungabunga umutekano muri aka gace.

Ati “Turahumuriza abaturage, dushimira abatabaye. Irondo ni ugukomeza gukurikirana imikorere yaryo rikagira uruhare mu gukumira.”

Ibi bibaye nyuma y’icyumweru kimwe aba baturage batangarije RADIOTV10 ko bafite ikibazo cy’iri tsinda baba bakeka ko hari na bamwe mu banyerondo bakabaye babacungira umutekano bakabakingira ikibababa, aho icyo gihe polisi y’u Rwanda yari yatangaje ko igiye gukora iperereza ngo ikurikirane abakora ibi bikorwa.

Bakomerekejwe n’aya mabandi

Abaturage basaba ko hakwiye gukazwa umuekano

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Next Post

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.