• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yungutse ibice igenzura nyuma y’imirwano ikomeye

radiotv10by radiotv10
07/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ibice bya Luke na Mulema byo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byamaze kugera mu maboko y’Ihuriro AFC/M23 nyuma yuko ibyamuruyemo inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo urwanirira ubutegetsi bwa DRC.

Ibi bice byombi biragenzurwa na AFC/M23 kuva kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukwakira 2025 ubwo iri Huriro ryabifataga ribanje gukozanyaho bikomeye n’inyeshyamba za Wazalendo.

Iyi mirwano yari yaramukiye ku muryango mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukwakira 2025, yari yatangijwe n’abarwanyi b’iri huriro, bashakaga kwirukana inyeshyamba za Wazalendo zimaze igihe zibangamira abaturage muri biriya bice.

Amakuru ava muri ibi bice, avuga ko inyeshyamba za Wazalendo nyumo yo gukubitwa incuro na AFC/M23 zahunze zerecyeza mu gace ka Ngululu nyuma yo kuraswaho bikomeye n’abarwanyi ba M23.

Iyi mirwano yasize AFC/M23 igenzura biriya bice, yirije umunsi wose nyuma yuko yari yahereye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’imwe.

Amakuru kandi avuga ko abaturage benshi bari bahunze imirwano, bakajya mu bice bya Ngururu no mu gace ka Luke y’amajyepfo.

Nubwo hatangajwe umubare w’abaguye muri iyi mirwano, ariko haracyari impungenge ko ishobora kubura isana n’isaha, dore ko inyeshyamba za Wazalendo zishyugumbwa kugaba ibitero byo kwisubiza ibi bice zamuruwemo na M23.

Iyi mirwano yasize iri Huriro rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rifashe biriya bice bibiri, yadutse nyuma y’iminsi micye ryungutse abakomando barenga 9 000, bahawe ubutumwa n’Umugaba Mukuru wabo, Maj Gen Sultani Makenga ko intego y’iri Huriro ari ugukuraho ubutegetsi buriho muri kiriya Gihugu bwimakaje imigirire mibi yazonze abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Icyagaragajwe n’igenzura ryatumye abayobozi bamwe mu Karere ka Nyabihu batabwa muri yombi

Next Post

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.