Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 32 usanzwe ari umubyeyi w’abana 2 wo mu kagari ka Miko mu murenge wa Karengera yatawe muri yombi nyuma yo gukuramo inda y’amezi 7 akajugunya umwana mu bwiherero aho bimenyekaniye uwo mwana agakurwamo yarapfuye.

Amakuru y’uko hari uwakuyemo inda mu mudugudu wa Kabisheshe yatangiye guhwihwiswa mu mpera z’icyumweru gishize, ariko abajyanama b’ubuzima ngo bakagira ngo ni uwakuyemo inda ikiri nto nyuma biza kumenyekana ko yari imvutsi bitanzweho amakuru n’abari basanzwe bazi ko atwite ariko nyuma bakamubona nta nda afite.

Nyirabagenzi Christine usanzwe ari umujyanama w’ubuzima ati “Ku cyumweru mu gitondo nibwo babitubwiye tugirango ni umwana w’umukobwa wenda wakuyemo inda y’amezi nk’abiri cyangwa atatu gutyo, ku mugoroba tubigarukaho mu nama y’umudugudu tuvuga ko atari byo, ejo rero ni bwo abaturage baturanye nawe baje kudushaka baduha amakuru bavuga ko bamenye uwakuyemo inda dusanga yari iy’ameze arindwi  ndeste nawe arabitwemerera anatwereka aho yamushyize duhita tumenyesha ubuyobozi”.

Muri icyi gitondo cyo kuri uyu wa 7 Ukwakira 2025 ni bwo inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’umurenge wa Karengera bwafatanyije n’abaturage gusenya ubwiherero uyu mugore yari yaratayemo uwo mwana basanga umurambo we waramaze kwangirika.

Uzayisenga Alfred ati “Bamaze kwezeza ko bagomba kumukuramo, iriya wese barayisenya, bamukuyemo bamushyira hejuru nyirakuru aba ari we umwoza ariko kuko yari amazemo iminsi yari yaratangiye kwangirika kuburyo bamukoragaho umusatsi n’umubiri bikivanaho”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’umurenge wa Karengera Mbanenande Jean Damascene unenga abaturage bo muri uyu mudugudu kuba bataratanze amakuru ku gihe ngo uyu mwana abe yaratabawe hakiri kare, avuga ko uwo mugore yemereye ubuyobozi ko gukuramo inda yabitewe n’uko uwayimuteye yamwihakanye.

Agira ati “Urumva hari bamwe mu baturage bari basanzwe bamuzi atwite. Bamubonye adatwite batangira kumwibazaho biba intandaro yo kumenyekana arafatwa atubwira ibyabaye, aho avuga ko yabitewe no kuba uwayimuteye  yanze kutubwira ngo bavuganye akamubwira ko adatera inda”.

Uyu muyobozi akomeza agira inama urubyiruko muri rusange kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina idateguwe yemeza ko ahanini ariyo ituma haziramo ibibazo nk’ibi akabibutsa ko no mugihe byabaye igisubizo atari ukwica umwana kuko nta ruhare aba yabigizemo.

Ati “Ni ukwirinda ingeso y’ubusambanyi kuko biriya byise ari ingaruka y’ubusambanyi. niba byanabaye  ugatwita, bungabunga uwo mwana ntuvanemo iyo nda kuko ejo ntabwo uzi icyo uwo mwana uzavuka azavamo. Ashobora kugirira igihugu akamaro ndetse nawe ubwawe”.

Umugore wakuyemo inda yari asanzwe afite abana babiri b’abakobwa yabyariye i wabo naho iyo nda yakuyemo ikaba yari umwana w’umuhungu abaturage bavuga ko yari igeze mu mezi 7.

Umurambo w’uyu mwana wahise ujyanywa ku bitaro bya Bushenge ngo ukorerwe isuzumwa mu gihe uyu mugore we yari yaraye atawe muri yombi n’urwego rw’ubugenzacyaha.

Abaturanyi b’uyu mugore bashenguwe n’ibyakozwe n’uyu mubyeyi

Inzego zaganirije abaturage

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + four =

Previous Post

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500
MU RWANDA

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

How to Choose What Matters Most in Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.