Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abibazaga uzabahoza amarira y’igikorwa remezo cyabo cyangiritse bahawe igisubizo batari biteze

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in MU RWANDA
0
Abibazaga uzabahoza amarira y’igikorwa remezo cyabo cyangiritse bahawe igisubizo batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, baravuga ko bamaze imyaka ibiri n’igice imigenderanire yabo yarazahaye kubera ikiraro bakoreshaga cyangijwe n’imvura yaguye muri 2023, bagasaba kugisanirwa, mu gihe ubuyobozi buvuga ko bitazakorwa, ahubwo ko abatuye muri aka gace na bo bagomba kuzahimuka.

Aba baturage, biganjemo abo mu Midugudu ya Bisyo, Rugote na Ruhinga yo mu Kagari ka Bumba mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko iki kiraro cyabo cyangijwe n’imvura nyinshi yaguye muri Gicurasi 2023.

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bakivuga buri munsi mu nteko z’abaturage ndetse bakaba baranakigejeje kuri Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba ubwo yari yabasuye ariko kugeza ubu barategeje ko bafashwa baraheba.

Ntubakunze Ezeckiel wo mu Mudugudu wa Rugote yagize ati “Ubwo inaha turi mu bwigunge kuko imvura iyo yaguye turanyeranyereza. Uyu wari umuhanda nyabagendwa wanyuragamo imodoka zije ku kigo hariya hirya zizanye ibiryo by’abanyeshuri, none ubu bisaba kubyikorera ku mutwe.”

Nyirahabimana Verena na we yagize ati “Iki kiraro cyatubereye ikibazo tubura uko tuhanyura iyo imvura yaguye, iyo umuntu ahanyuze yikoreye umutwaro agiye mu isoko asubira inyuma akajya guca kuri kaburimbo kuko ni ukuzenguruka.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative yabwiye RADIOTV10 ko muri aka gace nta kiraro bateganya kuhubaka ngo kuko bateganya ko nta muturage uzasigara ahatuye.

Yagize ati “Muri kariya gace ka Bisyo nta kiraro duteganya kuhubaka kuko hakunda kuba inkangu iteye ubwoba, rero duteganya kuzahatera amashyamba bityo nta muturage uzasigarayo.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko mu biza bya 2023 hangiritse ibiraro byinshi gusa bwabanje kubaka ibyihutirwaga birimo icya Kazibaziba cyo muri uyu  Murenge wa Mushubati cyuzuye gitwaye asaga Milioni 126 Frw.

Ikiraro cyarangiritse bashyira uduti ariko ntabapfa kuhanyura
Imigenderanire yarazahaye
Bisigaye bibasaba gukora ingendo ndende kuko baba bazengurutse
Harangiritse cyane

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + six =

Previous Post

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Next Post

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.