Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abibazaga uzabahoza amarira y’igikorwa remezo cyabo cyangiritse bahawe igisubizo batari biteze

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in MU RWANDA
0
Abibazaga uzabahoza amarira y’igikorwa remezo cyabo cyangiritse bahawe igisubizo batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, baravuga ko bamaze imyaka ibiri n’igice imigenderanire yabo yarazahaye kubera ikiraro bakoreshaga cyangijwe n’imvura yaguye muri 2023, bagasaba kugisanirwa, mu gihe ubuyobozi buvuga ko bitazakorwa, ahubwo ko abatuye muri aka gace na bo bagomba kuzahimuka.

Aba baturage, biganjemo abo mu Midugudu ya Bisyo, Rugote na Ruhinga yo mu Kagari ka Bumba mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko iki kiraro cyabo cyangijwe n’imvura nyinshi yaguye muri Gicurasi 2023.

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bakivuga buri munsi mu nteko z’abaturage ndetse bakaba baranakigejeje kuri Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba ubwo yari yabasuye ariko kugeza ubu barategeje ko bafashwa baraheba.

Ntubakunze Ezeckiel wo mu Mudugudu wa Rugote yagize ati “Ubwo inaha turi mu bwigunge kuko imvura iyo yaguye turanyeranyereza. Uyu wari umuhanda nyabagendwa wanyuragamo imodoka zije ku kigo hariya hirya zizanye ibiryo by’abanyeshuri, none ubu bisaba kubyikorera ku mutwe.”

Nyirahabimana Verena na we yagize ati “Iki kiraro cyatubereye ikibazo tubura uko tuhanyura iyo imvura yaguye, iyo umuntu ahanyuze yikoreye umutwaro agiye mu isoko asubira inyuma akajya guca kuri kaburimbo kuko ni ukuzenguruka.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative yabwiye RADIOTV10 ko muri aka gace nta kiraro bateganya kuhubaka ngo kuko bateganya ko nta muturage uzasigara ahatuye.

Yagize ati “Muri kariya gace ka Bisyo nta kiraro duteganya kuhubaka kuko hakunda kuba inkangu iteye ubwoba, rero duteganya kuzahatera amashyamba bityo nta muturage uzasigarayo.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko mu biza bya 2023 hangiritse ibiraro byinshi gusa bwabanje kubaka ibyihutirwaga birimo icya Kazibaziba cyo muri uyu  Murenge wa Mushubati cyuzuye gitwaye asaga Milioni 126 Frw.

Ikiraro cyarangiritse bashyira uduti ariko ntabapfa kuhanyura
Imigenderanire yarazahaye
Bisigaye bibasaba gukora ingendo ndende kuko baba bazengurutse
Harangiritse cyane

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 1 =

Previous Post

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Next Post

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Related Posts

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.