Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abibazaga uzabahoza amarira y’igikorwa remezo cyabo cyangiritse bahawe igisubizo batari biteze

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in MU RWANDA
0
Abibazaga uzabahoza amarira y’igikorwa remezo cyabo cyangiritse bahawe igisubizo batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, baravuga ko bamaze imyaka ibiri n’igice imigenderanire yabo yarazahaye kubera ikiraro bakoreshaga cyangijwe n’imvura yaguye muri 2023, bagasaba kugisanirwa, mu gihe ubuyobozi buvuga ko bitazakorwa, ahubwo ko abatuye muri aka gace na bo bagomba kuzahimuka.

Aba baturage, biganjemo abo mu Midugudu ya Bisyo, Rugote na Ruhinga yo mu Kagari ka Bumba mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko iki kiraro cyabo cyangijwe n’imvura nyinshi yaguye muri Gicurasi 2023.

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bakivuga buri munsi mu nteko z’abaturage ndetse bakaba baranakigejeje kuri Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba ubwo yari yabasuye ariko kugeza ubu barategeje ko bafashwa baraheba.

Ntubakunze Ezeckiel wo mu Mudugudu wa Rugote yagize ati “Ubwo inaha turi mu bwigunge kuko imvura iyo yaguye turanyeranyereza. Uyu wari umuhanda nyabagendwa wanyuragamo imodoka zije ku kigo hariya hirya zizanye ibiryo by’abanyeshuri, none ubu bisaba kubyikorera ku mutwe.”

Nyirahabimana Verena na we yagize ati “Iki kiraro cyatubereye ikibazo tubura uko tuhanyura iyo imvura yaguye, iyo umuntu ahanyuze yikoreye umutwaro agiye mu isoko asubira inyuma akajya guca kuri kaburimbo kuko ni ukuzenguruka.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative yabwiye RADIOTV10 ko muri aka gace nta kiraro bateganya kuhubaka ngo kuko bateganya ko nta muturage uzasigara ahatuye.

Yagize ati “Muri kariya gace ka Bisyo nta kiraro duteganya kuhubaka kuko hakunda kuba inkangu iteye ubwoba, rero duteganya kuzahatera amashyamba bityo nta muturage uzasigarayo.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko mu biza bya 2023 hangiritse ibiraro byinshi gusa bwabanje kubaka ibyihutirwaga birimo icya Kazibaziba cyo muri uyu  Murenge wa Mushubati cyuzuye gitwaye asaga Milioni 126 Frw.

Ikiraro cyarangiritse bashyira uduti ariko ntabapfa kuhanyura
Imigenderanire yarazahaye
Bisigaye bibasaba gukora ingendo ndende kuko baba bazengurutse
Harangiritse cyane

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 11 =

Previous Post

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Next Post

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Eng.-Rwandan Coffee breaks record with highest-ever price at global auction

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.