Wednesday, October 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi, zatashywe n’ubwoba kubera ibikorwa byo gufata no gusaka bamwe muri bo bimaze iminsi bikorwa n’igipolisi cya kiriya Gihugu, ndetse bamwe bakirukanwa bagasubizwa mu Gihugu cyabo nyamara barakivuyemo bagihunze.

Amakuru dukesha SOS Medias Burundi, avuga ko i Bujumbura hamaze iminsi hari umukwabu wo gufata no gusaka Abanyekongo bari muri uyu mujyi.

Iki kinyamakuru kivuga ko umukwabu uheruka wabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 03 Ukwakira mu gace ka Mutakura ko mu majyaruguru ya Burujumbura, aho Igipolisi cy’u Burundi cyakoze isaka ridasanzwe, ryasize abiganjemo impunzi z’Abanyekongo zifashwe, zizizwa kuba zidafite ibyangombwa bizemerera gutura i Bujumbura.

Mu minsi ine mbere yo ku wa Gatanu, nanone habaye umukwabu nk’uyu mu Ntara ya Cibitoke, wasize hari benshi batawe muri yombi, aho bamwe bamaze iminsi bafungiye muri za Kasho, bakaza kurekurwa ari uko buri umwe yishyuye ibihumbi 200 by’amarundi.

Ni mu gihe abo byagaragaye ko badafite ibyangombwa, bahise boherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo banyujijwe ku Mupaka wa Gatumba-Kavimvira, mu gihe nyamara bivugwa ko ari impunzi zari zarahunze Igihugu cyabo.

Umwe mu Banyekongo bafite ijambo muri Kominote y’ababa i Bujumbura, yamaganye yivuye inyuma ibiriho bikorerwa bene wabo muri iki Gihugu cy’u Burundi.

Yagize ati “U Burundi ni Igihugu cy’inshuti na DRC. Ntitwumva uburyo abantu bakomeje gutabwa muri yombi ku bwinshi ndetse bakanirukanwa. Bamwe mu bantu bacu bari koherezwa mu bice bisanzwe birimo ibibazo by’umutekano.”

Yakomeje agira ati “Abandi ntibashaka kwaka ibyangombwa by’ubuhunzi kuko basanzwe bambuka umupaka kubera imirimo bakora kugira ngo batunge imiryango yabo hano i Bujumbura. Turasaba Guverinoma y’u Burundi guhagarika ibi bikorwa bibangamira Abanyekongo.”

Uyu Munyekongo uba i Bujumbura yakomeje avuga ko ariya mande acibwa Abanyekongo bafatwa ndetse no kohereza bamwe, bigira ingaruka ku miryango myinshi, agasaba Ambasade y’Igihugu cy’iwabo ko yaganira n’ubutegetsi bw’u Burundi, kugira ngo ibi bikorwa byo gutandukanya imiryango bihagarare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − three =

Previous Post

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Next Post

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Related Posts

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

by radiotv10
08/10/2025
0

Imbabazi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu aherutse gusaba uwa Qatar, byamenyekanye ko yabitegetswe na Perezida Donald Trump wa America...

Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

by radiotv10
08/10/2025
0

Congolese refugees living in Bujumbura, Burundi, have been gripped by fear due to a wave of arrests and searches being...

Imihanda 40 ishobora kwitirirwa Charlie Kirk inkoramutima ya Trump wishwe arasiwe mu ruhame

Imihanda 40 ishobora kwitirirwa Charlie Kirk inkoramutima ya Trump wishwe arasiwe mu ruhame

by radiotv10
08/10/2025
0

Umudepite muri Leta Zunze Ubumwe za America, yatanze umushinga w’itegeko wo gusaba amashuri makuru na za Kaminuza za Leta zo...

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

by radiotv10
07/10/2025
0

Umugabo wo muri Tunisia wari wakatiwe igihano cy’urupfu mu cyumweru gishize ahamijwe ibyaha byo gusebya Perezida w’iki Gihugu abinyujije kuri...

Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

AFC/M23 yungutse ibice igenzura nyuma y’imirwano ikomeye

by radiotv10
07/10/2025
0

Ibice bya Luke na Mulema byo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byamaze kugera mu maboko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar
AMAHANGA

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

by radiotv10
08/10/2025
0

U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi

U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi

08/10/2025
Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

08/10/2025
Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

08/10/2025
Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

08/10/2025
Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

08/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.