Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi bya politiki, Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi zihora ari uruvangitirane rutagira umurongo uhamye, kuko ibyo avuze uyu munsi atari byo asubiramo ejo.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukwakira 2025, Tshisekedi avugiye i Brussels mu Bubiligi ko kuva cyera yahoze yifuza amahoro, ariko akananizwa, mu gihe bizwi ko yivugiye kenshi ko yifuza gutera u Rwanda.

Mu kiganiro Senateri Evode Uwizeyimana yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, yavuze ko ibyatangajwe na Tshisekedi ntaho bihuriye n’ukuri, hagendewe ku myitwarire yagiye imuranga ndetse n’ibyo yagiye yitangariza.

Ati “Mbona asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu. Ni umuntu gashozantambara, ni umuntu wagiye avuga ko ashaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda inshuro nyinshi, umuntu wafashe FDLR akayishyira mu ngabo ze, umuntu wagerageje kuba intambamyi ku mahoro ashakishwa muri aka karere.”

Muri iriya mbwirwaruhame yatanzwe na Tshisekedi kuri uyu wa Kane, yavuze ko yaba u Rwanda na Uganda, nta Gihugu na kimwe muri ibi yigeze abanira nabi.

Hon. Uwizeyimana yavuze ko bitangaje kumva uyu Mukuru wa DRC yihandagaza akavugira amagambo nk’ariya imbere y’imbaga, azi neza ibyo yagiye atangaza anakora.

Ati “Kuvuga ngo nta Gihugu na kimwe yigeze ashotora cyangwa abanira nabi mu Bihugu ikenda bituranye na Congo, byumwihariko akavuga cyane cyane u Rwanda na Uganda [sinzi impamvu yavuze cyane u Rwanda na Uganda].

Abantu twese byadutangaje igaragaza za incoherence politique [umujagararo muri politiki], navuga ngo il est le champion des incoherence politiques [ni uwa mbere mu kutagira politiki ihamye] kuko wenda kwinyuraguramo [reka nkoreshe Ikinyarwanda], ni ibintu bigoye kuko nabonye na bamwe mu banyapolitiki bo muri Congo barimo Corneille Nangaa hari aho yavuze ati ‘uyu muntu nagera i Kinshasa ashobora kuzibagirwa ko ibi bintu yabivuze’.”

Hon. Uwizeyimana avuga ko bigoye gusesengura imbwirwaruhame za Tshisekedi kuko ari umuntu uhindagura imvugo uko bwije uko bucyeye, ariko ko byumwihariko ku byo yatangaje kuri uyu wa Kane, bigamije kwiyerurutsa.

Ati “Ni imbwirwaruhame yo kwiyerurutsa, yo kwiyerekana nk’umuntu Pacificateur [ushyira imbere amahoro] kwiyerekana nk’umunyamahoro, kwiyerekana ko ashobora kwicara akaganira nk’abaturanyi ku bibazo.”

Ibyatangajwe na Tshisekedi kandi byanenzwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aho abinyujije mu butumwa yatangaje kuri X, yavuze ko abantu baba badakwiye guha amatwi umuntu uhora avuga ibintu bitari ku murongo, kuko ababyumva na bo ba bafite ikibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

Next Post

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Related Posts

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, yahamijwe ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, akatirwa igifungo gisubitse cy’umwaka umwe. Ni...

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

by radiotv10
10/10/2025
0

Inzu y’umuryango wo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Cicumbi, yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo bari baryamye, bamwe bagashya ariko...

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

by radiotv10
10/10/2025
0

On October 9, President Paul Kagame held talks with the President of the European Union Commission, Ursula von der Leyern,...

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

by radiotv10
10/10/2025
0

Political analyst Hon. Evode Uwizeyimana says that the speeches made by the President of the Democratic Republic of Congo (DRC),...

IZIHERUKA

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?
IMYIDAGADURO

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

10/10/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

10/10/2025
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

10/10/2025
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

10/10/2025
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

10/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.