Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

radiotv10by radiotv10
13/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bubiligi n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zagaragaje ko zishimiye itangazo ry’igisirikare cya DRC (FARDC) rihamagarira abarwanyi b’umutwe wa FDLR, kurambika hasi intwaro no kwishyikiriza ubutegetsi bwa kiriya Gihugu cyangwa Ingabo za MONUSCO.

Ni nyuma yuko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC, ku wa Gatandatu tariki 11 Ukwakira 2025, gishyize hanze itangazo risaba abarwanyi b’uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR kurambika hasi intwaro.

Iri tangazo rivuga ko ibi bishingiye ku ku byemeranyijweho “tariki 01 Ukwakira 2025 na Komisiyo ihuriweho yo kugenzura Amasezerano y’Amahoro yasinyijwe i Washington na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Repubulika y’u Rwanda ku bw’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Ekenge Bomusa Efomi Sylvain, rivuga ko abarwanyi ba FDLR nibarambika intwaro hasi bagomba kuzahita “bishyikiriza ubutegetsi bwa Congo cyangwa MONUSCO, mu rwego rwo kugira ngo basubizwe mu Gihugu bakomokamo cy’u Rwanda.”

FARDC kandi isaba abaturage bose bafite aho bahuriye na FDLR kwitandukanya na yo kandi bakayishishikariza kwishyikiriza ubutegetsi bwa Congo nta mananiza.

Nyuma y’iri tangazo, Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America ku bijyanye na Afurika yatangaje ko iki Gihugu cyakiriye neza ririya tangazo.

Mu butumwa yatambukije kuri X, Massad yagize ati “Twakiriye neza itangazo rihamagarira abarwanyi bose ba FDLR kurambika intwaro hasi no kumanika amaboko hagendewe ku Masezerano y’Amahoro y’i Washington, yashimangiwe tariki 01 Ukwakira n’itegeko ryo kuyashyira mu bikorwa.”

Yakomeje avuga ko iyi ari intambwe ishimishije mu gushyira mu bikorwa ariya masezerano, ku bijyanye no gucyura abagize uriya mutwe, kugarura ubutegetsi bwa leta, ndetse no gukomeza kugarura ituze mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Nyuma ya ririya tangazo rya FARDC kandi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot; na we yagaragaje ko Igihugu cye na cyo cyakiranye yombi kiriya cyemezo.

Yagize ati “U Bubiligi buremeranya na Massad Boulos Umujyanama Mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za America kuri Afurika, mu kwakira neza itangazo rya DRC rihamagarira FDLR kumanika amaboko no gushyira hasi intwaro.”

Maxime Prevot yakomeje avuga ko ari ngombwa ko ubufatanye bwa FADRC na FDLR buhagarara, ndetse no kuba hashyirwaho ibihano bikarishye mu gihe byaba birenzweho.

Ati “Iki ni cyo gihe ngo bibe ngombwa ko ibi byemezo bishyirwa mu bikorwa bifatika kandi impande zose zikagira uruhare mu kugera ku ntego z’Amasezerano y’Amahoro y’i Washinton.”

Ririya tangazo rya FARDC ryagiye hanze nyuma yuko Perezida Felix Tshisekedi wa DRC avugiye amagambo y’urwiyerurutso i Brussels mu Bubiligi ko nta na rimwe yigeze yanga kuyoboka inzira z’amahoro n’ibiganiro.

Abasesenguzi mu bya politiki bemeza ko ririya tangazo risaba FDLR kumanika amaboko, na ryo ryaje mu murongo w’urwiyerurutso rwa Tshisekedi, kugira ngo rize risa nk’iriri mu murongo w’ibyo yatangaje, bakabishingira ku kuba bigoye gutandukanya uyu mutwe wa FDLR na FARDC, kuko byamaze kunywana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

Next Post

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.