• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

radiotv10by radiotv10
13/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi babiri b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC na rwiyemezamirimo umwe, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kunyereza Miliyoni 48 Frw, nyuma yuko iperereza ry’ibanze rigaragaje imikorere y’ibi byaha.

Abari mu maboko ya RIB, barimo Umukozi ushinzwe Ikoranabuhanga muri Minisiteri y’Ubuzima, Uwawe Olivier ndetse n’Umukozi ushinzwe Imari muri RBC, Bicamumpaka Jean Pierre, bombi bari muri komite ishinzwe kwemeza no kwakira ibyaguzwe na RBC.

Aba kandi bakurikiranywe muri dosiye imwe na rwiyemezamirimo Mugisha Emmanuel usanzwe afite Kompanyi y’ubucuruzi yitwa Paramount Company, icuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry wemeje ifungwa ry’aba bakozi, yatangaje ko batawe muri yombi mu cyumweru gishize, tariki 06 Ukwakira, bakurikiranyweho icyaha cyo gusaha, kwakira no gutanga indonke, ndetse n’icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko itavugisha ukuri.

Dr Murangira avuga ko mu iperereza ry’ibanze kuri aba bantu, byagaragaye ko bariya bakozi mu rwego rwa Leta, bafatanyije n’uriya rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko ryo kugurisha ibikoresho by’Ikoranabuhanga, mu gutumbagiza amafaranga.

Yavuze ko iperereza ryagaragaje ko bafatanyije mu guhimba imibare-ndanga (Serial numbers) ya za mudasaobwa 71 ndetse na CPUs 25, bakagaragaza ko ibyo bikoresho byaguzwe byanakiriwe.

Byagaragaye ko bariya bakozi bemeje ko ibyo bikoresho byakiriwe byose kandi atari ukuri, ubundi uriya rwiyemezamirimo yishyuza Miliyoni 48,4 Frw kandi atari cyo giciro yagombaga kwishyurwa.

Nanone kandi iperereza ryagaragaje ko uriya rwiyemezamirimo yoherereza amafaranga ya ruswa bariya bakozi bari banasanzwe bagize Komite ishinzwe kwemeza no kwakira ibyaguzwe muri RBC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − twelve =

Previous Post

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Next Post

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.