Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro iki Gihugu cyagiranye na DRC, hakenewe ubufasha bw’Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, aho kuvangira inzira ziri gukoreshwa cyangwa kuziyobya.

Hon. Martin Ngonga yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ukwakira 2025 ubwo hateranaga Inteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi.

Agaruka ku bikubiye muri Raporo igaragaza uko inzira z’ibiganiro zigamije gukemura ibibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bihagaze, Ngonga yagaragaje bimwe mu bikubiyemo, nko kuba haragezwe ku Masezerano y’Amahoro yasinywe tariki 27 Kamena 2025.

Yagaragaje ko iriya raporo igaruka kuri bimwe byitezweho gutanga umuti, nk’ishyirwaho ry’Urwego ruhuriweho rwa CONOPS, gusenya umutwe wa FDLR, kubaha ubusugire bwa buri Gihugu hagati y’ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC), guhagarika gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro ndetse na gahunda yo gucyura impunzi.

Ngoga yavuze ko yifuje kugaruka kuri iyi Raporo, agamije kwibutsa ko Ibihugu bigize aka Kanama gahuza imvugo n’imyumvire, kuko hari bimwe bifite amakuru anyuranye n’ukuri.

Ati “Kubera ko muri aka kanya ndabona hari abafite amakuru adahagije imbere y’Akanama ku ntambwe iri guterwa mu masezerano y’i Washington cyangwa se harimo kudahuza kuri yo.”

Yaboneyeho gusaba Uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America muri aka Kanama kugaragaza muri macye intambwe iri guterwa mu gushyira mu bikorwa ariya masezerano, bityo n’umusanzu w’aka Kanama ukaza uri mu murongo w’ibiriho bikorwa.

Ati “Kuko ibyo ni byo bizafasha aka Kanama gutanga umusanzu wako uhagije mu gushyikira ibiri gukorwa.”

Yakomeje avuga ko muri ariya masezerano u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyijwe gukemura ibitera ibibazo hagati y’ibi Bihugu.

Ati “Rero turasaba Akanama kudushyigikira muri urwo rugendo. U Rwanda ruzashyira mu bikorwa ibyo twiyemeje mu murongo ugenwa n’amaszerano y’i Washington, kandi tuzakomeza gushyigikira ibiganiro by’i Doha.”

Yakomeje asaba aka Kanama kimwe n’andi mahanga yose gushyigikira ubu bushake bwagizwemo uruhare n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Qatar.

Ati “Icyo ngamije banyamuryango b’Akanama, ni ugushimangira ko hari amasezerane yabayeho hagati y’Ibihugu byacu byombi, yakozwe hagendewe ku bushobozi bwacu, tubifashijwemo na America.”

Yakomeje avuga kandi ko Qatar na yo ikomeje gutanga umusanzu wayo kimwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Ati “Dukeneye inkunga y’Akanama. Ikindi kandi turifuza guhabwa amahirwe yo gushyira mu bikorwa amasezerano uko ari. Ntabwo dukeneye ko mwivanga mu buryo bushobora kugora inzira iri gukoreshwa cyangwa kuzana ibyayiyobya.”

Gusa Ngoga yagarutse ku bibazo bigihari bigomba gushakirwa umuti, birimo imbwerwaruhame z’urwango, ndetse n’ikibazo cy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, kimwe n’ikibazo cy’abacancuro bakiri mu burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − six =

Previous Post

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Next Post

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.