Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in MU RWANDA
0
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro by’Indwara zo mu Mutwe bya Ndera (Ndera Neuropsychiatric Teaching Hospital) byatangaje ko mu mwaka wa 2024-2025 byakiriye abantu 119 859 bajyiye kubyivurizamo, biyongereyeho 17,7% ugereranyije n’umwaka ushize.

Iyi mibare igaragazwa na Raporo yashyizwe hanze n’ibi Bitaro bikorera mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bivura indwara zo mu mutwe.

Muri aba bagannye ibi Bitaro bajyiye kwivuza hagati y’uriya mwaka wa 2024 na 2025, abavuwe bacumbikiwe mu Bitaro, ni 4 250 bari bafite ibibazo by’uburwayi bunyuranye.

Uburwayi buri ku isonga abantu bajyiye kwivuriza muri biriya Bitaro muri uriya mwaka, ni indwara ya Epilepsy izwi nk’Igicuri mu rurimi rw’Ikinyarwanda, aho abajyiye kuyivuza ari 36 097, bangana na 29,08% bya bariya bivuje bose.

Ku mwanya wa kabiri, haza abajyiye kwivuza indwara ya Schizophrenia, aho abagiye kuyivuza bo ari 24 991 bangana na 20,14%.

Iyi ndwara iri mu zo mu mutwe zibasira benshi, ikunze gufata abageze ku cyiciro cy’ubugimbi n’ubwangavu, aho uyirwaye aba yiyumva nk’uri mu Isi ya wenyine.

Inzobere mu ndwara zo mu mutwe, Dusabeyezu Jeanne d’Arc wigeze kuvuga ko iyi ndwara “akenshi ifata abantu batangiye kuryoherwa n’ubuzima mu by’amashuri cyangwa se akazi.”, yavuze ko mu bimenyetso byayo harimo kugira ibitekerezo byihariye bidahuye n’ukuri bitandukanye n’iby’abandi bantu.

Ku mwanya wa gatatu haje ibibazo bya Acute &Transient Psychotic Disorders, aho abajyiye kubyivuriza muri biriya Bitaro ari 10 349 bangana na 8,34%.

Ku mwanya wa kane haza Bipolar Disorder cyangwa uburwayi bwo mu mutwe butera impinduka zidasanzwe mu mitekerereze y’umuntu, aho abajyiye kuyivuza bo ari 7 235 bangana na 5,83%.

Ku mwanya wa gatanu, haza Depression benshi bakunze kwita agahinda gakabije, yo yivurijwe mu Bitaro bya Ndera n’abantu 4 076 bangana na 3,28%.

Ku mwanya wa gatandatu hari Substance Use Disorders cyangwa ibibazo byo mu mutwe bitera gukoresha ry’ibiyobyabwenge no kuba imbata yabyo, aho hivuje abantu 3 229 bangana na 2,7%.

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ndera, bugaragaza ko muri bariya bantu bose babigannye, abari baje kwivuza ibibazo byo mu mutwe byagira ingaruka ku mitekerereze (Psychiatric cases) ari 66 335 (55,33%) mu gihe abivuzaga ibibazo bigira ingaruka ku bwonko (Neurological cases) ari 53 524 (44, 67%).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 11 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

Next Post

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.