Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro iki Gihugu cyagiranye na DRC, hakenewe ubufasha bw’Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, aho kuvangira inzira ziri gukoreshwa cyangwa kuziyobya.

Hon. Martin Ngonga yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ukwakira 2025 ubwo hateranaga Inteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi.

Agaruka ku bikubiye muri Raporo igaragaza uko inzira z’ibiganiro zigamije gukemura ibibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bihagaze, Ngonga yagaragaje bimwe mu bikubiyemo, nko kuba haragezwe ku Masezerano y’Amahoro yasinywe tariki 27 Kamena 2025.

Yagaragaje ko iriya raporo igaruka kuri bimwe byitezweho gutanga umuti, nk’ishyirwaho ry’Urwego ruhuriweho rwa CONOPS, gusenya umutwe wa FDLR, kubaha ubusugire bwa buri Gihugu hagati y’ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC), guhagarika gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro ndetse na gahunda yo gucyura impunzi.

Ngoga yavuze ko yifuje kugaruka kuri iyi Raporo, agamije kwibutsa ko Ibihugu bigize aka Kanama gahuza imvugo n’imyumvire, kuko hari bimwe bifite amakuru anyuranye n’ukuri.

Ati “Kubera ko muri aka kanya ndabona hari abafite amakuru adahagije imbere y’Akanama ku ntambwe iri guterwa mu masezerano y’i Washington cyangwa se harimo kudahuza kuri yo.”

Yaboneyeho gusaba Uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America muri aka Kanama kugaragaza muri macye intambwe iri guterwa mu gushyira mu bikorwa ariya masezerano, bityo n’umusanzu w’aka Kanama ukaza uri mu murongo w’ibiriho bikorwa.

Ati “Kuko ibyo ni byo bizafasha aka Kanama gutanga umusanzu wako uhagije mu gushyikira ibiri gukorwa.”

Yakomeje avuga ko muri ariya masezerano u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyijwe gukemura ibitera ibibazo hagati y’ibi Bihugu.

Ati “Rero turasaba Akanama kudushyigikira muri urwo rugendo. U Rwanda ruzashyira mu bikorwa ibyo twiyemeje mu murongo ugenwa n’amaszerano y’i Washington, kandi tuzakomeza gushyigikira ibiganiro by’i Doha.”

Yakomeje asaba aka Kanama kimwe n’andi mahanga yose gushyigikira ubu bushake bwagizwemo uruhare n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Qatar.

Ati “Icyo ngamije banyamuryango b’Akanama, ni ugushimangira ko hari amasezerane yabayeho hagati y’Ibihugu byacu byombi, yakozwe hagendewe ku bushobozi bwacu, tubifashijwemo na America.”

Yakomeje avuga kandi ko Qatar na yo ikomeje gutanga umusanzu wayo kimwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Ati “Dukeneye inkunga y’Akanama. Ikindi kandi turifuza guhabwa amahirwe yo gushyira mu bikorwa amasezerano uko ari. Ntabwo dukeneye ko mwivanga mu buryo bushobora kugora inzira iri gukoreshwa cyangwa kuzana ibyayiyobya.”

Gusa Ngoga yagarutse ku bibazo bigihari bigomba gushakirwa umuti, birimo imbwerwaruhame z’urwango, ndetse n’ikibazo cy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, kimwe n’ikibazo cy’abacancuro bakiri mu burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Next Post

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.