Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in MU RWANDA
0
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro by’Indwara zo mu Mutwe bya Ndera (Ndera Neuropsychiatric Teaching Hospital) byatangaje ko mu mwaka wa 2024-2025 byakiriye abantu 119 859 bajyiye kubyivurizamo, biyongereyeho 17,7% ugereranyije n’umwaka ushize.

Iyi mibare igaragazwa na Raporo yashyizwe hanze n’ibi Bitaro bikorera mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bivura indwara zo mu mutwe.

Muri aba bagannye ibi Bitaro bajyiye kwivuza hagati y’uriya mwaka wa 2024 na 2025, abavuwe bacumbikiwe mu Bitaro, ni 4 250 bari bafite ibibazo by’uburwayi bunyuranye.

Uburwayi buri ku isonga abantu bajyiye kwivuriza muri biriya Bitaro muri uriya mwaka, ni indwara ya Epilepsy izwi nk’Igicuri mu rurimi rw’Ikinyarwanda, aho abajyiye kuyivuza ari 36 097, bangana na 29,08% bya bariya bivuje bose.

Ku mwanya wa kabiri, haza abajyiye kwivuza indwara ya Schizophrenia, aho abagiye kuyivuza bo ari 24 991 bangana na 20,14%.

Iyi ndwara iri mu zo mu mutwe zibasira benshi, ikunze gufata abageze ku cyiciro cy’ubugimbi n’ubwangavu, aho uyirwaye aba yiyumva nk’uri mu Isi ya wenyine.

Inzobere mu ndwara zo mu mutwe, Dusabeyezu Jeanne d’Arc wigeze kuvuga ko iyi ndwara “akenshi ifata abantu batangiye kuryoherwa n’ubuzima mu by’amashuri cyangwa se akazi.”, yavuze ko mu bimenyetso byayo harimo kugira ibitekerezo byihariye bidahuye n’ukuri bitandukanye n’iby’abandi bantu.

Ku mwanya wa gatatu haje ibibazo bya Acute &Transient Psychotic Disorders, aho abajyiye kubyivuriza muri biriya Bitaro ari 10 349 bangana na 8,34%.

Ku mwanya wa kane haza Bipolar Disorder cyangwa uburwayi bwo mu mutwe butera impinduka zidasanzwe mu mitekerereze y’umuntu, aho abajyiye kuyivuza bo ari 7 235 bangana na 5,83%.

Ku mwanya wa gatanu, haza Depression benshi bakunze kwita agahinda gakabije, yo yivurijwe mu Bitaro bya Ndera n’abantu 4 076 bangana na 3,28%.

Ku mwanya wa gatandatu hari Substance Use Disorders cyangwa ibibazo byo mu mutwe bitera gukoresha ry’ibiyobyabwenge no kuba imbata yabyo, aho hivuje abantu 3 229 bangana na 2,7%.

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ndera, bugaragaza ko muri bariya bantu bose babigannye, abari baje kwivuza ibibazo byo mu mutwe byagira ingaruka ku mitekerereze (Psychiatric cases) ari 66 335 (55,33%) mu gihe abivuzaga ibibazo bigira ingaruka ku bwonko (Neurological cases) ari 53 524 (44, 67%).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 11 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

Next Post

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.