• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abageze mu zabukuru bararira ayo kwarika hakiyongeraho n’urujijo

radiotv10by radiotv10
15/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Abageze mu zabukuru bararira ayo kwarika hakiyongeraho n’urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bageze mu zabukuru bahabwa inkunga y’ingoboka bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu bavuga ko ubu babayeho nabi, nyuma yo kumara amezi atatu badahabwa iyi nkunga ntibasobanurirwe n’impamvu batayihabwa.

Abaganiriye na RADIOTV10 bavuga ko baheruka amafaranga mu kwezi kwa karindwi, none bakaba bari mu gihirahiro cyo kwibaza uko byaba byaragenze kuko n’ubuyobozi bubasaba gukomeza gutegereza.

Ndimirinkware Sylvestre wo mu Mudugudu wa Mukondo, Akagari ka Kiraga yagize ati “Ubu duheruka amafaranga mu kwezi kwa Karindwi ni ukuvuga ko amezi abaye atatu, urumva twaryaga ari uko batuduhaye, none nyine ubwo kurya muri iyi minsi biragoye. Aho twafashe utudeni muri za butiki baratwinubye kubera tudaheruka kubishyura kandi twarahitaga tuyabaha.”

Nyirakamana Soline wo Mudugudu wa Mukondo na we yagize ati “None se urabona tudashonje ko aho twajyaga dukuye hahagaze, nk’ubu nkanjye ntacyo nakwikorera ni ukurya ari uko hari umpaye cyangwa se nk’uko ayo mafaranga bayaduhaye, none inzara igiye kunyicira aha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba Ufitabeza Jean D’Amour yavuze ko iki kibazo kizwi, yemeza ko cyatewe na sisitemu yavuguruwe ubwo ingengo y’imari y’uyu mwaka yatangiraga gukoreshwa.

Gusa yizeza ko hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo ibi bibazo bikemuke. Ati “gusa ntibyarenga iki cyumweru bitararangira rwose kandi bigiye kujya bigenda neza ntabwo bizongera gutinda.”

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

AGEZWEHO: Igisirikare cya Madagascar cyemeje ko cyahiritse ubutegetsi bwa Perezida nyuma y’imyiragarambyo y’urubyiruko

Next Post

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.