Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

radiotv10by radiotv10
15/10/2025
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hari abaturage bagera kuri 17 bo mu murenge wa Ruharambuga bamaze umwaka batarishyurwa amafaranga y’imibyizi bakoze ubwo hubakwaga zimwe mu nzu zo mu mudugudu wa Nganzo mu kagari ka Ntendezi aho rwiyemezamirimo wabakoreshaga yitabye imana iyo mirimo ikirimbanyije, Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buvuga ko bugiye gukurikirana abazungura b’uwo rwiyemezamirimo kugira ngo hashakishwe ubwishyu bw’abaturage.

Ni mu gihe abamuzunguye banahise bakomerezaho imirimo bakavuga ko atari we wishyuraga abakozi ahubwo ko umurenge ari wo wabahembega bityo ko ubwishyu bwabo bugomba kuva mu karere.

Aba baturage bavuga ko bamaze umwaka n’amezi atatu bategereje kwishyurwa imibyizi makumyabiri bakoze bahagarikiwe na rwiyemezamirimo witwaga Valens ubwo hubakwaga inzu eshatu muzigize umudugudu wa Nganzo watujwemo abatishoboye.

Murekatete Claudine ati “Twahakoze turi abantu 17, baduhembeye amadizeni abanza ariko abiri ya nyuma batwima amafaranga. Njyewe nari mfitemo imibyizi 20 ihwanye n’amafaranga ibihumbi 50”.

Ni ikibazo ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwumvikanisha ko kiri ku ruhande rwa rwiyemezamirimo witabye imana mu kugishakira umuti meya wa Nyamasheke Mupenzi Narcisse akavuga ko hagiye gushakishwa abazungura ba nyakwigendera kugira ngo abaturage bishyurwe.

Meya Mupenzi ati “Uwo rwiyemezamirimo twaje gukurikirana dusanga yarapfuye, ariko ntakigaragaza ko abaturage bamukoreye. Icyo turi gukora rero ni ugushaka abazungura be kuko iriya yari ikompanyi y’ubucuruzi, turi gushaka uburyo bwo kubisesengura mu rwego rw’amategeko kugira ngo hakorwe igishoboka cyose abaturage bishyurwe cyangwa nibatanishyurwa bamenye ngo bibaye bityo kubera ko habuze iki n’iki. Ariko rwose turakora ubuhuza hagati y’abazunguye rwiyemezamirimo n’abo baturage bakoreshejwe”.

Ku ruhande rw’abazungura ba Rwiyemezamirimo, umuhungu we witwa Icyoyavuze Elisee wahise aza gukorera ise mu ngata mu gihe yari amaze kwitaba imana agakomeza gukoresha aba baturage, avuga ko batari abakozi be ahubwo ko amasezerano bari bafitanye n’umurenge kwari ukugemura ibikoresho no gukoresha abakozi ariko bagahembwa n’umurenge bityo ko ntaho uruhande rwa se ruhuriye no kubambura.

Icyoyavuze ati “Nyuma y’uko yitabyimana naraje nkomerezaho nk’uko byari bisanzwe, nkabakoresha ngatanga raporo mu murenge nk’uko byari bisanzwe amafaranga yabo akajya ku makonti yabo muri SACCO, rero ku mafaranga batabonye nabwo nari nabakoreye raporo yo kubishyuriza maze umukozi w’umurenge  wari ushinzwe ubutaka (land manager) wabishyurizaga arambwira ngo ingengo y’imari yararangiye. Rero bakumva ko banyishyuye bakibwira ko n’ayabo ari njye uyafite nkababwira ko ayagiye kuri konti ya company ari ay’ibikoresho twe twagemuraga, nkabibutsa ko bahemberwaga kuri konti batigeze babona na rimwe papa abahemba mu ntoki kandi bagasanga ari byo”.

Aba baturage bumvikanisha uburakari bwo kubura amafaranga bakoreye ndetse bikaba byarabagizeho ingaruka zirimo kubura ubwishyu bw’imyenda bagiye bafata nabo basanga akarere kaba kigiza nkana bityo bagasaba ko bakwishyurwa.

Musabyimana Martha ati “Iyo tugiye kubaza baratubwira ngo tuzabaze uwo mwana wa Valens, kandi nyakwigendera si we waduhembaga twahemberwaga kuri SACCO”.

Bavugamenshi Theobald nawe ati “Bigaragara ko akarere n’umurenge babiziho. Baramutse nta ruhare babifitemo batwishyuriza amafaranga yacu. Bagomba kutwishyura amafaranga yacu kuko yaratuvunnye”.

Bose hamwe uko ari 17 bishyuza imibyizi 20 ya nyuma batahembwe ingana n’ibihumbi 925 by’amafaranga y’u Rwanda, uwabakoreshaga akavuga ko yayakoreye raporo abishyuriza umurenge ukamubwira ko ingengo y’imari yarangiye we akishyurwa ay’ibikoresho yagemuraga, akavuga ko ubwishyu bwabo bugomba kuva mu ruhande rw’akarere.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 11 =

Previous Post

Rubavu: Abageze mu zabukuru bararira ayo kwarika hakiyongeraho n’urujijo

Next Post

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.