Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
15/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Yaturitse ararira

Share on FacebookShare on Twitter

Umuririmbyi Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ uherutse kugaragaza agahinda ko kuremererwa n’uburwayi bw’umugore we urembye kandi ubushobozi bwaramushiranye, yatangaje ko hari abagiraneza batangiye kumufasha barimo n’abafite amazina azwi.

Mu minsi micye ishize, ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amashusho agaragaramo uyu muhanzi w’Indirimbo z’Imana, arira ayo kwarika, asaba ubufasha bwo kuvuza no kwita ku mugore we urembye uburwayi bw’impyiko.

Muri ayo mashusho, Bosebabireba yavugaga ko aremerewe ku buryo nta bundi buryo yahisemo gusaba ubufasha uretse gukora kiriya kiganiro kugira ngo niba hari umugiraneza ufite umutima ufasha, amufashe.

Uyu muririmbyi mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko umugore we agiye kuzuza umwaka ari gukorerwa ubuvuzi buzwi nka Dialyse [kuyungurura amaraso], busanzwe busaba amikora aremereye ku buryo yari amaze gushirirwa n’ubushobozi ndetse n’abo baziranye bose yarabiyambaje.

Avuga ko kiriya kiganiro cyo gutabaza yagikoze nyuma yo kwakira ubutumwa bumugaragariza umwenda w’amafaranga ya Dialyse bari bamaze kugeramo.

Ati “Sinzi ukuntu natekereje ibintu by’amateka, numva ngize ubwoba. Mu by’ukuri nsanzwe nihagararaho pe, ariko nagiye kubona mbona ndi muri uwo mwuka, mbona ntacyo gukora, ntekereza abantu bose tuziranye, umuntu wese ntekereje ngasanga hari ikintu yakoze, nkavuga nti ‘ese ubu ndongera mpamagare runaka’ ariko ndavuga nti ngira abandi bantu banzi nk’umuntu uriho bamenye kubera ubundi buryo, wenda ntihabura umugiraneza, mba nkoze iriya video numva ari yo mahitamo nsigaranye.”

Nyuma ya kiriya kiganiro, Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, nka KNC na Angeli Mutabaruka bakorana, ndetse na Mutesi Scovia, bunze mu rya Bosebabireba, basaba abantu kugira icyo bakora kugira ngo batabare ubuzima bw’umugore we.

Uyu muririmbyi yavuze ko nyuma yuko aba bantu bagize uruhare mu gutabariza umugore we, hari icyahindutse kuko yabonye ubufasha, bwatangiriye ku mukozi w’Imana, Apotre Mignone wanamufashije mbere ariko akaba atari azi ko uburwayi bw’umugore we bwakomeje.

Ati “No mu buzima busanzwe, uriya mubyeyi mu bantu bose uzi b’abashumba bari mu Rwanda, ari mu bantu bankandiye akanyenyeri inshuro nyinshi […] ndamushimira. Undi muntu nshimira ni Scovia Mutesi, yantunguye ku rwego ntatekerezaga.”

Avuga ko hari n’abandi benshi bagiye bamuhamagara bavuga ko bumvise ikibazo cye ku maradiyo, bakamuha ubufasha bungana n’ubushobozi bwabo.

Undi yashimiye ni umuhanzi Richard Nick Ngendahayo unafite igitaramo vuba aha, na we wamutunguye agatanga ubufasha, kandi batanaziranye.

Ati “Abantu bampamagaye, abari i Bugande, bati ‘tukuri inyuma, turaje turebe icyo dukora’…n’ubu tuvugana ndi kwitaba amatelefone ampa ihumure ariko ntihaburamo n’ubura ikintu ampa.”

Theo Bosebabireba avuga ko ideni ryari rimaze kugeramo kwa muganda, yamaze kuryishyura ryose, ariko ko uko ubu buvuzi bukomeza, ari na ko hagenda hiyongeraho irindi, agasaba ko abagiraneza bakomeza n’ubundi kumuba hafi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 3 =

Previous Post

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Next Post

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.