Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
15/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Yaturitse ararira

Share on FacebookShare on Twitter

Umuririmbyi Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ uherutse kugaragaza agahinda ko kuremererwa n’uburwayi bw’umugore we urembye kandi ubushobozi bwaramushiranye, yatangaje ko hari abagiraneza batangiye kumufasha barimo n’abafite amazina azwi.

Mu minsi micye ishize, ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amashusho agaragaramo uyu muhanzi w’Indirimbo z’Imana, arira ayo kwarika, asaba ubufasha bwo kuvuza no kwita ku mugore we urembye uburwayi bw’impyiko.

Muri ayo mashusho, Bosebabireba yavugaga ko aremerewe ku buryo nta bundi buryo yahisemo gusaba ubufasha uretse gukora kiriya kiganiro kugira ngo niba hari umugiraneza ufite umutima ufasha, amufashe.

Uyu muririmbyi mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko umugore we agiye kuzuza umwaka ari gukorerwa ubuvuzi buzwi nka Dialyse [kuyungurura amaraso], busanzwe busaba amikora aremereye ku buryo yari amaze gushirirwa n’ubushobozi ndetse n’abo baziranye bose yarabiyambaje.

Avuga ko kiriya kiganiro cyo gutabaza yagikoze nyuma yo kwakira ubutumwa bumugaragariza umwenda w’amafaranga ya Dialyse bari bamaze kugeramo.

Ati “Sinzi ukuntu natekereje ibintu by’amateka, numva ngize ubwoba. Mu by’ukuri nsanzwe nihagararaho pe, ariko nagiye kubona mbona ndi muri uwo mwuka, mbona ntacyo gukora, ntekereza abantu bose tuziranye, umuntu wese ntekereje ngasanga hari ikintu yakoze, nkavuga nti ‘ese ubu ndongera mpamagare runaka’ ariko ndavuga nti ngira abandi bantu banzi nk’umuntu uriho bamenye kubera ubundi buryo, wenda ntihabura umugiraneza, mba nkoze iriya video numva ari yo mahitamo nsigaranye.”

Nyuma ya kiriya kiganiro, Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, nka KNC na Angeli Mutabaruka bakorana, ndetse na Mutesi Scovia, bunze mu rya Bosebabireba, basaba abantu kugira icyo bakora kugira ngo batabare ubuzima bw’umugore we.

Uyu muririmbyi yavuze ko nyuma yuko aba bantu bagize uruhare mu gutabariza umugore we, hari icyahindutse kuko yabonye ubufasha, bwatangiriye ku mukozi w’Imana, Apotre Mignone wanamufashije mbere ariko akaba atari azi ko uburwayi bw’umugore we bwakomeje.

Ati “No mu buzima busanzwe, uriya mubyeyi mu bantu bose uzi b’abashumba bari mu Rwanda, ari mu bantu bankandiye akanyenyeri inshuro nyinshi […] ndamushimira. Undi muntu nshimira ni Scovia Mutesi, yantunguye ku rwego ntatekerezaga.”

Avuga ko hari n’abandi benshi bagiye bamuhamagara bavuga ko bumvise ikibazo cye ku maradiyo, bakamuha ubufasha bungana n’ubushobozi bwabo.

Undi yashimiye ni umuhanzi Richard Nick Ngendahayo unafite igitaramo vuba aha, na we wamutunguye agatanga ubufasha, kandi batanaziranye.

Ati “Abantu bampamagaye, abari i Bugande, bati ‘tukuri inyuma, turaje turebe icyo dukora’…n’ubu tuvugana ndi kwitaba amatelefone ampa ihumure ariko ntihaburamo n’ubura ikintu ampa.”

Theo Bosebabireba avuga ko ideni ryari rimaze kugeramo kwa muganda, yamaze kuryishyura ryose, ariko ko uko ubu buvuzi bukomeza, ari na ko hagenda hiyongeraho irindi, agasaba ko abagiraneza bakomeza n’ubundi kumuba hafi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Next Post

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Related Posts

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi w’umuraperi Kivumbi King uri mu bagezweho mu Rwanda, amakuru aremeza ko yamaze kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya 1:55...

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo ‘Ancila’ yo hambere iri mu zakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.