Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
15/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 11 bakurikiranyweho gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baburanye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ryaranzwe no kudahuza imvugo, ahubwo bumvikana bashinjanya hagati yabo.

Urubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo aba bantu, ryaburanishijwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza.

Ubarebeye inyuma abantu batanu bemera icyaha ntibakeye ariko abantu batandatu bahakana icyaha baracyeye.

Abantu batandatu, batatu muri bo bahakana icyaha bunganiwe na Me Alexis Moise Rubimbura, naho abandi batatu bahakana icyaha bunganiwe mu mategeko na Me Kalisa Charles.

Abemera icyaha bo nta mwunganizi mu mategeko bafite.

Ubushinjacyaha bubarega ko bacukuraga amabuye y’agaciro nta byangombwa bafite, kandi umuyobozi w’akarere ka Nyanza n’inzego z’umutekano bari barababujije gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ibi bikorwa byabereye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza, aho baburijwe gucukura ariko baranga bakomeza kubikora.

Bimwe mu byo Ubushinjacyaha bwashingiyeho bubazana imbere y’urukiko ni abantu batanu baregwa bemera icyaha ndetse bakanemera ko nubwo bakoze icyaha, ariko bari abakozi kandi abo bakoreraga bari imbere y’urukiko (na bo barimo kuburana).

Ubushinjacyaha busaba ko abaregwa bose bakurikiranwa funzwe iminsi 30 y’agateganyo mu gihe iperereza rigikomeje.

Me Moise Alexis Rubimbura wunganira abantu batatu bahakana icyaha, yavuze ko abakiriya be badakwiye kuryozwa icyaha ko nubwo bitwa abakoresha ariko abitwa abakozi babo nta masezerano y’akazi bafitanye.

Umucamanza ati “Yego, ariko abakiriya bawe barakekwa?” Me Alexis na we ati “Yego, barakekwa kubera amagambo gusa ariko nta kindi kimenyetso gihari gituma bakekwaho icyaha.”

Umucamanza at “Me Alexis ku bwawe uruhande uriho abakiriya bawe bari imbere y’urukiko bazanwe ari amagambo gusa?”  Me Alexis na we mu gusubiza ati “Yego rwose abo nunganira bari imbere y’urukiko kubera amagambo gusa.”

Me Alexis Moise Rubimbura yasabye ko abakiriya be uko ari batatu bakurikiranwa badafunze.

Me Kalisa Charles na we wunganira abantu batatu bahakana icyaha, na we ati “Murakoze Nyakubahwa Perezida w’inteko, Itegeko Nshinga ryateganyije ko buri Munyarwanda wese agira uburenganzira bwo gukurikiranwa yidegembya, gusa umuntu akaba yafungwa mu bihe bidasanzwe cyangwa hari impamvu zikomeye zituma afungwa, kandi abo nunganiye nta mpamvu zikomeye zituma bakekwaho icyaha, yewe ntibanafashwe ahubwo hafashwe abemera icyaha.”

Kuri Me Kalisa Charles we abona abemera icyaha muri iyi dosiye ari uburyo bwo gukururiramo abatemera icyaha, agasaba ko abakiriya babo bafungurwa by’agateganyo.

Abandi bantu batanu biregura bahuriye ku kwemera ko bacukuraga amabuye y’agaciro, ariko batari bazi ko nta byangombwa bihari kuko ababakoreshaga (abakoresha buvuga na bo bareganwa) bari bazi ko babifite.

Umwe ati “Umushomeri wese iyo ahawe akazi aragakora.”

Kuba bafungwa iminsi 30 y’agateganyo byo ntibabyemera. Umwe ati “Ndafungwa kubera iki ba boss (abakoresha) banjye kandi bahari, ahubwo bafungwe banacibwe amande!” (Abari baje kumva uru rubanza bahise basekera rimwe).

Ubushinjacyaha bwongeye guhabwa ijambo buvuga ko abakoresha n’abakoreshwa nta masezerano y’akazi bari bafite koko. Umushinjacyaha ati “Aba bahakana icyaha impamvu nta masezerano y’akazi batangaga, ni uko bakoraga ibitemewe bityo kandi uwo ukoresha umuha amabwiriza.”

Me Kalisa Charles wunganira abantu batatu bahakana ko batakoraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bitemewe, yongeye guhabwa ijambo avuga ko abashinja abaregwa bari kwirengera.

Me Kalisa Charles ati “Ibyo barimo ni amatakirangoyi.”

Me Alexis Moise Rubimbura na we wunganira abantu batatu bahakana icyaha, yavuze ko abakiriya be nta sano muzi bafitanye no gutanga akazi.

Umucamanza ati “Me Alexis turi mu nzira (procedure) zo kubakekaho icyaha.” Me Alexis na we ati “Nyakubahwa Perezida twaje kwisobanura ku makuru gusa, nta kindi kimenyetso gihari.”

Umucamanza ati “Soza byose tuzabisuzuma.”

Mu rukiko izina Rtd Major Rugamba Robert, Rtd Captain Jean Paul Munyabarenzi bumvikanyemo kuko umwe mu bahakana icyaha yemeye ko yakoze ubucukuzi bw’agaciro akorera abo bahoze mu ngabo z’u Rwanda, ariko yaje kubireka mu mwaka wa 2024.

Izina Munyambi, Bulu, Diane na yo yumvikanye mu rukiko ko bakoranaga na bamwe mu baregwa ariko bo badafunzwe.

Intandaro y’aba bose gufungwa ni abantu icyenda bigeze gutemwa bifitanye isano n’amabuye y’agaciro, icyo gihe inzego z’umutekano zahise zikora iperereza hafungwa abantu 17 barimo na Rtd Major Rugamba Robert na Rtd Captain Jean Paul Munyabarenzi, bo baregwaga gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko baza gufungurwa n’ubushinjacyaha gusa imitungo yabo irafatirwa.

Inzego z’ibanze mu karere ka Nyanza na RIB yo ku rwego rw’igihugu bagiye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza kujya inama babuza abantu gucukura amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko, ariko n’ubundi bigaragara ko hari abinangiye banga kureka ubwo bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Abari kuburana ubu hafi ya bose wumva bazwi ku mazina atari mu byangombwa byabo (aho humvikana ayo bakunze kwitwa nka Gasongo, n’andi).

Niba nta gihindutse umucamanza azatangaza icyemezo muri uku kwezi k’Ukwakira, 2025.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Next Post

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi 'Theo Bosebabireba' atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.